• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Ubwanditsi 20 Oct 2017 ITOHOZA

Nyuma y’ubuhamya bwa James Munyandinda imbere y’umucamanza w’Umufaransa, Jean-Marc Herbaut, ukurikirana ikirego cy’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana,muri Werurwe 2017, hakozwe icukumbura kuri bimwe mu byamuranze.

Iri cukumbura ryakozwe na Jeune Afrique rigamije kugaragaza uwo ari we n’amwe mu mateka ye mu bihe bitandukanye hanibazwa impamvu yatumye ubuhamya bwe aburindiriza imyaka isaga 20 ngo abone kubutanga.

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ku wa 6 Mata 1994.

James Munyandinda afata ihanurwa ry’iyi ndege nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe ari umugambi wateguwe igihe kirekire.

Ari imbere ya Jean-Marc Herbaut ku wa 8 no ku wa 21 Werurwe 2017, Munyandinda yahamije ko yiboneye misille zahanuye indege zipakirwa mu ikamyo y’ingabo zahoze ari iza APR zerekezwa i Kigali.

Munyandinda yakoraga murimo ki mu 1994?

Mbere ya Jenoside, James Munyandinda yari umusirikare ukiri muto winjiye mu ngabo zahoze ari iza APR, zatangije urugamba rwo kubohora igihugu mu 1990.

Munyandinda yemeza ko muri Gashyantare 1994, yiboneye missile zo mu bwoko bwa SAM-16 zari zibitse ku birindiro bya APR ku Mulindi, akaba yari mu itsinda ry’abantu 10 bari bashinzwe kuzirinda.

Avuga kandi ko yagize uruhare mu kuzipakira mu ikamyo ya APR zikerecyezwa i Kigali ahagana muri Werurwe 1994 aho ngo ari zo zakoreshejwe mu kurasa indege Falcon 50 ya Habyarimana.

-8405.jpg

Nyuma ya Jenoside James Munyandinda yakomeje umurimo we wa gisirikare muri RDF kugeza mu 2008, aho yaje koherezwa mu mahugurwa mu Bwongereza ariko agahitamo kuguma muri icyo gihugu.

Akiva mu gisirikare cy’u Rwanda, Munyandinda yahinduye amazina

James Munyandinda akimara gutoroka igisirikare yafashe izina rya Jackson Munyeragwe. Yabaye umunyamabanga mukuru w’ihuriro Inyabutatu-RPRK risebya leta y’u Rwanda ryifashishije Radio Inyabutatu n’urubuga rwa internet.

James Munyandinda kandi ngo afite imbuga nkoranyambaga za Facebook na Twitter zanditse mu mazina y’amahimbano.

Ihuriro Inyabutatu rya Munyandinda ngo rifitanye imikoranire ya hafi n’ishyaka ritemewe rya RNC ribarizwamo Kayumba Nyamwasa n’abandi bavuye mu Rwanda bakoze ibyaha bitandukanye.

Munyandinda yashyize hanze inyandiko zitandukanye zinenga ubutegetsi bw’u Rwanda. Mu 2015 yandikiye ibaruwa ifunguye uwari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Tony Blair ashinja FPR uruhare muri Jenoside n’ibyaha by’ubwicanyi byibasiye abaturage b’abasivile hirya no hino mu gihugu.

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubucukumbuzi: Rusesabagina Paul mu mazi abira na bagenzi be barenga bane ,  bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge nyuma yuko bamwe mubasirikare bashaka kwirukana Gen. Hamada

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Ubwanditsi 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe
UBUKUNGU

Pansiyo yatangwaga yiyongereyeho asaga miliyoni 400Frw mu kwezi kumwe

Ubwanditsi 18 May 2018
The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo
Mu Rwanda

The Ben na Sheebah bari muri Afurika y’Epfo gufata amashusho y’indirimbo yabo

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 29 Nyakanga 2019

Ubwanditsi 30 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru