• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ni muntu ki ?

Ubwanditsi 20 Oct 2017 ITOHOZA

Nyuma y’ubuhamya bwa James Munyandinda imbere y’umucamanza w’Umufaransa, Jean-Marc Herbaut, ukurikirana ikirego cy’ihanurwa ry’indege y’uwahoze ari Perezida w’u Rwanda, Juvenal Habyarimana,muri Werurwe 2017, hakozwe icukumbura kuri bimwe mu byamuranze.

Iri cukumbura ryakozwe na Jeune Afrique rigamije kugaragaza uwo ari we n’amwe mu mateka ye mu bihe bitandukanye hanibazwa impamvu yatumye ubuhamya bwe aburindiriza imyaka isaga 20 ngo abone kubutanga.

James Munyandinda wiyise Jackson Munyeragwe ashinja ingabo zahoze ari iza APR, uruhare mu ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ku wa 6 Mata 1994.

James Munyandinda afata ihanurwa ry’iyi ndege nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe ari umugambi wateguwe igihe kirekire.

Ari imbere ya Jean-Marc Herbaut ku wa 8 no ku wa 21 Werurwe 2017, Munyandinda yahamije ko yiboneye misille zahanuye indege zipakirwa mu ikamyo y’ingabo zahoze ari iza APR zerekezwa i Kigali.

Munyandinda yakoraga murimo ki mu 1994?

Mbere ya Jenoside, James Munyandinda yari umusirikare ukiri muto winjiye mu ngabo zahoze ari iza APR, zatangije urugamba rwo kubohora igihugu mu 1990.

Munyandinda yemeza ko muri Gashyantare 1994, yiboneye missile zo mu bwoko bwa SAM-16 zari zibitse ku birindiro bya APR ku Mulindi, akaba yari mu itsinda ry’abantu 10 bari bashinzwe kuzirinda.

Avuga kandi ko yagize uruhare mu kuzipakira mu ikamyo ya APR zikerecyezwa i Kigali ahagana muri Werurwe 1994 aho ngo ari zo zakoreshejwe mu kurasa indege Falcon 50 ya Habyarimana.

-8405.jpg

Nyuma ya Jenoside James Munyandinda yakomeje umurimo we wa gisirikare muri RDF kugeza mu 2008, aho yaje koherezwa mu mahugurwa mu Bwongereza ariko agahitamo kuguma muri icyo gihugu.

Akiva mu gisirikare cy’u Rwanda, Munyandinda yahinduye amazina

James Munyandinda akimara gutoroka igisirikare yafashe izina rya Jackson Munyeragwe. Yabaye umunyamabanga mukuru w’ihuriro Inyabutatu-RPRK risebya leta y’u Rwanda ryifashishije Radio Inyabutatu n’urubuga rwa internet.

James Munyandinda kandi ngo afite imbuga nkoranyambaga za Facebook na Twitter zanditse mu mazina y’amahimbano.

Ihuriro Inyabutatu rya Munyandinda ngo rifitanye imikoranire ya hafi n’ishyaka ritemewe rya RNC ribarizwamo Kayumba Nyamwasa n’abandi bavuye mu Rwanda bakoze ibyaha bitandukanye.

Munyandinda yashyize hanze inyandiko zitandukanye zinenga ubutegetsi bw’u Rwanda. Mu 2015 yandikiye ibaruwa ifunguye uwari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Tony Blair ashinja FPR uruhare muri Jenoside n’ibyaha by’ubwicanyi byibasiye abaturage b’abasivile hirya no hino mu gihugu.

2017-10-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

IMPAMVU : Prof Lwakabamba yeguye ku buyobozi bwa INATEK

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda n’iy’Ubutaliyani basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Ubwanditsi 13 Jan 2017
Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Ubwanditsi 16 Apr 2021
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Ubwanditsi 02 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda
Amakuru

Tshisekedi yirashe amano yibwira ko agabye igitero ku Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2023
Abakozi 2 ba Sacco Namba bakekwaho kunyereza akayabo k’iyi Sacco batawe muri yombi
Mu Rwanda

Abakozi 2 ba Sacco Namba bakekwaho kunyereza akayabo k’iyi Sacco batawe muri yombi

Ubwanditsi 07 May 2018
U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.
Amakuru

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Ubwanditsi 30 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru