• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Angola: Abakuru B’ibihugu Bitabiriye Inama Y’akarere Bongeye Gusaba Guhagurukira Imitwe Ya ADF Na FDLR

Ubwanditsi 15 Aug 2018 ITOHOZA

Abakuru b’ibihugu bitatu bya Afurika bitabiriye inama y’akarere ku mahoro n’umutekano muri Afurika, yabereye I Luanda muri Angola kuri uyu wa Kabiri baratangaza ko banyuzwe n’uko umutekano ugenda uba neza mu karere ka Afurika yo hagati n’uburasirazuba no mu Biyaga Bigari, ariko bongera gusaba kurimbura imitwe y’inyeshyamba nka ADF na FDLR.

Iyi nama yahuriyemo ba perezida Denis Sassou Nguesso wa Congo na bagenzi be, João Manuel Gonçalves Lourenço wa Angola na Ali Bongo Ondimba wa Gabon. Iyi nama ikaba yari inategerejwemo Perezida Kagame, Edgar Lungu wa Zambia, Yoweri Museveni wa Uganda ndetse na Perezida Joseph Kabila ariko ntibabashije kuyitabira.

Aba bakuru b’ibihugu batabashije kwitabira iyi nama bari bahagarariwe na ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga ndetse uw’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yayitabiriye aherekejwe na minisitiri w’ingabo, James kabarebe nk’uko bitangazwa na RFI.

Ku rundi ruhande, ikinyamakuru Les Echos cyo muri Congo-Brazza kiravuga ko aba bayobozi bashimye amasezerano y’amahoro aherutse gushyirwaho umukono n’impande zitavuga rumwe muri Sudani y’Epfo agamije kuzana amahoro muri iki gihugu, bashima inzira y’ibiganiro ikomeje mu Burundi, n’uruhare rw’Umunyamabanga Mukuru wa Loni n’urwa Monusco mu kugarura amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo n’amatora ateganyijwe muri iki gihugu.

Nyuma yogusesengura uko umwuka wa politiki wifashe kuri ubu muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Denis Sassou Nguesso na bagenzi be bijeje ubushake bwabo mu gukomeza gushyigikira abaturage ba Congo muri iki gikorwa cy’amatora bategereje kwinjiramo.

Ku kijyanye na Congo kandi, abakuru b’ibihugu bongeye kugaragaza impungenge bafitiye imitwe y’inyeshyamba ya ADF na FDLR ikorera mu burasirazuba bwa Congo, basaba ubufatanye bw’akarere mu kurwanya imitwe yose yitwara gisirikare ikorera muri iki gihugu nubwo atari ubwa mbere bivuzwe.

A propos de la RDC toujours, ils se disent également préoccupés par la présence continue des ADF et des FDLR dans l’est du pays. Il appellent à une à une « action régionale » contre ces groupes armés, rappelant que cette recommandation a déjà été régulièrement formulée dans le passé.

Naho ku bibazo bikomeje kugaragara muri Centrafrica, aba bakuru b’ibihugu bafashe icyemezo cyo gukomeza gushaka uko amahoro n’umutekano byagaruka, bashyigikira ubwiyunge bw’abanyagihugu no kugarura ububasha bwa leta.

2018-08-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ikinyamakuru Red Pepper cyazize guhishura umugambi mubisha ku Rwanda ucurirwa I Kampala wari waragizwe ibanga.

Ubwanditsi 03 Dec 2017
Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Ubwanditsi 05 Sep 2017
RNC : Aho bukera amaraso ashobora kumeneka, Abacancuro ba Rujugiro barahiga bukware Rudasingwa

RNC : Aho bukera amaraso ashobora kumeneka, Abacancuro ba Rujugiro barahiga bukware Rudasingwa

Ubwanditsi 15 Jul 2016
Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya  Imana ikinga akaboko

Norway : Padiri Tomas Nahimana yakubiswe ikintu mu mutwe n’indaya Imana ikinga akaboko

Ubwanditsi 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro
Mu Rwanda

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 27 Jun 2018
Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo
POLITIKI

Muri Ghana abatekamutwe bagaragaje yuko Maneko ya Amerika ifite ikibazo

Ubwanditsi 06 Dec 2016
Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu rugendo rw’iterambere rirambye

Ubwanditsi 14 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru