• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016 ITOHOZA

Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi yatangaje ko atazihanganira Abanyarwanda bari mu gihugu cye bijandika mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ni ruzinduko Perezida Kagame yagiriye muri icyo gihugu ku wa Mbere ku wa 24 Ukwakira 2016, aho we na mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi bayoboye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano y’ubufatanye n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Nyuma y’uwo muhango, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda rwashimiye Mozambique kubera icumbikiye impunzi nyinshi z’Abanyarwanda ndetse Perezida wa Mozambique agashimangira ko ntawe bacumbikiye bazemera ko yinjira mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ati “Nk’uko mubizi, ibihugu byinshi bya Afurika kubera amateka yabyo bifite impunzi ahantu hatandukanye kuri uyu mugabane. Twafashe akanya dushimira guverinoma ya Mozambique, twishimira kumva Perezida w’icyo gihugu avuga ko atazihanganira ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano u Rwanda bya bamwe mu Banyarwanda baba hano muri Mozambique.”

-4482.jpg

Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi na Perezida Kagame w’u Rwanda

Yongeyeho ko abakuru b’ibi bihugu bemeranyije gushyiraho itsinda rishinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ayo masezerano rigakorera muri za minisiteri z’ububanyi n’amahanga.

-4483.jpg
Mushikiwabo ati “Twanemeranyije tuzashyiraho komisiyo ihuriweho n’ibihugu byombi bitarenze mu gihembwe cya mbere cya 2017, tuzakomeza gukorana. Twatumiye Minisitiri w’Ubuhinzi wa Mozambique ngo azaze kuganira na mugenzi we kugira ngo turebe niba nta bicuruzwa byacuruzwa ku mpamde zombi.”

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi byemeranyije kugishanya inama muri poltiki. Ibi bihugu byanaganiriye ku buryo kompanyi y’indege ya RwandAir yatangira ingendo muri Mozambique.

-137.png

Impunzi z’Abanyarwanda ziba muri Mozambique

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Mozambique Oldemiro Marques Júlio Baloi yavuze ko igihugu cye cyishimiye gutsura umubano n’u Rwanda, kuko ari igihugu cyateye imbere nubwo ari gito kandi kikaba gifite amateka mabi.

Marques ahamya ko u Rwanda rwatanze urugero rwiza, rwigobotora Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muri uru ruzinduko kandi Perezida Kagame yahuye n’Umukuru w’Inteko Ishinga Amategeko, Veronica Macamo Dlhovo aza no gusangira na Perezida Nyusi ku mugoroba. Biteganyijwe ko uyu munsi Kagame aza kuganira n’abagize urugaga rw’abikorera

Mu kiganiro Ambasaderi Karega aheruka guha Igihe.com yagize ati “Imigambi y’Abanyarwanda b’abimukira baba muri Afurika y’Amajyepfo bashaka kugirira nabi cyangwa kwica bagenzi babo b’abimukira ibaho cyane, yagaragaye muri Malawi, Mozambique na Zambia ndetse haheruka kuburizwamo imigambi nk’iyo muri Swaziland.”

“Binyuze ku mbuga za RNC ya Kayumba n’abandi mu mpunzi bakorana na FDLR bya hafi, baba bashaka kwibasira izindi mpunzi zifite ibikorwa bibyara inyungu bikataje banze kubiyungaho mu bugizi bwa nabi bwabo.”

“Bashaka ko abantu bajya muri RNC/FDLR ku ngufu. Bakora icengezamatwara ku bimukira bafite ubutunzi ndetse basura u Rwanda bakanahashora imari, bakabita za maneko n’abicanyi ba RPF, bari gushakisha abarwanashyaka ba FDLR/RNC muri Afurika y’Amajyepfo, bakanahuza iterambere ry’abo [abo bashora imari mu Rwanda] n’inkunga RPF ibaha mu Rwanda.”

-4480.jpg

Ambasaderi Vincent Karega

Karega avuga ko iyi migambi ituma abahunze u Rwanda bahora bikanga abantu n’ibintu bitandukanye n’ubwo ntawe uba witaye ku cyo bita gahunda yabo ya politiki.

Yavuze ko mu butumwa aha abo bimukira buri gihe harimo gukurikiza amategeko n’umuco by’igihugu cyabakiriye, bagahesha ishema n’icyubahiro igihugu bakomokamo.

Umwanditsi wacu

2016-10-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018
N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

N’iki cyihishe inyuma yo gutangaza kwa bamwe ko bashaka kuyobora u Rwanda 2017

Ubwanditsi 03 Feb 2016
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Ubwanditsi 17 Dec 2023
Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Rusesabagina afite uburiganya muri kamere ye.

Ubwanditsi 21 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.
Amakuru

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023
Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye abasenateri babiri bakomeye ba Amerika [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru