• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Nyuma y’imyaka 24 turakibuka nk’aho ari ubwa mbere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yemeza ko buri gihe cyo kwibuka kiza kimeze nk’aho ari inshuro ya mbere, n’ubwo Abanyarwanda bamaze imyaka 24 babikora.

Ibi umukuru w’igihugu Kagame,  abihera ko kwibuka ari igihe gikomereye Abanyarwanda kubera amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabagwiririye.

Agira ati “Iyi Nshuro ni iya 24 twibuka. Ariko uko biba bisa naho ari ku nshuro ya mbere. Kwibuka bihora ari ugutangira bundi bushya kubera ko ibyo twibuka ni kamere yacu, imiryango yacu, igihugu cyacu. Iyo twibuka, dusubira hahandi.”

Yabitangaje ubwo yatangizaga icyumweru cyo kwibuka, anashyira indabo ku rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 7 Mata 2018.

Perezida Kagame yemeza ko kwibuka ni uguhangana n’amateka y’u Rwanda, bikaba ari nayo mpamvu iyo Abanyarwanda bibuka bakomeza guhura nayo bakongera kurebana nayo bundi bushya.

Ati “Bitwibutsa ko tutarebye neza amateka ashobora kongera kuba. Bitwibutsa kandi ko hari ibigomba gukorwa kugira ngo ayo mateka atazongera kuba.”

Gusa yongeraho ko ayo mateka yibutsa Abanyarwanda gukomeza guhangana n’abashaka kuyagoreka. Asaba Abanyarwanda gukomeza kwiyubaka no kubaka umuryango nyarwanda kandi ntibaheranwe n’ayo mateka mabi.

Yanavuze ko kujya hanze kw’amateka bituma abantu barushaho kumenya ukuri. Ati “Ukuri ni ngombwa kugushingiraho kugira ngo dutere imbere. Twibuka uko kuri, n’abatibuka baba birengagiza uko kuri. Ukuri guca mu ziko ntigushye. Ukuri guhoraho.”

Nyuma yo gushyira indabo ku rwibutso no gucana urumuri rw’icyizere ruzamara iminsi ijana, harakurikiraho urugendo rwo kwibuka n’ijoro ry’icyunamo biza kubera kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu.

 “Walk to Remember ” itegurwa n’urubyiruko rwibumbiye mu Muryango w’abaharanira amahoro n’urukundo, PLP (Peace and Love Proclaimers), kuva mu 2009.

 

Perezida Kagame yibukije abanyarwanda ko kwibuka ari ukwibuka ukuri kw’amatek ndetse ko aribo bireba mbere na mbere

 

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko kwibuka bigomba kujyana no ‘kubaka ubushobozi bwacu buhangana n’ukuri kw’ayo mateka kugira ngo dushobore gutera imbere, tugere kuri byinshi buri wese akwiriye kuba yifuza’

 

Perezida Kagame ubwo yagezaga ijambo ku bari bateraniye ku Rwibutso rwa Gisozi ahatangirijwe ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi

 

 

Hafashwe umunota wo kwibuka inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi

 

Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi ari kumwe n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaac ndetse na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Diane Gashumba

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, Dr Bizimana Jean Damascène, yagarutse ku mateka ya Jenoside uburyo yateguwe himakazwa gahunda yo guheza umututsi mu bikorwa byose by’igihugu

 

 

 

 

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba yari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, IGP Emmanuel Gasana

 

Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita, yari yitabiriye uyu muhango

 

 

 

 

Amafoto: Village Urugwiro

2018-04-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Uganda yiyemeje kuba ikimoteri cyabarushye mubarwanya u Rwanda batagishoboye

Ubwanditsi 01 Jun 2020
Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

Abasirikare b’abarundi bahawe igihano cyo kuzenguruka igihugu n’amaguru nyuma yo gusaba umushahara wabo bakoreye muri Congo no muri Somalia.

RUSHYASHYA 26 Oct 2025
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.
Mu Rwanda

ABAYOBOZI B’IGISIRIKARE CYA AMERIKA BACYEJE URUHARE RW’INGABO Z’U RWANDA MURI SUDANI Y’EPFO.

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe
ITOHOZA

Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Ubwanditsi 11 Mar 2017
Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne
IMIKINO

Champions League: Shakhtar yatunguye Roma, Manchester United irokokera muri Espagne

Ubwanditsi 22 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru