• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Paul Rusesabagina yongeye kubura umutwe

Ubwanditsi 11 Mar 2017 ITOHOZA

Nyuma y’aho Paul Rusesabagina wari umutetsi muri Hotel des Diplomates yari icumbikiye ibirindiro by’ingabo zatsinzwe, ari naho bacuriraga imigambo yose y’ubwicanyi, yaje kugera muri Mille Collines ahunze ibisasu byaraswaga kuri Diplomates , aho Mille Colilines niho yakomereje kuba Maneko , uneka impunzi akabwira Bizimungu wari chief of staff , Gen. Munyakazi na Col Renzaho bari bamwe mu bayobozi b’Ingabo za tsinzwe , bakagira n’ibyumba muri Mille Collines byo gusambanyirizamo Abatutsikazi bakurwaga st Paul n’ahandi mu mujyi wa Kigali.

Paul Rusesabagina yaje gutakaza agaciro imbere y’Abazungu ubwo yari yarigize igihangange muri 94, ko yakijije abatutsi, bikaza kugaragara ko ahubwo yarokoye baramu be n’umugore we yakuye iwe akabazana muri Mille Collines, abandi batutsi bicwa hamwe n ‘abahutu batavugaga rumwe n ‘ubutegetsi bwariho , ibyo byose byakorwaga n’inshutiye Gen. Bizimungu wari chief of staff ! wamuhaye abasilikare bo kujya kuzana umuryango we muri Mille Collines yititira abatutsi bose barokokeye aho muri Mille Colline. Ubu Gen.Bizimungu yakatiwe na TPIR , kandi muziko Rusesabagina yatanze za interview anabwira abari arusha harimo nyakwigendera madame Alison Deforget ko Bizimungu yari umuntu mwiza.

-6024.jpg

filimi ’Hotel Rwanda

Ikindi cyakubisehasi Rusesabagina ni igihe yabeshyaga amahanga ko ari intwali yarokoye Abatutsi, muri filimi ’Hotel Rwanda’ yakozwe nyuma y’uko Paul Rusesabagina akwirakwije hirya no hino inkuru z’ibitangaza yakoze aho yavugaga ko yarokoye imbaga y’abatutsi bahungiye muri Hotel des Mille Collines.

Akaza kunyomozwa n’Igitabo ‘Inside the Hotel Rwanda- The surprising true story and why it matters today’ tugenekereje mu Kinyarwanda bivuga ‘Hoteli Rwanda- Inkuru itangaje y’ibyahabereye n’impamvu ifite ukamaro uyu munsi’.Igitabo cya Edouard Kayihura, umucikacumu warokokeye aho Mille Collines.

-6025.jpg

Igitabo cya Edouard Kayihura ” Inside the Hotel Rwanda”

« Inside the Hotel Rwanda « iki gitabo kivuga ko Rusesabagina akigera kuri Mille Collines yahise afata ubuyobozi bw’iyi hoteli, ngo inama ya mbere yakoranye n’abakozi ba hoteli, yabahaye itegeko ko nta muntu n’umwe ugomba guhabwa amafunguro atabanje gutanga amafranga. Bukeye bwaho, n’abari mu byumba badafite amafaranga yo kwishyura bakurwamo ku ngufu bajugunywa mu birongozi.

Burya koko ngo iminsi y’ igisambo ni 40

Rusesabagina mu gihe yari mu Bubiligi yaje guhamagarwa munzego z’ubutasi z’ Ububiligi ngo ajye gusobanura uko akorana na FDLR, icyari kigamijwe nuko yagombaga gukurikiranwa agashyikirizwa inkiko nkuko bimeze kuri ba Murwanashyaka ba FDLR, nimuri urwo rwego Rusesabagina yitakanye FDLR yivuye inyuma imbere y’ abamubazaga, aranabisinyira abwira abamubazaga ko adashobora na rimwe gukorana n’abicanyi bo muri FDLR, kowe ari Umututsi ndetse w’Umunyiginya wakijije abatutsi ! Nyuma yaje guhungira muri Amerika ariho yakomeje gutekera imitwe.

“Nagira amahirwe akaza kwiyamamaza, abo yizeye kuzamutora ntibazamenye ibyo yavuze ( ubu uko arigushaka kwigarurira fdlr ) ariko yibuke ibyo yasinyiye .
Rusesabagina ni umuhemu” -Rushyashya

-6028.jpg

Gahima Gerard

Muri Bruxelles, yigeze guhamagara Gahima amuraza munzu ye, abwira Gahima mukuru wa Rudasingwa ko agomba kujya kumwereka inzego za maneko zo mu Bufaransa ( Service de Renseignement Français ) kugirango abahe ubuhamya kuby’ ihanurwa indege ya Habyarimana !

Ariko icyaje kugaragara nuko Gahima ntabyo yari azi ! mu gihe bari bagiye gufata Transport ya Train (gariyamoshi) aho bita Gare du Midi i Bruxelles ngo bajye i Paris, Rusesabagina atangira gushwana na Gahima, amubwira ngo yigurire ticket yokujya i Paris, induru ziravuga muri Train kandi uwamutumiye yigaramiye !

Rusesabagina na DR Eliel (Nataki) Ntakirutimana

Undi muntu Rusesabagina yatekeye umutwe ni uwitwa Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimana nyiri ibitaro « HOPITAL LAREDO » ibi bitaro biba i Texas, uyu ni umunya Kibuye akaba mwene Pasteur Ntakirutimana waguye Arusha muri gereza.

-6027.jpg

Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimana na Rusesabagina “Amahirwe ya nyuma”

Dr. Eliel Ntakirutimana niwe mutera inkunga wa mbere wa Rusesabagina ariko baje gushwana kubera ubujura bwa Rusesabagina, Rusesabagina yibye Ntakirutimana amadorali 400.000$, mu ma conférences na za meeting zakorwaga na Rusesabagina zose zategurwaga na Dr. Ntakirutimana, Rusesabagina akamwizeza ko azamwishyura ariko Rusesabagina yaramwihakanye, hazamo inzangano nyinshi mu miryango yabo.

“Icyo gihe Rusesabagina yari yakoze mu ntoki za Bush akiri perezida, yibwirako nawe biri hafi dore ko nawe yari asigaye ajya mubapfumu !!

-6022.jpg

Rusesabagina hano yarawutetse urashya yambikwa umudari na Perezida George W. Bush

Ibya 400.000$ uko byaje kurangira ,imiryango n’inshuti byarabunze nuko Rusesabagina yemera kujya atanga make ku kwezi.

Rusesabagina yayobotse RNC biranga

Ubwo Rusesabagina yari amaze gushwana na Dr. Nataki, yasabye abari bashinze RNC ko bamushyira mu batangije RNC ( Membre Fondateur ) barabimwemereye, Theogene Rudasingwa atangira kumwizeza ko azaba Perezida wabo , arinako arara kwa Rusesabagina, umunsi umwe Rusesabagina yagiye kureba Nyamwasa na Karegeya muri SA, maze Nyamwasa aramubwira ati :” niba ushaka kuba Perezida zana amafaranga duhangane na Kagame, Rusesabagina yarebye Nyamwasa mumaso, amubwira ko nta mafaranga afite, niko kugaruka ageze muri belgique, ava muri RNC yitwaje ko afite imirimo myinshi arinako agenda avuga ngo bariya batutsi bo muri RNC bamaze abahutu ko atabizeye kandi ko abazungu bamugiriye inama yokubareka.

-6023.jpg

Paul Rusesabagina

-6026.jpg

Abafatanya bikorwa

IGISHYA : Muri iyi minsi rero amakuru avuga ko Rusesabagina yasubiye kwa Dr. Eliel (Nataki) Ntakirutimana, abifashijwemo n’Umunyamulengekazi w’ihabara rya Dr. Nataki, amusaba ko yamuha amahirwe ya nyuma, akajya kwirwariza i Kigali n’uko Dr. Elie Nataki Ntakirutimana amwongera andi madorali 400.000$ ngo ajye kwiyamamaza mu Rwanda, amakuru yizewe avuga ko ubu Rusesabagina ategerejwe i Kigali mu ntangiriro z’ukwezi kwa 5-6/ 2017. Ariko nawe akaba afite ikibazo cy’impapuro z’inzira nki icya Thomas Nahimana.

Cyiza D.

2017-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Burera: Afunzwe nyuma yo gufatanwa amafaranga yibye aho yakoraga I Kigali

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Uburyo Uganda yitwaje Lt Joel Mutabazi mu guhindanya ubufatanye mu by’umutekano n’u Rwanda

Ubwanditsi 31 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari
IMIKINO

2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

Ubwanditsi 14 May 2018
Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko
HIRYA NO HINO

Trump yahishuye ko yabuze umwanya wo kugurira umugore we impano ku munsi w’amavuko

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.
Amakuru

Nyuma y’imyaka itatu y’imikoranire, umuhanzi Amalon yatandukanye na sosiyete icunga inyungu z’abahanzi ya 1K Entertainment iyoborwa na DJ Pius.

Ubwanditsi 17 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru