• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018 ITOHOZA

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse CP Moses Kafeero, ukuriye igipolisi muri Kampala, gukaza umutekano w’umupfakazi wa AIGP Andrew Kaweesi witwa Annet Kaweesi bivugwa ko yaba arimo kwakira ubutumwa bumutera ubwoba.

Amakuru aturuka mu nzego z’ubutasi agera ku rubuga Spyreports akaba avuga ko perezida Museveni yahaye CP Moses Kafeero amabwiriza yo kongera umutekano w’umugore wa Kaweesi nyuma yo kubwirwa ko nyuma y’itabwa muri yombi rya Gen Kayihura n’abo bakoranaga, hari abantu batangiye gutera ubwoba Annet Kaweesi (uri ku ifoto).

“Kuva Kayihura n’abapolisi be bakuru batabwa muri yombi, nakiriye telephone nyinshi zintera ubwoba ziturutse ku bantu ntazi bavuga ko bazanyica n’umuryango wanjye none ndashaka ubufasha bwa perezidansi”, aya ngo akaba ari amagambo akubiye mu butumwa bwohererejwe perezidansi ya Uganda.

Iyi nkuru ivuga ko Annet Kaweesi yahise yihutira gusaba ubufasha kuri perezidansi nyuma yo kubusaba polisi inshuro nyinshi ariko ntabubone.

Bikavugwa ko nyuma y’iyicwa rya Andrew Kaweesi, igipolisi cyahaye uburinzi umugore we ariko nyuma y’amezi 7 ngo Gen kayihura wari ugikuriye igipolisi agategeka ko abapolisi bamurindaga bava iwe kandi batabimumenyesheje.

Nyuma yo kwakira ubutumwa bwe, ngo perezida Museveni yasabye ko hagira igikorwa, aho amakuru aturka muri perezidansi ngo avuga ko perezida Museveni ubwe yafashe telephone agahamagara ukuriye igipolisi muri Kampala, Moses Kafeero akamutegeka kongera  kurinda umuryango wa Kaweesi.

Amabwiriza akaba avuga ko abapolisi babiri bo mu mutwe ushinzwe kurwanya iterabwoba bazajya basimburana mu rugo rwa Kaweesi bakora uburinzi amanywa n’ijoro. Perezida Museveni kandi ngo yasabye Kafeero gutanga imodoka ya patrol izajya iherekeza Annet Kaweesi mu gitondo agiye ku kazi ndetse na nimugoroba atashye.

Amakuru akomeza avuga ko uyu mupfakazi wa Kaweesi yigeze kugerageza kubonana na Gen Kale Kayihura mbere y’uko yirukanwa ku mirimo ye ariko ntibimukundire. Amakuru ava mu gipolisi akavuga ko Gen Kayihura yumvaga umugore wa Kaweesi nta burinzi akwiye kuko nta wendaga kumugirira nabi.

Ubwo yasabwaga kugira icyo avuga kuri aya makuru, Denis Namuwoza, wungirije umukuru w’igipolisi muri Kampala, yemeje amabwiriza yatanzwe na perezida Museveni.

Yagize ati: “Ni ukuri twakiriye amabwiriza yo kohereza abapolisi babiri ku rugo rwa nyakwigendera Kaweesi muri Kulambiro.”

Yongeyeho ko n’umuyobozi wa polisi yo mu muhanda ya Kiira yahise ahabwa amabwiriza yo kohereza imodoka ya polisi izajya ifata Annet mu gitondo agiye ku kazi ndetse ikamugarura mu rugo nimugoroba atashye.

AIGP Andrew Felix Kaweesi wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, yishwe kuwa 17 Werurwe mu mwaka ushize yiciwe mu ntambwe nkeya uvuye iwe ubwo yajyaga ku kazi mu masaha ya mugitondo. Ari we, umushoferi we ndetse n’uwari ushinzwe kumurinda nta n’umwe warokotse iki gitero cy’abantu bitwaje imbunda bataramenyekana neza na n’ubu n’ubwo hari benshi bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kubigiramo uruhare.

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko  nibyo byaranze  RNC muri 2016

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko nibyo byaranze RNC muri 2016

Ubwanditsi 25 Dec 2016
“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”,   Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame

“Sendashonga yapfuye kubera ko yarenze umurongo”, Ayo magambo ni nyir’igitabo uyavuga. Si Kagame

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Abanyarwanda baragaya bikomeye amagambo yavuzwe na Depite Byabarumwanzi

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Uko Uganda yanze kwikora mu nda mugihe yasinya amasezerano yo kwambura intwaro FDLR na RNC/P5

Ubwanditsi 30 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe  (SEX ROBOTS) VIDEO
Mu Mahanga

Imibonano mpuzabitsina ishobora gucika kubera ibipupe (SEX ROBOTS) VIDEO

Ubwanditsi 28 Dec 2016
BBC iranze ibaye gatanyamiryango!
Amakuru

BBC iranze ibaye gatanyamiryango!

Ubwanditsi 29 Dec 2023
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri
HIRYA NO HINO

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Ubwanditsi 09 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru