• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Ubwanditsi 20 Jun 2018 ITOHOZA

Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yategetse CP Moses Kafeero, ukuriye igipolisi muri Kampala, gukaza umutekano w’umupfakazi wa AIGP Andrew Kaweesi witwa Annet Kaweesi bivugwa ko yaba arimo kwakira ubutumwa bumutera ubwoba.

Amakuru aturuka mu nzego z’ubutasi agera ku rubuga Spyreports akaba avuga ko perezida Museveni yahaye CP Moses Kafeero amabwiriza yo kongera umutekano w’umugore wa Kaweesi nyuma yo kubwirwa ko nyuma y’itabwa muri yombi rya Gen Kayihura n’abo bakoranaga, hari abantu batangiye gutera ubwoba Annet Kaweesi (uri ku ifoto).

“Kuva Kayihura n’abapolisi be bakuru batabwa muri yombi, nakiriye telephone nyinshi zintera ubwoba ziturutse ku bantu ntazi bavuga ko bazanyica n’umuryango wanjye none ndashaka ubufasha bwa perezidansi”, aya ngo akaba ari amagambo akubiye mu butumwa bwohererejwe perezidansi ya Uganda.

Iyi nkuru ivuga ko Annet Kaweesi yahise yihutira gusaba ubufasha kuri perezidansi nyuma yo kubusaba polisi inshuro nyinshi ariko ntabubone.

Bikavugwa ko nyuma y’iyicwa rya Andrew Kaweesi, igipolisi cyahaye uburinzi umugore we ariko nyuma y’amezi 7 ngo Gen kayihura wari ugikuriye igipolisi agategeka ko abapolisi bamurindaga bava iwe kandi batabimumenyesheje.

Nyuma yo kwakira ubutumwa bwe, ngo perezida Museveni yasabye ko hagira igikorwa, aho amakuru aturka muri perezidansi ngo avuga ko perezida Museveni ubwe yafashe telephone agahamagara ukuriye igipolisi muri Kampala, Moses Kafeero akamutegeka kongera  kurinda umuryango wa Kaweesi.

Amabwiriza akaba avuga ko abapolisi babiri bo mu mutwe ushinzwe kurwanya iterabwoba bazajya basimburana mu rugo rwa Kaweesi bakora uburinzi amanywa n’ijoro. Perezida Museveni kandi ngo yasabye Kafeero gutanga imodoka ya patrol izajya iherekeza Annet Kaweesi mu gitondo agiye ku kazi ndetse na nimugoroba atashye.

Amakuru akomeza avuga ko uyu mupfakazi wa Kaweesi yigeze kugerageza kubonana na Gen Kale Kayihura mbere y’uko yirukanwa ku mirimo ye ariko ntibimukundire. Amakuru ava mu gipolisi akavuga ko Gen Kayihura yumvaga umugore wa Kaweesi nta burinzi akwiye kuko nta wendaga kumugirira nabi.

Ubwo yasabwaga kugira icyo avuga kuri aya makuru, Denis Namuwoza, wungirije umukuru w’igipolisi muri Kampala, yemeje amabwiriza yatanzwe na perezida Museveni.

Yagize ati: “Ni ukuri twakiriye amabwiriza yo kohereza abapolisi babiri ku rugo rwa nyakwigendera Kaweesi muri Kulambiro.”

Yongeyeho ko n’umuyobozi wa polisi yo mu muhanda ya Kiira yahise ahabwa amabwiriza yo kohereza imodoka ya polisi izajya ifata Annet mu gitondo agiye ku kazi ndetse ikamugarura mu rugo nimugoroba atashye.

AIGP Andrew Felix Kaweesi wari umuvugizi w’Igipolisi cya Uganda, yishwe kuwa 17 Werurwe mu mwaka ushize yiciwe mu ntambwe nkeya uvuye iwe ubwo yajyaga ku kazi mu masaha ya mugitondo. Ari we, umushoferi we ndetse n’uwari ushinzwe kumurinda nta n’umwe warokotse iki gitero cy’abantu bitwaje imbunda bataramenyekana neza na n’ubu n’ubwo hari benshi bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kubigiramo uruhare.

2018-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwarimu yatewe inda  n’Umwana  yigisha

Umwarimu yatewe inda n’Umwana yigisha

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024
Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Amashirakinyoma ku kaga kagwiriye ingabo zitwaga iza Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 28 Jun 2019
Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Ubwanditsi 21 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko  Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma
POLITIKI

Uko Moise Katumbi yafashije Kabila kugera ku butegetsi n’uko yahemukiwe nyuma

Ubwanditsi 18 Apr 2019
U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu
POLITIKI

U Burundi bwakangishije kwikura mu gashami ka Loni gashinzwe uburenganzira bwa muntu

Ubwanditsi 19 Sep 2018
Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.
Amakuru

Umunyarwanda Gad Ntambara  yihanangirije Carolyn Maloney Umunyamerikakazi akaba n’umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Amerika, amubuza gushinyagurira abo Rusesabagina yagize impfubyi n’abapfakazi.

Ubwanditsi 22 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru