• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Mahanga

Ku munsi w’ejo ku cyumweru taliki ya 17 Ugushyingo 2019, mu masa munane nibwo inkuru yari imaze kumenyekana ko Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel ku mwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA.

Byabereye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo,Teritwari ya Rucuro,Gurupema ya Busanza,Lokarite ya Kitagoma,ubwo hateranye bamwe mu bagize urwego rukuru rw’izi nyeshyamba za RUD URUNANA zikemeza ko Colonel Mpiranya Leon Cyprien ahawe ipeti rya General de brigade agirwa Komanda mukuru nk’uko ubuyobozi bwa sosiyete sivile muri ako gace ka Busanza bwabitangaje.

Gen.de brigade Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma ni muntu ki?

RUD URUNANA ishyingwa muri 2003, Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma yahawe ipeti rya Liyetona ahabwa kuyobora Batayo yitwaga Duwala,ubwo Gen.Afurika Jean Michel yicwaga na Hibou Special Force Col.kagoma yayoboraga Brigade yitwa SAMOSI.

Kagoma Yinjiye mu gisilikare cy’u Rwanda ku butegetsi bwa Habyarimana Juvenal (EX-FAR) mu mwaka wa 1992 mu Ishuri ry’aba suzofisiye ESSO muri promotion ya nouvelle formule,i Butare muri 1994 yahunze afite ipeti rya Serija,muri 1998 nibwo yinjiye muri ALIR,umutwe waje guhinduka FDLR.

Mu mwaka wa 2000, Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma,niwe wayoboye igitero cyishe kikanashimuta abakerarugendo b’Abanyamerika muri Pariki ya Rwindi ho muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo,babiri muri bagenzi be barafashwe bashyikiizwa ubutabera bwa Leta z’unze ubumwe z’Amerika,we aracika.

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma,n’umwe mu bayoboye igitero cyabereye ku isoko rya Kinyandonyi,muri gurupoma ya Binza mu kwezi kwa Gashyantare 2019,gihitana abaturage 14.
Colonel Kagoma kandi azwi mu bitero rurangiza byibasiye uduce twa Mukeberwa,Bwanvinwa,Miliki na Bulewusa ho muri Teritwari ya Lubero,byahitanye abaturage bo mu bwoko bw’abandandi basaga 145.

Yavutse mu mwaka wa 1972 avukira mu cyari Komini Cyeru,Perefegitura ya Ruhengeri,ubu ni mu Murenge wa Cyeru, Akarere ka Burera,Intara y’amajyaruguru.

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma,afite umugore n’abana bane bose bakaba bari I Mubende mu gihugu cya Uganda.

 

2019-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Uganda: Abadepite bangiwe kugera mu nzu y’ibanga yatunzwe agatoki ko itoterezwamo Abanyarwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Abadepite bo muri Malawi basuye Isange One Stop Center

Ubwanditsi 11 Feb 2016
USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu

Congo: Umusirikare ufite ipeti rya Kapiteni yakatiwe igifungo cy’imyaka itanu azira kugurisha amasasu

Ubwanditsi 08 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC
INKURU NYAMUKURU

CNRD/FLN mu marembera, urutonde rw’abasirikari bakuru batawe muri yombi na FARDC

Ubwanditsi 12 Dec 2019
Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS
Amakuru

Kiyovu SC yatsinzwe na Gasogi ihagarika umutoza, Rayon Sports yatsinzwe na Musanze naho APR FC inganya na Mukura VS

Ubwanditsi 28 Nov 2022
Rusizi : Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare
Mu Rwanda

Rusizi : Uwarokotse Jenoside yatewe icyuma n’umuntu wambaye imyenda ya gisirikare

Ubwanditsi 10 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru