• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017 HIRYA NO HINO

Abahanga mu by’imibanire bemeza ko nta rugo rwubakwa nk’urundi ndetse nta n’urutagira ibibazo, ahubwo bagashimangira ko uburyo bwo kubikemura ariryo hurizo riba ritegereje benshi kuko mu miryango itandukanye usanga ababana hari amakosa bashobora gufata nk’ayoroheje bakanatekereza ko ntacyo atwaye ariko ugasanga ingaruka zayo ziremereye cyane.

Iyo abasore n’inkumi batarashakana, hari imiryango baba bafata nk’icyitegererezo bakumva ko bakwiriye kuzubaka urugo rumeze nk’urwabo, ariko rimwe na rimwe bagatungurwa no gusanga abo bifuza kureberaho nabo bafite ya makosa ameze nkaho ari rusange mu ngo nyinshi.

Urubuga Elcrema rwibanda ku nkuru z’urukundo ndetse n’imibanire rugaragaza amakosa atandatu afatwa nk’ayoroheje ariko agira ingaruka ku miryango.

1. Kureka ababyeyi bakabafatira imyanzuro

Uko ababyeyi banyu baba babakunda kose n’ububryo baba babahangayikira hari imyanzuro batagomba kubafatira.

Ni ikosa rikomeye kureka ababyeyi bagakomeza kubafatira imyanzuro kandi mufite urugo rwanyu nabo bakagira urwabo. Icyo mwakora ni ukubagisha inama gusa ariko imyanzuro mukayifatira ubwanyu.

2. Kudaha agaciro ibyo gukora imibonano mpuzabitsina

Abashakanye benshi usanga bahugiye mu kazi no gushakisha imibereho ya buri munsi izatunga urugo, ibyo rero bituma baha agaciro gake ikijyanye no gutera akabariro.
Igihe ingingo yo gutera akabariro yirengagijwe, urugo ruba rugenda rugana aharindimuka kuko ibyo bituma umutekano ubura n’ibibahuza bikagabanuka.

3. Kwinjiza inshuti zanyu mu buzima bw’urugo

Iri ni irindi kosa abantu bashakanye usanga bakora kandi bakaryita iryoroheje. Ubusanzwe ibyemezo by’urugo bifatwa n’umugabo n’umugore, iyo rero hari undi muntu hafi aho mwemereye kubinjirira mu buzima birabangama cyane.

Kandi ibyo bituma hagati y’umugabo n’umugore umwuka uba mubi kuko iyo bitababaje umugore bitera umugabo umunabi.

4. Gucyekana ibibi

Gucyeka ndetse no kwibwira ngo buriya mugenzi wanjye ubwo atavuga, yagaye ibi n’ibi, ni bibi kuko amagambo nk’ayo ashobora kwangiza umubano wanyu.
Iyo abashakanye bataganira umwe agacyeka, undi akibwira bisenya umubano kandi ingaruka zabyo ziba mbi cyane kuko bigabanya icyizere mwari mufitanye.

5. Kutita ku byo uwo mwashakanye akora

Hari abantu bigira ba ntibindera, ugasanga uwo mwashakanye yakoze uko ashoboye ngo akwiteho cyangwa se akunezeze ariko ukabiha agaciro gake.
Iryo ni ikosa ryo kwirengangiza kandi uko urushaho kubimugaragariza, agenda ahinduka mubi ukazasigara wibaza impamvu utakibona ibyiza bimuturukaho kandi ari wowe wabigizemo uruhare.

6. Kubwira abandi ibyo wakabwiye uwo mwashakanye

Usanga umugore ajya kuganyira mugenzi we, cyangwa se umugabo akaganiriza abandi ibitagenda mu rugo rwe. Nyamara ibyo yagombaga kubiganiriza uwo bashakanye ngo babishakire umuti urambye.

-6102.jpg

Uko uganira n’uwo mwashakanye niko murushaho kuba inshuti magara, iyo rero ibyo mwakavuganye ubivugana n’abandi, kwibonanamo birayoyoka, urugo rugasenyuka urureba.

Nubwo nta muntu utunganye ubaho ariko uko byagenda kose buri munsi ababana baba bakwiriye kugerageza kurushaho gukora neza ku nyungu rusange bahuriyeho n’abo babana.

2017-03-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019
Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Dusingizimana  yabuze ubufasha  bw’amadolari 1 270$ ngo yitabire umurage Mpuzamahanga wa ba Miss muri Singapul

Ubwanditsi 14 Feb 2019
Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Umunyarwanda yarasiwe muri Uganda

Ubwanditsi 16 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera
Amakuru

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 05 Jan 2021
Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente
Mu Mahanga

Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Ubwanditsi 05 Dec 2016
AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe cya FIFA SERIES mu itsinda B, itsinze Liechtenstein ku mikino wa nyuma
Amakuru

AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe cya FIFA SERIES mu itsinda B, itsinze Liechtenstein ku mikino wa nyuma

RUSHYASHYA 30 Mar 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru