• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

SoftPower.com ni igitangazamakuru cyandikirwa muri Uganda ariko kimaze kwigaragaza ku buryo budafifitse yuko ari igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda !

Ibi bya SoftPower kuba igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda ntabwo ariko bizana gusa umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ahubwo bigomba no kuzateza umwuka mubi muri Uganda ubwayo !

Ubusanzwe bizwi yuko iki gitangazamakuru SoftPower ari icy’umudamu wahoze ashinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida Museveni ariko mu by’ukuri ntabwo ari byo! Nubwo uwo mudamu, Sarah Kagingo agikorera akitwa yuko anagikuriye ariko SoftPower.com ni igitangazamakuru gishinzwe propaganda z’inzego z’iperereza muri Uganda (CMI)  na ISO. Ariko by’umwihariko SoftPower igakoreshwa na Minisitiri w’umutekano muri Uganda, General Henry Tumukunde na murumuna wa Perezida w’icyo gihugu, General Salim Saleh.

Undi ugaragara cyane muri SoftPower ni umunyarwanda witwa Rugema Kayumba  ukorera umutwe wa RNC wa ba Kayumba Nyamwasa na Ayabatwa Rujugiro, uyu mutwe ukaba uzwiho kuba uterwa inkunga na CMI mu bikorwa byawo byo gushyira abantu mu gisirikare ngo bazatere u Rwanda. Muri Uganda Rujugiro asigaye afatwa nk’umushoramari w’imena akaba ari n’umwe mu baterankunga ba SoftPower. Com !

Rujugiro Tribert

SoftPower niyo yakomeje gukwirakwiza Propagaganda z’uko leta y’u Rwanda yohereza abantu muri Uganda guhungabanya umutekano w’abatavuga rumwe nayo, ariko nibura ntipfe no kuvuga yuko abo batavugarumwe nayo ari abari muri bya bikorwa byo gukora imyitozo yo gutera u Rwanda kandi babishyigikiwemo na CMI na ISO (Internal Security Organisation) iyobowe na Frank Bagyenda Kaka.

Urugero rwa hafi n’urw’abanyarwanda 43 baherutse gufatirwa na polisi ya Uganda ahitwa Gikakati bagiye mu ngabo za RNC, naho SoftPower ikandika yuko ngo bari bagiriye mu masengesho mu Burundi.

Aho hantu Gikagati ntaho hahuriye n’inzira ijya i Burundi. Ni ku mupaka wa Uganda na Tanzania, kandi hakaba kure cyane n’igihugu cy’u Burundi.

Iyo abo bantu baza kuba nta yindi gahunda mbi ku Rwanda bari bafite bari kwicira mu Rwanda bakajya mu Burundi kuko ariyo nzira ya hafi, aho gufata inzira igoranye ya Karagwe na Ngara !

Amakuru dufite ni uko ubu CMI irimo gukoresha inzira zose zishoboka ngo abo bantu barekurwe kugira ngo hatazavamo uwamena amabanga ! SoftPower yo igashaka guteranya urwego rwa polisi n’urwa gisirikare muri Uganda yandika yuko ngo Polisi yafashe abo bantu ngo kubera yuko umuyobozi wayo, Kale Kayihura akorera u Rwanda kurusha uko akorera Uganda.

Icyo gitangazamakuru cyakomeje kinasabira Gen. Kayihura gukurwaho akanafungwa, ngo ahubwo hakagororerwa abo muri CMI cyangwa Kaka wa ISO bagambanira ubutegetsi buriho mu Rwanda.

SoftPower ititondewe ishobora kuzateza ibibazo Uganda kurusha n’ibyo ubona yifuza kuba yateza u Rwanda ! Rwanda na Uganda bigiye mu mirwano ntawahungukira nk’uko Polisi ya Uganda ihanganishijwe na CMI na ISO nta nyungu Uganda yaba ikuramo !

Umwanditsi wacu

 

2018-01-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Ubwanditsi 10 Feb 2024
Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023
Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Ubwanditsi 07 Jul 2018
Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Amafoto – Amavubi yatsinze Afurika y’Epfo 2-0 ayobora itsinda C mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 21 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe
Amakuru

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025
CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes
Mu Rwanda

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakiriye bamwe mu byamamare byitabiriye Trace Awards yabereye i Kigali

Ubwanditsi 23 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru