• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

SoftPower.com ni igitangazamakuru cyandikirwa muri Uganda ariko kimaze kwigaragaza ku buryo budafifitse yuko ari igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda !

Ibi bya SoftPower kuba igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda ntabwo ariko bizana gusa umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda ahubwo bigomba no kuzateza umwuka mubi muri Uganda ubwayo !

Ubusanzwe bizwi yuko iki gitangazamakuru SoftPower ari icy’umudamu wahoze ashinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida Museveni ariko mu by’ukuri ntabwo ari byo! Nubwo uwo mudamu, Sarah Kagingo agikorera akitwa yuko anagikuriye ariko SoftPower.com ni igitangazamakuru gishinzwe propaganda z’inzego z’iperereza muri Uganda (CMI)  na ISO. Ariko by’umwihariko SoftPower igakoreshwa na Minisitiri w’umutekano muri Uganda, General Henry Tumukunde na murumuna wa Perezida w’icyo gihugu, General Salim Saleh.

Undi ugaragara cyane muri SoftPower ni umunyarwanda witwa Rugema Kayumba  ukorera umutwe wa RNC wa ba Kayumba Nyamwasa na Ayabatwa Rujugiro, uyu mutwe ukaba uzwiho kuba uterwa inkunga na CMI mu bikorwa byawo byo gushyira abantu mu gisirikare ngo bazatere u Rwanda. Muri Uganda Rujugiro asigaye afatwa nk’umushoramari w’imena akaba ari n’umwe mu baterankunga ba SoftPower. Com !

Rujugiro Tribert

SoftPower niyo yakomeje gukwirakwiza Propagaganda z’uko leta y’u Rwanda yohereza abantu muri Uganda guhungabanya umutekano w’abatavuga rumwe nayo, ariko nibura ntipfe no kuvuga yuko abo batavugarumwe nayo ari abari muri bya bikorwa byo gukora imyitozo yo gutera u Rwanda kandi babishyigikiwemo na CMI na ISO (Internal Security Organisation) iyobowe na Frank Bagyenda Kaka.

Urugero rwa hafi n’urw’abanyarwanda 43 baherutse gufatirwa na polisi ya Uganda ahitwa Gikakati bagiye mu ngabo za RNC, naho SoftPower ikandika yuko ngo bari bagiriye mu masengesho mu Burundi.

Aho hantu Gikagati ntaho hahuriye n’inzira ijya i Burundi. Ni ku mupaka wa Uganda na Tanzania, kandi hakaba kure cyane n’igihugu cy’u Burundi.

Iyo abo bantu baza kuba nta yindi gahunda mbi ku Rwanda bari bafite bari kwicira mu Rwanda bakajya mu Burundi kuko ariyo nzira ya hafi, aho gufata inzira igoranye ya Karagwe na Ngara !

Amakuru dufite ni uko ubu CMI irimo gukoresha inzira zose zishoboka ngo abo bantu barekurwe kugira ngo hatazavamo uwamena amabanga ! SoftPower yo igashaka guteranya urwego rwa polisi n’urwa gisirikare muri Uganda yandika yuko ngo Polisi yafashe abo bantu ngo kubera yuko umuyobozi wayo, Kale Kayihura akorera u Rwanda kurusha uko akorera Uganda.

Icyo gitangazamakuru cyakomeje kinasabira Gen. Kayihura gukurwaho akanafungwa, ngo ahubwo hakagororerwa abo muri CMI cyangwa Kaka wa ISO bagambanira ubutegetsi buriho mu Rwanda.

SoftPower ititondewe ishobora kuzateza ibibazo Uganda kurusha n’ibyo ubona yifuza kuba yateza u Rwanda ! Rwanda na Uganda bigiye mu mirwano ntawahungukira nk’uko Polisi ya Uganda ihanganishijwe na CMI na ISO nta nyungu Uganda yaba ikuramo !

Umwanditsi wacu

 

2018-01-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba

Ubwanditsi 21 Jan 2021
Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ibitero bikakaye by’Ingabo za Congo FARDC byirukanye mu birindiro umutwe wa FDLR uhungira muri pariki

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Jackie Umuhoza bivugwa ko ari umukobwa wa Past.Nyirigira Deo yatawe muri yombi akekwaho ibyaha by’ubutasi n’ubugambanyi.

Ubwanditsi 28 Nov 2019
Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Intumwa ya Perezida Kagame Gen ( Rtd) James Kabarebe Yakiriwe na Dr Samoei Ruto

Ubwanditsi 17 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa: Ubwumvikane buke hagati y’ubuyobozi n’ababyeyi bashaka kwita umwana amazina ’Griezmann Mbappé’
IMIKINO

U Bufaransa: Ubwumvikane buke hagati y’ubuyobozi n’ababyeyi bashaka kwita umwana amazina ’Griezmann Mbappé’

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136
HIRYA NO HINO

Abantu 54 bamaze gukira Coronavirus mu Rwanda, abanduye biyongereyeho 2 baba 136

Ubwanditsi 16 Apr 2020
Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda
Mu Mahanga

Uganda: Gen. Kale Kayihura arahakana uruhare urwo ari rwo rwose mu gucyura ku ngufu impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru