• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukino wo kwishyura wakinwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Kanama 2017, ubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo guhera ku isaha ya saa cyenda n’igice z’umugoroba.

Mu mukino wo kwishyura Amavubi yatsinze 2-0 .Ikipe y’u Rwanda yasabwaga gutsinda ibitego 3 cyangwa kurenzaho kuko mu mukino ubanza yari yandiwe muri Uganda 3-0.

Kuva umupira ugitangira, Amavubi yakinnye nta gihunga afite ndetse bakarusha ikipe ya Uganda guhererekanya umupira no kugera imbere y’izamu inshuro nyinshi.

Igitego cya mbere cyatsinzwe na Yannick Mukunzi ku munota wa 7, Manzi Thierry atsinda icya 2 ku munota wa 16 atsindishije umutwe ku mupira wari uvuye kuri koloneli. Ikipe y’Amavubi yakomeje gushakisha igitego cya 3 ariko igice cya mbere kirinda kirangira bikiri 2-0.

Mu gice cya kabiri , Amavubi yaje ashakisha igitego cya 3 ariko bikomeza kwanga.

Aimable Nsabimana yasimbuwe na Nshuti Innocent ukina ataha izamu ku munota wa 65 byahise bituma Kayumba Sother na Manishimwe Emmanuel basa nabasubira inyuma barekera Biramahire Christophe(Abeddy), Nshuti Innocent na Nshuti Dominique Savio akazi ko gusatira izamu. Muhire Kevin ni we wakomeje gukina inyuma y’abataha izamu.

Kubwo gutinza umukino, ku munota wa 71 Watenga Isma, nyezamu wa Uganda yabonye ikarita y’umuhondo. Ku munota wa 72, Mutyaba watsinze ibitego 2 mu mukino ubanza, yahaye umwanya Mucuurezi Paul.

Ku munota wa 83, Mugisha Gilbert ukina ataha izamu na we yinjiye mu kibuga asimbuye Iradukunda Eric bakunda kwita Radu wakinaga yugarira izamu ariko akananyuzamo akazamuka.

Ku munota wa 85 byashobokaga ko Uganda ibona Penaliti nyuma y’aho Mucuurezi yari akoreweho ikosa mu rubuga rw’amahina ariko umusifuzi wo hagati ukomoka muri Sudani ntiyayitanga.

Mu minota y’inyongera, Muhire Kevin yahaye umwanya Nshimiyimana Imran ariko ntibyagira icyo bihindura.

CHAN 2018 izabera muri Kenya hagati ya Mutarama 11 na tariki 2 Gashyantare 2018. Ni inshuro ya 2 yikurikiranya igihugu cya Uganda cyitabira iri rushanwa kuko ubwo iri rushanwa riheruka kubera mu Rwanda Uganda nabwo yari yabonye itike ariko iviramo mu majonjora y’amatsinda.

Ababanjemo ku mpande zombi:

Rwanda: Ndayishimiye Eric Bakame (C), Manzi Thierry , Nsabimana Aimable , Imanishimwe Emmanuel, Iradukunda Eric(Radu) Kayumba Soter , Mukunzi Yannick , Bizimana Djihad , Muhire Kevin , Nshuti Dominique Savio , na Biramahire Christophe Abedy .

-7678.jpg

Uganda: Watenga Isma Bin Abdul , Muwanga Benard (C), Wakiro Nico Wadada, Muleme Isaac, Awany Dennis Timothy , Musamali Paul, Karisa Milton , Waiswa Moses , Derrick Nsibambi , Mutyaba Muzamiru na Kagimu Shafik .

-7677.jpg

2017-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Interahamwe Havugimana “Actif” yazengereje abantu i Buruseli, yibonyemo iki?

Ubwanditsi 23 Oct 2024
Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Nkurunziza yagize icyo avuga ku Rwanda na Kagame

Ubwanditsi 02 Jan 2016
Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Jimmy Mulisa yagizwe umutoza mukuru wa AS Kigali by’agateganyo, Mwambali Serge agirwa ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi bayo

Ubwanditsi 20 Dec 2021
Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan

RUSHYASHYA 22 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Ubwanditsi 03 Dec 2019
Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere
Amakuru

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Ubwanditsi 02 May 2024
Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yahisemo gukemurira ibibazo by’igihugu mu itangazamakuru ry’icengezamatwara

Ubwanditsi 24 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru