• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

CHAN2018: Amavubi asezerewe na Uganda Cranes

Ubwanditsi 20 Aug 2017 Mu Rwanda

Umukino wo kwishyura wakinwe kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Kanama 2017, ubera kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo guhera ku isaha ya saa cyenda n’igice z’umugoroba.

Mu mukino wo kwishyura Amavubi yatsinze 2-0 .Ikipe y’u Rwanda yasabwaga gutsinda ibitego 3 cyangwa kurenzaho kuko mu mukino ubanza yari yandiwe muri Uganda 3-0.

Kuva umupira ugitangira, Amavubi yakinnye nta gihunga afite ndetse bakarusha ikipe ya Uganda guhererekanya umupira no kugera imbere y’izamu inshuro nyinshi.

Igitego cya mbere cyatsinzwe na Yannick Mukunzi ku munota wa 7, Manzi Thierry atsinda icya 2 ku munota wa 16 atsindishije umutwe ku mupira wari uvuye kuri koloneli. Ikipe y’Amavubi yakomeje gushakisha igitego cya 3 ariko igice cya mbere kirinda kirangira bikiri 2-0.

Mu gice cya kabiri , Amavubi yaje ashakisha igitego cya 3 ariko bikomeza kwanga.

Aimable Nsabimana yasimbuwe na Nshuti Innocent ukina ataha izamu ku munota wa 65 byahise bituma Kayumba Sother na Manishimwe Emmanuel basa nabasubira inyuma barekera Biramahire Christophe(Abeddy), Nshuti Innocent na Nshuti Dominique Savio akazi ko gusatira izamu. Muhire Kevin ni we wakomeje gukina inyuma y’abataha izamu.

Kubwo gutinza umukino, ku munota wa 71 Watenga Isma, nyezamu wa Uganda yabonye ikarita y’umuhondo. Ku munota wa 72, Mutyaba watsinze ibitego 2 mu mukino ubanza, yahaye umwanya Mucuurezi Paul.

Ku munota wa 83, Mugisha Gilbert ukina ataha izamu na we yinjiye mu kibuga asimbuye Iradukunda Eric bakunda kwita Radu wakinaga yugarira izamu ariko akananyuzamo akazamuka.

Ku munota wa 85 byashobokaga ko Uganda ibona Penaliti nyuma y’aho Mucuurezi yari akoreweho ikosa mu rubuga rw’amahina ariko umusifuzi wo hagati ukomoka muri Sudani ntiyayitanga.

Mu minota y’inyongera, Muhire Kevin yahaye umwanya Nshimiyimana Imran ariko ntibyagira icyo bihindura.

CHAN 2018 izabera muri Kenya hagati ya Mutarama 11 na tariki 2 Gashyantare 2018. Ni inshuro ya 2 yikurikiranya igihugu cya Uganda cyitabira iri rushanwa kuko ubwo iri rushanwa riheruka kubera mu Rwanda Uganda nabwo yari yabonye itike ariko iviramo mu majonjora y’amatsinda.

Ababanjemo ku mpande zombi:

Rwanda: Ndayishimiye Eric Bakame (C), Manzi Thierry , Nsabimana Aimable , Imanishimwe Emmanuel, Iradukunda Eric(Radu) Kayumba Soter , Mukunzi Yannick , Bizimana Djihad , Muhire Kevin , Nshuti Dominique Savio , na Biramahire Christophe Abedy .

-7678.jpg

Uganda: Watenga Isma Bin Abdul , Muwanga Benard (C), Wakiro Nico Wadada, Muleme Isaac, Awany Dennis Timothy , Musamali Paul, Karisa Milton , Waiswa Moses , Derrick Nsibambi , Mutyaba Muzamiru na Kagimu Shafik .

-7677.jpg

2017-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021
Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Batatu barimo myugariro Muvandimwe JMV wari muri Police FC ndetse na Master basinyiye ikipe ya Rayon Sports

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 15 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria
POLITIKI

Imiterere y’intwaro Amerika, u Bufaransa n’u Bwongereza byakoresheje mu gutera ibisasu muri Syria

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC
INKURU NYAMUKURU

Ubugambanyi, Inda nini n’Amatiku bya Kayumba Nyamwasa bishenye RNC

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije
Mu Rwanda

Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Ubwanditsi 26 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru