• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres arasaba abashyira mu gaciro guhagurukira rimwe bakarwanya politike nshya ya mpatse ibihugu kimwe n’Abanazi bo muri iki gihe, kuko birushaho gukura, kandi bikaba bishobora guteza isi yose akaga gakomeye.   |   02 Mar 2021

  • Miss Muyango yemeye kuba umugore wa Kimenyi Yves   |   01 Mar 2021

  • Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange   |   28 Feb 2021

  • Paul Rusesabagina yasazwe n’Ubusambo bwo gukunda amafaranga bimurindimurira mu bikorwa by’Iterabwoba bimuta mu kagozi   |   26 Feb 2021

  • Umuryango Hult  African Business Club wo muri Kaminuza ya Hult, mu mujyi wa Boston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika,urasaba imbabazi ku kuba waribeshye ugafata Rusesabagina nk’intwari, ndetse ukanashimira abawufashije kumenya ubugome bwe.   |   26 Feb 2021

  • Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.   |   24 Feb 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000
Umukuru wa CMI Brig Abel Kandiho, Gen. Kale Kayuhura na Gen Elly Tumwiine,

Uganda: Gen Kayihura Yabajijwe Inkomoko Y’imbunda Zisaga 20000 N’uko Yazihaye Abasivili Basaga 7,000

Editorial 07 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru aturuka mu gihugu cya Uganda dukesha urubuga rwa Spyreports aravuga ko kuri uyu wa gatatu ushize inzego z’umutekano n’ubutasi ari zo CMI na ISO, ngo zaba zarahase ibibazo Gen Kale Kayihura n’uwari umukuru w’umutwe w’igipolisi witwa Flying Squad, ACP Herbert Muhangi, babazwa ukuntu imbunda zitemewe zisaga 20,000 zinjiye mu gihugu zigakoreshwa mu guhungabanya umutekano muri Kampala.

Amakuru yizewe aturuka mu kigo cya gisirikare cya Makindye, aho Gen Kayihura afungiye agera kuri uru rubuga avuga ko hari saa 3:00 z’amanywa ubwo itsinda ry’abasirikare bakuru, bari bayobowe na minisitiri w’umutekano, Gen Elly Tumwiine, Umukuru wa CMI Brig Abel Kandiho, Umukuru w’urwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), Col Frank Bagyenda ndetse n’abandi basirikare bakuru, bageraga ku kigo cya gisirikare cya Makindye.

Amakuru akavuga ko aba basirikare bahise binjizwa n’umukuru wa Military Police bagakomereza mu biro bye aho babanje gukorana inama ngufi mu muhezo yamaze amasaha agera kuri 2. Bikanavugwa ko ubwo aba binjiraga muri iki kigo hahise hasohoka amabwiriza avuga ko nta muntu wongera kuhinjira.

Uwahaye uru rubuga amakuru yakomeje avuga ko bigeze nka saa 5:00, Gen Tumwiine, Brig Abel Kandiho n’abandi basirikare bagera kuri batanu bagiye mu cyumba kimwe, naho umukuru wa ISO, Col Kaka, komanda wa military police n’abandi basirikare ariko bari mu myambaro ya gisivili, nabo bagiye mu kindi cyumba.

Bikavugwa ko Gen Kale Kayihura yayobowe mu cyumba kirimo Gen Tumwiine n’umuyobozi wa CMI, Brig Kandiho, mu gihe ACP Muhangi n’abandi bahoze bakorera mu mutwe wa Flying Squad bajyanywe mu kindi cyumba kirimo umukuru wa ISO, Col Kaka .

Amakuru ava mu gisirikare akavuga ko ngo Gen Tumwiine na Kandiho babajije Gen Kayihura gusobanura ukuntu imbunda zisaga 20,000 zinjijwe mu gihugu ndetse zigahabwa abagize umutwe wa Boda Boda 2010 nta zindi nzego z’umutekano zibizi nka CMI, ISO, ndetse n’Ibiro bya perezida.

Amakuru akavuga ko Gen Kayihura yanasabwe gusobanura ukuntu yahaye imbunda abitwa ‘Abakumirabyaha’ (Crime preventers) basaga 7,000 muri Kampala adakurikije inzira zisanzwe zikoreshwa mu guha abasivili imbunda.

“Uzi ko Abakumirabyaha bafatwa nk’abasivili kandi bagomba gutanga ubusabe bw’imbunda bakanatanga impamvu bashaka imbunda ?”, uwo ngo ni umwe mu bakuru b’inzego z’umutekano abaza Gen Kayihura. Uyu ngo akaba yarasabwe gusobanura itegeko yagendeyeho aha imbunda aba bantu byavugwaga ko bafashaga igipolisi gukumira ibyaha.

Gen Kayihura kandi yanasabwe gusobanura aho izo mbunda zavuye n’inzira zanyuzemo zinjira mu gihugu. “Turashaka ko utubwira aho imbunda zavuye, inkomoko y’amafaranga n’uko zinjiye mu gihugu.”

Amakuru akomeza avuga ko mu kwisobanura Gen Kayihura yahakanye ibi byose abazwa, abwira bagenzi be b’abajenerali ko nta mbunda itemewe n’amategeko yigeze atanga kandi atigeze aha imbunda abo bitwa Abakumirabyaha.

Gen Kayihura yemeye ko yashatse ndetse agaha imyitozo ya gipolisi abo bantu mu ishuri rya gipolisi rya Kabalye, avuga ko bakoranaga n’abapolisi babitorejwe mu kurwanya ibyaha muri Kampala no mu bindi bice by’igihugu.

Naho ku ruhande rwa ACP Muhangi, amakuru ava ho yabarizwaga avuga ko nawe yasabwe gusobanura inkomko y’imbunda yajyaga akoresha.

“Bwana Muhangi tuzi ko wakoreshaga imbunda zitari iz’igipolisi cya Uganda, nihe wazikuye kandi zirihe ?”

Muhangi ngo yasabwe gusobanura aho yashyize izo mbunda nyuma yo kwakira ubutumwa bw’uko yavanwe muri Flying Squad akoherezwa ku biro bikuru bya polisi mu bugenzuzi bw’abakozi.

“Wari ufite imbunda zisaga 300 abasore bawe bakoreshaga muri operations zabo kandi polisi ntiyari izifite mu nyandiko none vuba nyuma y’ubutumwa bwaje bukohereza ku biro bikuru bya police, izo mbunda zaburiwe irengero. Ushobora kuzitanga?”, icyo ni kimwe mu bibazo yabajijwe.

ACP Muhangi kandi ngo hari imbunda yaba yarajyaga afatira mu bikorwa by’ubujura agahita azigira ize. “Wajyaga ukora za operations ukavumbura imbunda n’amasasu, biri he ?”

Muhangi mu kwiregura nawe ngo yahakanye gukoresha imbunda zitemewe n’amategeko mu bikorwa bye, avuga ko imbunda zose yakoreshaga ziriho ibirango b’igipolisi cya Uganda kandi zibitse mu bubiko bwa Flying Squad buri ku cyicaro gikuru cya polisi muri Kampala.

Yanasobanuye ko imbunda zose yajyaga afatira nko mu bujura zahabwaga polisi ikazisuzuma kandi ari ho zikibitse.

Amakuru ava mu kigo cya gisirikare cya makindye akaba avuga ko ahagana saa 7:00 z’ijoro ari bwo Gen kayihura na ACP Muhangi basubijwe mu byumba byabo, ababahataga ibibazo nabo bagasubira iyo baturutse n’amadosiye na za raporo.

2018-07-07
Editorial

IZINDI NKURU

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Gen Biraaro wamaganye Museveni kuva muri 1996 yitabye Imana, azize urwo Gen Aronda n’abandi bazize

Editorial 12 Feb 2020
Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Editorial 20 Nov 2018
Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Leta zunze ubumwe z’Amerika zasabiye ibihano abayobozi bakuru b’ingabo za Uganda

Editorial 12 Dec 2020
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Editorial 10 Dec 2018

2 Ibitekerezo

  1. Shimon
    July 7, 20181:01 pm -

    Ko mbona murimo gukurikiranira hafi ibya Afande Kale? Ehhh Imbunda 20.000?

    Subiza
  2. MAOMBI jOHN
    July 9, 20181:49 pm -

    NONE SE MUZONGERA GUHAKANA KO IYO NYENZI KAYIHURA ATARI ICYITSO CYANYU CYUMUCENGEZI MURI UGANDA KOKO???6 MBE RUSHYASHYA MURI ABANYAMAKURU MWABYIGIYE KOKO? MUJYE MUGERAGEZA GUKORESHA NAKENGE NAGATO NTIMWEREKANE UBUGORYI MWITANGAZAMAKURU RYANYU!!! HARI NABANDI BASOMYI BABAHAYE IYI REMARQUE KUKO IYO UMUNTU ASOMYE IBYO MWANDITSE AHITA ABONAKO MURI ABANYAPOLITIKE BAVUGIRA KAGAME MUMANYANGA YE KO MUTARI ABANYAMAKURU!!!! UKUNTU MWEREKANA UMUBABARO MUKANABIKURIKIRANIRA HAFI IBYA KAYIHURA UWUBASOMYE AHITA YUMVA IBYO MURIMWO NABO MURIBO!!!!! NTA PROFESSIONALISME NANKE MUFITE!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru