• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2016 POLITIKI

Kuri uyu wambere tariki ya 19 Nzeli 2016, Abayobozi b’ibihugu 193 kuva ku bami, Abaperezida na ba Minisitiri b’Intebe bakoraniye mu kibaya cya ‘Turtle Bay’ i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye (UN), mu Nteko Rusange irebera mu nguni zose z’ibibazo byugarije Isi birimo amakimbirane, ubukene bukabije n’inzara, iterabwoba, ubuhunzi n’ihindagurika ry’ibihe.

Kuri uyu wambere inama yatangiriye ku kwiga ku rujya n’uruza rw’abimukira, bikaba ari ubwa mbere Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye igiye gukoranya Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma iganira kuri iyi ngingo.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu cyumweru gishize yemeje ko azitabira ibikorwa by’iyi Nteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye, kuri Twitter ye yagize ati “Muri New York muri UNGA. Kizaba icyumweru cy’akazi kenshi!”

-4090.jpg

Perezida Pauk Kagame mu nteko rusange ya Loni

Mu gikorwa gihurirana n’iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, biteganyijwe ko Perezida Kagame nk’umwe mu bakuru b’ibihugu 10 barangaje imbere gahunda yo gukangurira abagabo kuzirikana ihame ry’uburinganire, HeforShe, azagaragaza raporo y’aho iki gikorwa kigeze.

Iby’igenzi mu Nteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Iyi Nteko Rusange ibaye mu gihe Koreya ya Ruguru ikomeje isuzuma ry’ibitwaro bya kirimbuzi, ndetse muri uku kwezi cyanageze ku nkombe z’inyanja ku ruhande rw’u Buyapani.

Intambara ikomeje gufata indi ntera muri Syria nayo imaze guhitana ubuzima bw’abasaga 300 000, binagira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, miliyoni z’impunzi ziva mu byabo zerekeza muri Jordaniya, Turikiya, Libani n’u Burayi.

Hari kandi ibibazo by’iterabwoba ku Isi, aho Imitwe y’Iterabwoba nka Islamic State, al-Qaida na Boko Haram, ikomeje kugarika ingogo ku migabane itandukanye, hakaza n’ibihugu bikomeje guhura n’ihindagurika ry’ikirere n’byugarijwe n’ibibazo by’umutekano na politiki, nka Yemen, u Burundi, Libya, Nigeria, Somalia na Sudani y’Epfo.

Ku kibazo cy’abimukira, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko “Abayobozi b’Isi yose biteganyijwe ko bazatora umwanzuro wa politiki muri iyi nama, aho Loni izabona inyongera mu muryango wayo, urwego rushinzwe gukurikirana abimukira. Abayobozi b’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abimukira (IOM) bazasinya amasezerano azagira IOM ikigo cyita kuri icyo kibazo muri UN.’’

Ejo kuwa Kabiri tariki 20 Nzeri kugeza kuwa Mbere w’Icyumweru gikurikira, tariki 26 Nzeri, aba bayobozi bazitabira ibiganiro ngarukamwaka ku nsanganyamatsiko y’intego zigamije iterambere rirambye (SDGs): imbaraga z’Isi yose mu guhindura Isi yacu’’, harebwa aho ingingo 17 za SDGs zemejwe mu nama ya 70 iheruka zigeze zishyirwa mu bikorwa.

Hazarebwa no kuri gahunda y’icyerekezo 2030, igizwe n’imyaka 15 ibihugu byihaye ngo Isi ibe itakirangwamo ubukene bukabije.

Kuwa Gatatu tariki 21 Nzeri, Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye izaganira ku kibazo cy’udukoko dutera indwara dukomeje kwihagarararo ku miti, bikongera ingorane ku buzima bw’abatuye Isi kandi bikanabangamira ibindi bikorwa birimo iterambere rya muntu.

-4089.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon

Kuri uwo munsi kandi Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, azagaragaza byinshi ku masezerano ya Paris ku ihindagurika ry’ibihe, ibihugu nibura 28 byiharira 16% by’ibyuka byoherezwa mu kirere bikazashyira umukono kuri ayo masezerano yemejwe mu Ukuboza umwaka ushize.

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma bazakira indahiro ya Perezida w’Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye, Umunya-Fuji, Peter Thomson, watowe muri Kamena asimbuye Mogens Lykketoft ukomoka muri Denmark, wayoboye Inteko Rusange ya 70.

-4088.jpg

Perezida w’Amerika Barack Obama

Iyi nama izaba ari iya nyuma kuri Perezida Barack Obama uri gusoza manda ya kabiri nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kuri Ban ki Moon uzasoza imyaka 10 nk’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kuwa 31 Ukuboza.

2016-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024
Moïse Katumbi yemeje ko agiye gusubira muri RDC kwiyamamaza

Moïse Katumbi yemeje ko agiye gusubira muri RDC kwiyamamaza

Ubwanditsi 28 Apr 2018
RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

Ubwanditsi 20 Jan 2020
VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

VICTOIRE INGABIRE : Impamvu yise ishyaka rye « UMURINZI » n’icyo yari agamije ahitamo iryo zina

Ubwanditsi 30 Nov 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo  ‘Odeur ya Ocean’
SHOWBIZ

ShaddyBoo yinjiye mu bantu 5 bagizwe ibimenyabose n’amagambo bavuze agatizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga kubera ijambo ‘Odeur ya Ocean’

Ubwanditsi 31 Aug 2017
‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ –  Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Umutekano w’Abarokotse Jenoside ntuhagije Ingengabitekerezo itaracika’ – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Mar 2017
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons
Mu Mahanga

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru