• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Ubwanditsi 14 Apr 2017 Mu Rwanda

Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) baherutse kubona Minisitiri w’intebe mushya ariko uko bimeze n’uko uwo mugabo atazagira icyo amarira opozisiyo cyangwa ngo akimarire Perezida Joseph Kabila wamushyizeho.

Bruno Tshibala, wagizwe minisitiri w’intebe tariki zirindwi uku kwezi, ni umuntu wubatse izina cyane muri opozisiyo ya DRC ariko ubu akaba nta shyaka abarizwamo kuko UDPS yari abereye umuyoboke n’umuyobozi, mu kwezi gushize yamwirukanye muri iryo shyaka ryatangijwe na Etienne Tshisekedi witabye Imana muri Gashyantare uyu mwaka.

Ishyirwaho rya Bruno Tshibandi, wabaye umuyoboke w’igihe kirerekire w’ishyaka rikomeye kurusha ayandi muri opozisiyo ya DRC, Union for Democracy and Social Progress (UDPS), rigomba kutazatanga umusaruro nk’uko byagendekeye uwo asimbuye kuri uwo mwanya, Samy Ntita Badibanga, avanyweho atawumazeho n’amezi atandatu !

-6305.jpg

Bruno Tshibandi

Kuva muri Mata 2012 Minisitiri w’intebe muri DRC yari Augustine Matata Ponyo ukomoka mu ishyaka rimwe na Perezida Kabila, Peolples Party for Reconstruction and Democracy (PPRD). Kuva hagati mu mwaka ushize byari bimaze kugaragara yuko amatora yo gusimbura Kabila ku mwanya wa Perezida adashobora kuzakorwa kubera impamvu zari zatanzwe na komisiyo y’igihugu y’amatora (CENI) yuko nta mafaranga y’amatora ahari kandi na lisiti y’itora ikaba yari ikiri kure cyane yo kunozwa ! CENI yaje gutangaza ku mugaragaro yuko, kubera izo mpamvu ebyiri, amatora muri DRC atari gushoboka mbere ya Nyakanga 2018.

Iryo tangazo rya CENI ryo kwimura igihe cy’amatora ryaje rikurikira irindi ry’urukiko rwitegeko nshinga ryavugaga yuko Perezida wa Repubulika uriho adashobora kurekura ubutegetsi mu gihe hataratorwa undi wo kumusimbura! Ayo matangazo y’izo nzego zombi uyashyize hamwe byari bisobanuye yuko Kabila atari kuva ku butegetsi tariki 16 Ukuboza 2018, nk’uko byari biteganyijwe mu itegeko nshinga.

Amashyaka akomeye muri Opozisiyo ibyo by’impamvu ya Perezida atashobora gukorwa yo ntabwo yabikozwaga ahubwo mu ntangiriro za Nzeri 2016 ahamagaza imyigaragambyo yo guhera tariki 19 z’uko kwezi ikazarangira kuri ya tariki hagombaga kuboneka uwasimbura Kabila ku butegetsi, nyuma yo kurangiza manda ze ebyiri zemewe n’itegeko nshinga.

Kuko imyigaragambyo muri DRC biba bivuze ubwicanyi, ubusahuzi, kwangiza imitungo n’ubundi bugizi bwa nabi, Edem Kodjo washyizweho n’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) muri Mata 2016 nk’umuhuza yakoze ibyo yabashije byose ngo icyo kibazo kibonerwe igisubizo.

Kodjo, wigeze kuba Minisitiri w’intebe wa Togo n’umunyamabanga mukuru w’icyasimbuye AU (OAU), yakomeje gukoresha inama nyinshi z’imishyikirano hagati y’ubutegetsi n’abatavuga rumwe nabwo, baza gusinya amasezerano yemeza kwigizayo itariki y’amatora no gushyiraho guverinoma y’inzibacyuho. Byemeranywa yuko Kabila yagumana umwanya wa Perezida naho Augustine Matata Ponyo akava ku mwanya wa Minisitiri w’intebe, ugafatwa n’umuntu wo muri Opozisiyo. Matata Ponyo akomoka mu ishyaka Peoples Party for Reconstruction and Democracy (PPRD) rya Joseph Kabila.

Itariki y’amatora yashyizwe muri Mata 2018 naho Minisitiri w’Intebe w’iyo guverinoma y’inzibacyuho agirwa Samy Badibanga wo mu ishyaka Union for Democracy and Social Progress (UDPS) . Madibanga yari umuyoboke w’imena muri UDPS ariko aza kugirwa Minisitiri w’intebe afitanye ibibazo n’iryo shyaka rye ryamushinjaga kurema udutsiko mu nteko nshingamategeko !

Iyo mishyikirano y’ubuhuza bwa Edem Kodjo ntabwo yigeze yitabirwa n’amashyaka akomeye muri politike za DRC, yibumbiye muri Rassemblement, nk’uko iryo huriro ryananze no kwemera imyanzuro yayivuyemo. Ayo mashyaka, anarimo UDPS, yashinjaga Kodjo yuko abogamiye ku butegetsi bwa Kabila ataratangira n’ako kazi k’ubuhuza !

Ibya Kodjo binaniranye ako kazi k’ubuhuza kafashwe n’inama y’abasenyeri muri Congo (CENCO). Ubwo buhuza bwatangiye tariki ya 8 Ukuboza 2016, tariki 31 z’uko kwezi ubutegetsi na Opozisiyo bageze ku myanzuro yatumye imvururu zitongera kuvuka !

Hemeranyijwe yuko Kabila agomba kuba yavuye ku butegetsi mu mpera za 2017, kandi atazashyiramo kandidatire mu matora ataha ya Perezida. Hanemeranywa yuko hazashyirwaho undi Minisitiri w’intebe watanzwe n’amashyaka yibumbiye muri Rassemblement.

Umwaka rero wa 2017 watangiye abaturage ba DRC biruhukije yuko ibintu bitangiye inzira yo kujya mu buryo, ariko uko iminsi yakomeje kugenda yicuma ni nako icyizere cyagiye kigabanuka. Umuhuza, CENCO, yabwiraga Opozisiyo iti mushyikirize Perezida Kabila izina rya minisitiri w’intebe, bati twararitwaye ariko araryanga !

Ikibazo cyari icy’uko Rassemblement yakomezaga gushyikiriza Perezida Kabila izina ry’umuhungu wa Tshisekedi (Felix Tshisekedi) nk’umuntu ugomba kuba Minisitiri w’intebe ariko Kabila we agashaka yuko bakohereza amazina y’abantu batatu akihitiramo umwe !

Nyuma y’urupfu rwa Etienne Tshisekedi habayeho igisa nko kurwanira ubutegetsi mu ishyaka rye rya UDPS kimwe no muri ya mpuzamashyaka akomeye muri Opozisiyo, Rassemblement. Umusaza Etienne yari akuriye UDPS akanakurira Rassemblement.

-6306.jpg

Felix Tshisekedi

Umuhungu we, Felix, yasimbujwe se ku buyobozi bwa UDPS ariko bamwe nka Bruno Tshibala bakabyamagana, bavuga yuko umutwe wa politike utagomba kuba akarima ka famiye. Hari n’abandi bo muri Opozisiyo nka Vital Kamerhe, ukuriye ishyaka Union for the Congolese Nation, bifuzaga uwo mwanya wa Minisitiri w’intebe. N’igihe Samy Badibanga yagirwaga Minisitiri w’intebe, Kamerhe yari yahatanye cyane ngo abe ariwe wegukana uwo mwanya. Tshibala rero kimwe na Badibanga agiye kuba Minisitiri w’Intebe mu izina rya Opozisiyo itamwemera !

-6304.jpg

Minisitiri w’intebe mushya Bruno Tshibala

Casmiry Kayumba

2017-04-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Saba Robert uyoboye ba rutahizamu mu mu mwaka ushize w’imikino yerekeje muri AS Kigali avuye muri Kiyovu SC, Kalisa Rachid nawe yongerewe amasezerano

Ubwanditsi 09 Jul 2021
Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Abaturage b’umurenge wa Kagogo basabwe kwirinda ibintu byose byateza impanuka mu kiyaga cya Burera

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino Cote d’Ivoire yatsizemo Senegal ibasha kugera ku mukino wa nyuma wa AfroBasket uri buyihuze na Tunisia

Ubwanditsi 05 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi
POLITIKI

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza
Mu Rwanda

Hakorwa iki kugira ngo igenzura n’ikusanyamakuru ku mazi n’isukura rirusheho gukorwa neza

Ubwanditsi 22 May 2018
Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)
SHOWBIZ

Davido yaje gukora igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 03 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru