• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Ubwanditsi 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Abahuzabikorwa b’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) ku rwego rw’uturere na komite nyobozi yarwo ku rwego rw’igihugu biyemeje kugira uruhare rugaragara mu itegurwa no mu bikorwa bizaranga icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi kizwi nka “Police week”.

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi kirangwa n’ibikorwa by’ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha, kugira uruhare muri gahunda za Leta zo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’ibindi.

Ibi uru rubyiruko rwabyemereye umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K.Gasana mu nama yabahuje nawe kuwa gatatu tariki ya 26 Mata ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Insanganyamatsiko izaranga icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi uyu mwaka iragira iti, “Imyaka 17 y’ubufatanye na Polisi mu kwicungira umutekano.Twicungire umutekano w’abantu n’ibintu ku buryo burambye. ”

Kwizihiza uyu munsi bizabanzirizwa na gahunda izamara ukwezi y’ubukangurambaga izatangira ku itariki ya 15 Gicurasi kugeza ku itariki ya 15 Kamena igasozwa n’ibirori byo kwizihiza imyaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe biteganyijwe ku itariki ya 16 Kamena 2017.

Mu ijambo yagejeje kuri uru rubyiruko rwageraga kuri 50, IGP Gasana yagize ati, “Imbaraga mukoresha mu gushaka umutekano w’abaturage zihabwa agaciro. ”

Yakomeje abagira inama ihuriro ryabo gushyira imbaraga mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha kugirango habeho umutekano n’ituze birambye aho yagize ati, “Disiplini yo hejuru, guhanga udushya, gukorera hamwe, guhora muhanahana amakuru ni inyongera kuri gahunda y’ibyo mukora byose.”

IGP Gasana mu gusoza, yabagiriye inama yo kubyaza umusaruro itumanaho ryose babona cyane cyane imbuga nkoranyambaga bakangurira abaturage ubufatanye mu kubaka igihugu gitekanye kandi gifite ejo hazaza

Justus Kangwagye, umuhuzabikorwa w’uru rubyiruko ku rwego rw’igihugu we, yatangaje ko uru rubyiruko ari abafatanyabikorwa b’ingenzi ba Polisi y’u Rwanda, biryo biyemeje kugira uruhare rugaragara kuva mu myiteguro kugeza icyumweru cya Polisi kirangiye.

Kangwagye yagize ati,”Ab’inkwakuzi muri twe batangiye gusobanurira abaturage ibijyanye na Police week ndetse n’ibikorwa bijyanye nayo harimo gufasha abatishoboye, gutanga amakuru arebana na bimwe mu byo Polisi yatanze muri za Police week zashize nk’inka zari zaratanzwe zasuwe, n’ibindi.”

Yavuze ko kuri ubu hongerewe ubukangurambaga mu banyamuryango bashya ari nayo mpamvu imibare yayo yiyongereye aho yagize ati,”Ndahamya ko kubera imbaraga n’ishyaka uru rubyiruko rukorana, umusanzu warwo urimo kugaragara cyane muri iyi myaka ine rumaze rubayeho, ari nayo mpamvu Polisi y’u Rwanda yihatira ubufatanye narwo ngo iruboneho umusaruro twese tubashe kugera ku nshingano twahawe n’igihugu.”

Yakomeje avuga ko ntawashidikanya ku musanzu uru rubyiruko n’abanyarwanda batanze muri iyi myaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze cyane cyane mu gukumira ibyaha bitandukanye, gutanga amakuru ku bana bata amashuri n’ibindi.

Aho yagize ati, “Mu bijyanye no kwigisha, ntaho ubuyobozi bujya kwigisha abaturage ibyo gukumira no kurwanya ibyaha ngo basige uru rubyiruko, kandi hari ibigenda bikosoka.”

Kangwagye yashoje avuga ko bakomeje inama zikomeje kandi zigaragaza ko imyiteguro igeze kure mu Ntara zitandukanye kandi buri karere kateganyije umusanzu kazatanga haba mu gufasha abatishoboye ndetse no gusigasira ibyamaze kugerwaho.

Umukundwa Victoire ushinzwe imyitwarire muri komite nyobozi y’uru rubyiruko ku rwego rw’igihugu, yavuze ko, aho ruri hose mu gihugu rwiteguye kuzafata iya mbere mu bikorwa bizaranga Police week kandi by’umwihariko ku isabukuru y’uyu mwaka, hakazashyira imbaraga mu gukurikiranira hafi ibyo Polisi yatanze mu turere dutandukanye.

Yagize ati, “Tugiye gushyira imbaraga mu gufasha ariko tunakurikirana ibyamaze gutangwa niba bikoreshwa neza, niba bigirira akamaro abagenerwabikorwa kandi dutanga inama mu kubibungabunga no kubibyaza umusaruro.”

Ikindi ngo ni uko bagiye kwihatira kugira uruhare rukomeye mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha nk’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, icuruzwa ry’abantu, ingengabitekerezo ya jenoside, ruswa, kurengera ibidukikije ndetse n’umutekano wo mu muhanda.

Kugeza ubu mu gihugu hose hari abanyamuryango b’iri huriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake basaga 100, 000; ariko intego ni ukubongera bakagera kuri Miliyoni bitarenze uyu mwaka.

Uru rubyiruko rwashyizeho iri huriro mu 2013. Rwibanda ku guteza imbere indangagaciro z’umuco nyarwanda zishingiye ahanini ku kwirinda ikibi n’igisa na cyo, no gukangurira umuryango nyarwanda kukirinda no gufatanya kugikumira no kukirwanya.

Mu byo uru rubyiruko rukora harimo gusanira amazu abatishoboye, kubishyurira umusanzu w’ubwisungane bwo kwivuza, no kuboroza amatungo maremare n’amagufi; ubu bufasha bukaba butuma biteza imbere.

-6408.jpg

Urubyiruko rw’Abakorera bushake

Source : RNP

2017-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Ubwanditsi 17 Jul 2016
Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Alpha Condé yasimbuye Idris Deby ku buyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Perezida Kagame niwe wongeye gutsinda amatora ku majwi 98,66%

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Iya 21 Mata 1994: Abanyeshuri n’abarimu ba Kaminuza Nkuru y’u Rwanda bishwe urubozo

Ubwanditsi 21 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Ubwanditsi 07 Oct 2019
Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Kiyovu na Rayon Sports mu makipe yitwaye neza, APR FC na Police FC babuze amanota 3 y’u munsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Nov 2025
Ubushakashatsi  bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu  kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )
Mu Mahanga

Ubushakashatsi bwa Never Again Rwanda burashimangira ubwa RGB mu kunenga uruhare rw’Abaturage mu bibakorerwa ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 26 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru