• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Ubwanditsi 20 Nov 2017 ITOHOZA

Nyuma yaho Umutoza mukuru wa Rayon Sports Karekezi Olivier afatiwe na Polisi y’u Rwanda kuri ubu akaba ari  mu maboko y’inzego z’umutekano aho yajyanywe kubazwa ibyaha acyekwaho bifitanye isano n’ikoranabuhanga n’itumanaho.

Abakinnyi ba Rayon Sport Rutanga Eric na Mukunzi Yannick nabo  batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali, mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 19 Ugushyingo 2017.
Mukunzi Yannick na Rutanga Eric batawe muri yombi kubera gukekwaho gufatanya icyaha n’umutoza wabo Karekezi Olivier we watawe muri yombi ku wa Gatatu w’icyumweru gishize.

Amakuru agera kuri Rushyashya  ni uko abo bakinnyi ngo ubwo bari bagiye gukina umukino wahuje u Rwanda na Ethiopia i Addis Abeba ndetse n’uwahuje amakipe yombi i Kigali ngo bari basabwe n’umutoza wabo gutsindisha ikipe y’igihugu Amavubi.

Kugeza ubu icyoba ni cyose m’Ubuyobozi bwa Rayon Sports, hibazwa igikurikira, mu itangazo bashyize hanze kuri uyu wa Mbere, busaba abakunzi b’iyi kipe kwitonda no kwitwararika muri ibi bihe. Paul Muvunyi, Perezida wa Rayon Sports, muri iri tangazo yagize ati: “Ubuyobozi bwa Rayon Sports bukomeje kwihanganisha umuryango wa Ndikumana Hamadi Katauti, n’abakunzi be. Burabasaba kutivanga mu mikorere y’inzego z’umutekano zikurikiranye umutoza ndetse na bamwe mu bakinnyi ku byaha bakekwaho. Burangije bubasaba kurangwa n’ubwitonzi musanganywe no kurushaho kwegera ikipe yacu”

Polisi y’u Rwanda  ntirasobanura byeruye ibyaha Karekezi Olivier na bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bakoze n’inzira babikozemo, ariko hari amakuru avuga ko hatahuwe ubutumwa Olivier Karekezi yandikiranaga n’abantu batandukanye, bacura umugambi wo gushaka uko Ethiopia yatsinda Amavubi.

Bityo ikipe y’igihugu ntijye mu mikino ya nyuma ya CHAN, kuko ngo Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Vincent De Gaulle yari yishongoye ku bakinnyi bajyanye Amavubi muri CAN ya 2004 agaragaza ko nta gaciro ibyo bakoze bikwiye guhabwa.

Olivier Karekezi kandi ngo hari bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports yari yasabye ko bakora ibishoboka byose Amavubi agasezererwa n’ubwo byarangiye Ethiopia isezerewe. Aya makuru ariko ntaremezwa n’inzego z’Ubugenzacyaha.

Umuvugizi w’igipolisi cy’u Rwanda ACP Theos Badege,yabwiye itangazamakuru ko uyu mutoza ari mu maboko ya polisi ariko ibindi bimwerekeyeho bikazatangazwa nyuma mu rwego rwo kugirango iperereza rigende neza.

Uyu mutoza ya tawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu w’icyumweru gishize mu gihe n’ubundi igikuba cyari cyacitse mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda by’umwihariko mu ikipe ya Rayon Sports aho Katauti wari umutoza wungirije yitabye Imana ndetse akaba yaranamaze gushyingurwa.

Ariko bimaze kumenyekana  itabwa muri yombi rya Karekezi ntaho rihuriye n’urupfu rwa Katauti.

 

2017-11-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Urupfu rw’umubyeyi, iturufu kuri Kayumba mu guhakana gutera gerenade i Kigali

Ubwanditsi 06 Nov 2018
Abo kwa Rwigara, Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi n’abo bareganwa  bagizwe abere

Abo kwa Rwigara, Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi n’abo bareganwa bagizwe abere

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ntabwo wavuga ko ibibazo byakemutse – Amb. Nduhungirehe avuga ku mubano w’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Nyamara ishyamba si ryeru hagati ya Nairobi na Kinshasa

Ubwanditsi 08 May 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia
Amakuru

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye
POLITIKI

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Desalegn yeguye

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Ibanga ry’iterambere rya Afurika ni abaturage bayo – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru