• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Ubwanditsi 05 May 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’umuryango witwa Society Family Health(SFH) Rwanda n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha(RYVCPO) bagiranye amasezerano yo gushyira imbaraga mu bukangurambaga bw’umutekano n’isuku.

Aya masezerano akaba yashyizweho umukono ku italiki 4 Gicurasi hagati ya Assistant Commissioner of Police Damas Gatare ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda akaba anashinzwe Community Policing , Manasseh Gihana Wandera, umuyobozi wa SFH Rwanda na Justus Kangwagye , umuhuzabikorwa wa ruriya rubyiruko, bikaba byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Uyu muhango w’isinywa ry’amasezerano, wayobowe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, hakaba hari kandi Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana .

Hari kandi Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police(IGP) Emmanuel K.Gasana, abayobozi b’Intara n’uturere bose ndetse n’abahagarariye ruriya rubyiruko mu turere twose.

Nk’uko aya masezerano ateye, Polisi y’u Rwanda na SHF Rwanda bazajya bafatanya mu gutera inkunga ibikorwa by’uru rubyiruko bizaba bigamije guhindura imyumvire y’abaturage mu birebana n’umutekano, ubuzima n’isuku.

Gutera inkunga ku ifashamyumvire ya ruriya rubyiruko biganisha ku buzima buzira umuze, ku mutekano ntamakemwa biciye mu ngamba zo guhererekanya amakuru zizakoreshwa na SFR Rwanda nko guhuriza hamwe abaturage ndetse n’itumanaho hagati y’abantu(Interpersonnal communication) rizaba rikubiyemo ubutumwa burebana n’ubuzima n’isuku.

Kubufatanye bwa Polisi n’ubuyobozi bw’ibanze ,bahamagarira urubyiruko rw’abakorerabushake ndetse n’abaturage aho batuye kwitabira inamaz’ihinduramyumvire ku birebana n’ubuzima n’umuco w’isuku(Behaviour Change Communication) zizajya zitegurwa na SFH Rwanda bikaba bikubiye mu masezerano yasinywe.

SFH Rwanda izajya itanga ibikoresho byifashishwa mu isuku n’ubuzima kuri ruriya rubyiruko mu korohereza itumanaho n’igenzura mu bukangurambaga bw’ihinduramyumvire hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

-2756.jpg

I Photo y’urwibutso

​Minisitiri Kaboneka yavuze ko, n’ubwo u Rwanda ari igihugu gitekanye, haracyari ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, abagishaka kurenganya abandi , ibibazo by’isuku n’ibindi.

Yabwiye urubyiruko ati:”Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rishobora kuba ikibazo ku rubyiruko no ku gihugu, kimwe n’isuku nke. U Rwanda ni urwanyu kandi rubategerejeho byinshi.”

Yongeyeho ati:” u Rwanda ni kimwe mu bihugu bitekanye kubera imbaraga rukoresha , ndahamya ko ubu bufatanye buzagera kuri byinshi biciye mu gutangira amakuru ku gihe , bikazafasha mu kurwanya ibyaha.”

Umuyobozi wa SFH we yagize ati:”Ubu bufatanye ni ingenzi kubera ko buhuje imbaraga z’urubyiruko rugeze ku 20,000, ni abantu benshi bashobora kuba miliyoni imwe mu mwaka umwe gusa. Bazatworohereza akazi, bazaba abarimu bacu, nibo bazajya hazi mu midugudu kwigisha abaturage imibereho irangwa mo isuku, izira imirire mibi,n’ibindi..”

SFH ikaba ari umuryango utegamiye kuri Leta ifatanya n’abigenga muri gahunda zo guteza imbere ibyo abaturage bakeneye cyane cyane ibirebana n’ubuzima.
Gihana yavuze ko imirire mibi ikiri ikibazo mu Rwanda maze agira ati:”Ni ikibazo cy’imyumvire n’imigenzereze , urubyiruko nk’uru rubonye ibyangombwa rushobora kubihindura byose.”

Kangwagye mu ijambo rye, yavuze ko nk’urubyiruko rwiteguye, ibikorwa n’ijwi byarwo bizagera ku baturage bo hasi kandi asaba n’indi miryango gukoresha urubyiruko niba bashaka kugera ku ntego baba biyemeje.

Aya masezerano aje guha imbaraga ayari asanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’urubyiruko rw’abakorerabushake(RYVCO) yasinwe muri Gicurasi umwaka ushize akaba ari ay’imyaka ine mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha hagamijwe kuzamura imibereho n’umutekano by’abaturage.

RNP

2016-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Uganda : Umunyamabanga wa Leta arashinja inzego z’umutekano kwica abayobozi hakabeshyerwa inyeshyamba

Ubwanditsi 20 May 2019
Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda irasaba Itorero ry’Abadivantisiti ubufatanye mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 10 May 2016
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Ubwanditsi 15 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.
Amakuru

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023
Amakuru

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Ubwanditsi 18 Dec 2023
Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC
Amakuru

Myugariro Serumogo Ally Omar wifuzwaga n’amakipe menshi arimo na Rayon Sports, yongerewe amasezerano y’imyaka 2 n’ikipe ya Kiyovu SC

Ubwanditsi 26 Jun 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru