• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Ubwanditsi 05 May 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda n’umuryango witwa Society Family Health(SFH) Rwanda n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha(RYVCPO) bagiranye amasezerano yo gushyira imbaraga mu bukangurambaga bw’umutekano n’isuku.

Aya masezerano akaba yashyizweho umukono ku italiki 4 Gicurasi hagati ya Assistant Commissioner of Police Damas Gatare ku ruhande rwa Polisi y’u Rwanda akaba anashinzwe Community Policing , Manasseh Gihana Wandera, umuyobozi wa SFH Rwanda na Justus Kangwagye , umuhuzabikorwa wa ruriya rubyiruko, bikaba byabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Uyu muhango w’isinywa ry’amasezerano, wayobowe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, hakaba hari kandi Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana .

Hari kandi Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police(IGP) Emmanuel K.Gasana, abayobozi b’Intara n’uturere bose ndetse n’abahagarariye ruriya rubyiruko mu turere twose.

Nk’uko aya masezerano ateye, Polisi y’u Rwanda na SHF Rwanda bazajya bafatanya mu gutera inkunga ibikorwa by’uru rubyiruko bizaba bigamije guhindura imyumvire y’abaturage mu birebana n’umutekano, ubuzima n’isuku.

Gutera inkunga ku ifashamyumvire ya ruriya rubyiruko biganisha ku buzima buzira umuze, ku mutekano ntamakemwa biciye mu ngamba zo guhererekanya amakuru zizakoreshwa na SFR Rwanda nko guhuriza hamwe abaturage ndetse n’itumanaho hagati y’abantu(Interpersonnal communication) rizaba rikubiyemo ubutumwa burebana n’ubuzima n’isuku.

Kubufatanye bwa Polisi n’ubuyobozi bw’ibanze ,bahamagarira urubyiruko rw’abakorerabushake ndetse n’abaturage aho batuye kwitabira inamaz’ihinduramyumvire ku birebana n’ubuzima n’umuco w’isuku(Behaviour Change Communication) zizajya zitegurwa na SFH Rwanda bikaba bikubiye mu masezerano yasinywe.

SFH Rwanda izajya itanga ibikoresho byifashishwa mu isuku n’ubuzima kuri ruriya rubyiruko mu korohereza itumanaho n’igenzura mu bukangurambaga bw’ihinduramyumvire hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

-2756.jpg

I Photo y’urwibutso

​Minisitiri Kaboneka yavuze ko, n’ubwo u Rwanda ari igihugu gitekanye, haracyari ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, abagishaka kurenganya abandi , ibibazo by’isuku n’ibindi.

Yabwiye urubyiruko ati:”Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge rishobora kuba ikibazo ku rubyiruko no ku gihugu, kimwe n’isuku nke. U Rwanda ni urwanyu kandi rubategerejeho byinshi.”

Yongeyeho ati:” u Rwanda ni kimwe mu bihugu bitekanye kubera imbaraga rukoresha , ndahamya ko ubu bufatanye buzagera kuri byinshi biciye mu gutangira amakuru ku gihe , bikazafasha mu kurwanya ibyaha.”

Umuyobozi wa SFH we yagize ati:”Ubu bufatanye ni ingenzi kubera ko buhuje imbaraga z’urubyiruko rugeze ku 20,000, ni abantu benshi bashobora kuba miliyoni imwe mu mwaka umwe gusa. Bazatworohereza akazi, bazaba abarimu bacu, nibo bazajya hazi mu midugudu kwigisha abaturage imibereho irangwa mo isuku, izira imirire mibi,n’ibindi..”

SFH ikaba ari umuryango utegamiye kuri Leta ifatanya n’abigenga muri gahunda zo guteza imbere ibyo abaturage bakeneye cyane cyane ibirebana n’ubuzima.
Gihana yavuze ko imirire mibi ikiri ikibazo mu Rwanda maze agira ati:”Ni ikibazo cy’imyumvire n’imigenzereze , urubyiruko nk’uru rubonye ibyangombwa rushobora kubihindura byose.”

Kangwagye mu ijambo rye, yavuze ko nk’urubyiruko rwiteguye, ibikorwa n’ijwi byarwo bizagera ku baturage bo hasi kandi asaba n’indi miryango gukoresha urubyiruko niba bashaka kugera ku ntego baba biyemeje.

Aya masezerano aje guha imbaraga ayari asanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’urubyiruko rw’abakorerabushake(RYVCO) yasinwe muri Gicurasi umwaka ushize akaba ari ay’imyaka ine mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha hagamijwe kuzamura imibereho n’umutekano by’abaturage.

RNP

2016-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Ubwanditsi 19 May 2018
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Ubwanditsi 18 Jan 2024
Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka

Ubwanditsi 04 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda
Mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we
Mu Rwanda

Umukozi wo mu rugo yafatanywe asaga miliyoni y’amanyarwanda yibye umukoresha we

Ubwanditsi 19 Apr 2017
Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura  ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )
ITOHOZA

Canada : Umunyarwanda Robert Kayinamura ufite abavandimwe muri FDLR yitabye Imana ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 13 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru