• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Ubwanditsi 22 Jun 2018 Mu Mahanga

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ikora ubucuruzi ya Nakumatt, Atul Shah, agiye gukorwaho iperereza ku bujura bw’ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 18 z’amashilingi ya Kenya, byanditswe ko byinjiye mu bubiko ariko ntibicuruzwe.

Umucungamutungo w’agateganyo w’igihombo cya Nakumatt muri Kenya, Peter Kahi, muri iki cyumweru yabwiye Abadepite muri iki gihugu ko arimo gushaka amafaranga yo guha inzobere zo gukora iperereza kuri Shah, bikekwa ko yanyereje ibicuruzwa bya miliyari 18 z’amashilingi ya Kenya.

Yabwiye abadepite bagize Komisiyo y’ubukerarugendo, ubucuruzi n’inganda muri Kenya ko muri Gicurasi 2017 mbere y’uko Nakumatt ihomba, hari ibicuruzwa byanditswe ariko bitigeze bigera mu iguriro ngo bicuruzwe.

Yagize ati “Bisobanuye ko ibitabo byakorewemo amanyanga igihe kinini. Ndimo gushaka amafaranga yo guha ushinzwe iperereza ngo atumenyere aho ayo mafaranga ari. Tubwirwa ko amwe mu mafaranga yaba yarajyanwe hanze y’igihugu.”

Ushinzwe iperereza nibura azishyurwa miliyoni 15 z’amashilingi ya Kenya. Business Daily yanditse ko Kahi yavuze ko nubwo Nakumatt yemeza ko ari abakozi bakoze amanyanya yose, uwari Umuyobozi Mukuru ari we ukwiye kubibazwa.

Iri guriro ryari ryarubatse izina mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, rimaze gufunga imiryango yaryo hafi ya yose ari nako ryishyuzwa imyenda myinshi.

Mu 2016 Nakumatt yafunze imiryango yayo muri Uganda isiga itishyuye aho yakodeshaga n’abayihaga ibicuruzwa, byose bifite agaciro ka miliyari 30 z’amashilingi. Iri guriro kandi ryafunze n’imiryango mu Rwanda ndetse na Kenya.

Muri Kenya Nakumatt, ifite umwenda wa miliyari zirenga 10 z’amashilingi w’abayihaga ibicuruzwa, amabanki ndetse n’abayikodeshaga aho yakoreraga.

Mu Rwanda, muri Mata uyu mwaka Urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge rwashyiriyeho Nakumatt, ubuyobozi bushya bw’agateganyo nyuma y’uko igaragaje ko yagize igihombo ku buryo idafite ubushobozi bwo kwishyura amadeni ibereyemo abantu batandukanye.

Imiterere y’ibitabo by’imari by’umwaka wa 2015, bigaragaza ko Nakumatt Rwanda Ltd, yahombye miliyoni 152.99 z’amafaranga y’u Rwanda, mu 2016 igihombo kikagera kuri miliyoni 554.83 Frw.

Inama y’Ubutegetsi ya Nakumatt yagaragarije urukiko ko ibereyemo imyenda ibigo bibiri birimo Hotpoint Rwanda Ltd ideni rya miliyoni 167.4 z’amanyarwanda na Shoppers Distributors Ltd irimo miliyoni 19.1 Frw.

Kugaragaza ko ibereyemo imyenda ibigo bibiri gusa ariko ntibyashimishije abandi bayigurije amafaranga barimo nka I&M Bank igaragaza ko Nakumatt iyifitiye ideni rya miliyari imwe y’amanyarwanda.

Ibindi bigo Nakumatt ibereyemo amadeni mu Rwanda ni Pearl Enterprise Ltd ifitiwe miliyoni 20 z’amanyarwanda na COOPAC Ltd ibereyemo miliyoni 14.7 Frw. Ayo ni amafaranga y’ibicuruzwa bitigeze byishyurwa.

Mu cyumweru gishize yatumije abo ibereyemo imyenda bose, ngo barebe amafaranga ibarimo ndetse banaganire ku buryo bwakoreshwa mu kubishyura.

 

 

2018-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Uganda: Umunyemari yashatse kwica umugore babyaranye 4 ngo abone uko yigarurira imitungo

Uganda: Umunyemari yashatse kwica umugore babyaranye 4 ngo abone uko yigarurira imitungo

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Nyuma y’Ubwishongozi n’Agashinyaguro ku barokotse Jenoside biturutse mu miryango ya Kabuga, IRMCT yatangaje ko Kabuga Atarekuwe

Ubwanditsi 15 Jun 2024
Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare

Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare

Ubwanditsi 02 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen.  Nzabamwita
Mu Rwanda

Caporal Rucyahintare Cyprien ngo wafatiwe i Burundi ntabaho muri RDF – Brig Gen. Nzabamwita

Ubwanditsi 16 Mar 2016
APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane
IMIKINO

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Nsengiyumva Jotham wari warakatiwe gufungwa burundu yarashwe agerageza gutoroka gereza
INKURU NYAMUKURU

Nsengiyumva Jotham wari warakatiwe gufungwa burundu yarashwe agerageza gutoroka gereza

Ubwanditsi 29 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru