• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Ubwanditsi 22 Jun 2018 Mu Mahanga

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete ikora ubucuruzi ya Nakumatt, Atul Shah, agiye gukorwaho iperereza ku bujura bw’ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 18 z’amashilingi ya Kenya, byanditswe ko byinjiye mu bubiko ariko ntibicuruzwe.

Umucungamutungo w’agateganyo w’igihombo cya Nakumatt muri Kenya, Peter Kahi, muri iki cyumweru yabwiye Abadepite muri iki gihugu ko arimo gushaka amafaranga yo guha inzobere zo gukora iperereza kuri Shah, bikekwa ko yanyereje ibicuruzwa bya miliyari 18 z’amashilingi ya Kenya.

Yabwiye abadepite bagize Komisiyo y’ubukerarugendo, ubucuruzi n’inganda muri Kenya ko muri Gicurasi 2017 mbere y’uko Nakumatt ihomba, hari ibicuruzwa byanditswe ariko bitigeze bigera mu iguriro ngo bicuruzwe.

Yagize ati “Bisobanuye ko ibitabo byakorewemo amanyanga igihe kinini. Ndimo gushaka amafaranga yo guha ushinzwe iperereza ngo atumenyere aho ayo mafaranga ari. Tubwirwa ko amwe mu mafaranga yaba yarajyanwe hanze y’igihugu.”

Ushinzwe iperereza nibura azishyurwa miliyoni 15 z’amashilingi ya Kenya. Business Daily yanditse ko Kahi yavuze ko nubwo Nakumatt yemeza ko ari abakozi bakoze amanyanya yose, uwari Umuyobozi Mukuru ari we ukwiye kubibazwa.

Iri guriro ryari ryarubatse izina mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, rimaze gufunga imiryango yaryo hafi ya yose ari nako ryishyuzwa imyenda myinshi.

Mu 2016 Nakumatt yafunze imiryango yayo muri Uganda isiga itishyuye aho yakodeshaga n’abayihaga ibicuruzwa, byose bifite agaciro ka miliyari 30 z’amashilingi. Iri guriro kandi ryafunze n’imiryango mu Rwanda ndetse na Kenya.

Muri Kenya Nakumatt, ifite umwenda wa miliyari zirenga 10 z’amashilingi w’abayihaga ibicuruzwa, amabanki ndetse n’abayikodeshaga aho yakoreraga.

Mu Rwanda, muri Mata uyu mwaka Urukiko rw’ubucuruzi rwa Nyarugenge rwashyiriyeho Nakumatt, ubuyobozi bushya bw’agateganyo nyuma y’uko igaragaje ko yagize igihombo ku buryo idafite ubushobozi bwo kwishyura amadeni ibereyemo abantu batandukanye.

Imiterere y’ibitabo by’imari by’umwaka wa 2015, bigaragaza ko Nakumatt Rwanda Ltd, yahombye miliyoni 152.99 z’amafaranga y’u Rwanda, mu 2016 igihombo kikagera kuri miliyoni 554.83 Frw.

Inama y’Ubutegetsi ya Nakumatt yagaragarije urukiko ko ibereyemo imyenda ibigo bibiri birimo Hotpoint Rwanda Ltd ideni rya miliyoni 167.4 z’amanyarwanda na Shoppers Distributors Ltd irimo miliyoni 19.1 Frw.

Kugaragaza ko ibereyemo imyenda ibigo bibiri gusa ariko ntibyashimishije abandi bayigurije amafaranga barimo nka I&M Bank igaragaza ko Nakumatt iyifitiye ideni rya miliyari imwe y’amanyarwanda.

Ibindi bigo Nakumatt ibereyemo amadeni mu Rwanda ni Pearl Enterprise Ltd ifitiwe miliyoni 20 z’amanyarwanda na COOPAC Ltd ibereyemo miliyoni 14.7 Frw. Ayo ni amafaranga y’ibicuruzwa bitigeze byishyurwa.

Mu cyumweru gishize yatumije abo ibereyemo imyenda bose, ngo barebe amafaranga ibarimo ndetse banaganire ku buryo bwakoreshwa mu kubishyura.

 

 

2018-06-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Abatuye muri Huye bakanguriwe kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Burundi: ni mpamvu ki leta yatangiye gufunga ONG zihakorera?

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Impamvu  Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Impamvu Oda GASINZIGWA yirukanywe muri Guverinoma

Ubwanditsi 24 Mar 2016
Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface  yagize icyo avuga kuri Casimiry  Kayumba witabye Imana

Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe
Mu Rwanda

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Ubwanditsi 20 Oct 2018
Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League
Amakuru

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Ubwanditsi 03 Nov 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru