• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Editorial 17 Jan 2018 Mu Mahanga

Ndatangariza abantu bose ko nifatanije mu kababaro n’abanyamakuru bose bo mu Rwanda hamwe n’umuryango w’umunyamakuru Casimiry Kayumba witabye imana tariki ya 15/01/2018.

Casimiry namumenyeye i Kigali guhera mumyaka ya za 1995 n’imyaka yakurikiye mu itangazamakuru ry’u Rwanda yakoranaga umurava n’ubuhanga bwinshi.

Yari umugabo ukunda cyane umwuga we w’itangamakuru kandi yari umuhanga cyane ndetse akarangwa no kwakira no kubaha ibitekerezo bya buri wese umugannye agamije kubaka igihugu.
Yakunze kandi gutangaza n’inkuru zanjye mukinyamakuru cye UKURI.

By’umwihariko njye nk’umuntu watowe muri comite y’inyangamugayo bise comite de surveillance abandi bakayita comite des sages ya Press House (Maison de Presse du Rwanda) igishingwa, abandi batowe muri iyo comite akaba ari Madamu Ingabire Marie Immaculee na Bwana Ntaganzwa, ndemezako Casimiry Kayumba yari umuntu udacika intege kucyo yabaga yiyemeje, nkaba nkekako ari nabyo byamuhaye imbaraga zo gukomeza kuba umunyamakuru mubihe bitari byoroshye kugeza ubu. Twibukiranye ko nyuma ya genocide yakorewe Abatutsi, itangazamakuru ry’u Rwanda naryo ryiyubatse rihereye kubusa nk’izindi nzego z’igihugu. Itangazamakuru mubihe bishize ryari rifite ubushobozi buke cyane burifasha kugera kunshingano zaryo. Casimiry Kayumba rero ari mubanyamakuru bubatse itangazamakuru ry’u Rwanda bahereye kubusa.

Ibi kandi nkaba mbishimira abanyamakuru bose bari mumwuga muri icyo gihe hamwe n’abandi bawujemo nyuma. Ibi bikaba bishimangira ko abanyamakuru b’u Rwanda nabo ari abantu bakunda igihugu cyacu cyane kuko atari abantu bakora akazi kabo bakurikiye indonke. Ndetse njye nk’umuhamya wagiye abyibonera iyi myaka yose, buri muturarwanda yaba umuturage cyangwa unutegetsi agomba kubaha no kuzirikana ko mubantu batumye igihugu cyiyubaka kuburyo bwiza kandi bwihuse ndetse kikagira isura nziza mumahanga, abanyamakuru ba Leta n’abigenga nabo babigizemo uruhare rukomeye cyane kuko bagiye bakomeza kwihangana bagakora umurimo wabo neza bifashishije uburyo budahagije babaga bafite.

Ndarangiza nshimira abanyamakuru ko mu bushobozi buke baba bafite bihangana bagatunganya umurimo wabo neza, ariko cyane cyane nkaba mbashimira uburyo baguma ari umuryango umwe bagatabarana haba kuwagize ibyago n’ibindi.

Ikindi mbashimira niboneye ubwo nari mu Rwanda mu kwezi kwa cumi n’abiri 2017, ni uburyo bashoboye gufatanya na leta yacu y’ u Rwanda kwiyubakira inzego zibubahisha kandi zibafasha gutunganya umurimo wabo neza.

Ikindi mbashimira by’umwihariko n’uburyo bakomeje gukomeza umutsi muri ibi bihe bya new technology aho itangazamakuru rigenda rihindura isura buri muntu wese aho ari mu gihugu no ku isi yose agahinduka uvomwaho amakuru cyangwa agahinduka uyatangaza n’uyakwirakwiza byaba ngombwa akayibikaho agamije kuyasangiza abandi batuye isi atagombeye gukenera igitangazamakuru gisanzwe.

Abanyamakuru b’u Rwanda kimwe n’ab’ibindi bihugu ntabwo bari mubihe biboroheye bikaba bitera n’ingaruka nyinshi kubitangazamakuru by’ubwoko bwose n’umwuga wabo muri rusange. Kuba umunyamakuru muri iki gihe cy’ubu ukabishobora nuko uba uri intwari ukaba n’umunyabwenge udasanzwe.

Bwana Casimiry Kayumba rero yakomeje kuba muri izo ntwari z’abanyamakuru zikomeje guhangana n’ibihe zigakomeza umwuga wazo kandi zikawuteza imbere. Buri wese ushyira mu gaciro ahe icyubahiro gikwiye abanyamakuru bose b’abanyarwanda n’abandi, baba abakorera leta cyangwa abakorera itangazamakuru ry’abikorera kugiti cyabo.

Kugiti cyanjye ndetse no mu izina ry’abanyarwanda bazirikana kandi bubaha itangazamakuru, abanyamakuru mwese mukomeje umwuga wanyu neza ndagirango mbabwire nti MURI INTWARI Z’IGIHUGU CYACU CY’U RWANDA, ABANYARWANDA BOSE N’ABATUYE ISI BOSE BAZAHORA BAZIRIKANA UBUTWARI N’UBWITANGE BWANYU KANDI MURI INDORERWAMO N’URUTI RW’UMUGONGO BYA SOSIYETE NYARWANDA IKOMEJE KWIYUBAKA KANDI IGENDA IHINDUKA INTANGARUGERO KUBATUYE ISI BOSE.

Ndetse by’umwihariko w’ibanga ry’akazi, nziko abanyamakuru benshi bigomwa ibyagombye kubatunga no kubatungira imiryango yabo, bakabyifashisha mugutuma bakomeza gukora umwuga wabo neza. Abanyamakuru benshi rero ni Imfura zishinjagira zishira, niyo mpamvu buri wese (kunzego zose) abagomba icyubahiro gikomeye kuko ni intwari zitangira iguhugu na sosiyete nyarwanda muri rusange.

Casimiry Kayumba imana imwakire kandi ikomeze kwihanganisha umuryango we.

Bitangarijwe i Bruxelles tariki ya 16/01/2018

RUTAYISIRE Boniface umwe mubatowe muri comite y’inyangamugayo ya Press House mu mwaka wa 2000 ishingwa.
Tel : +32 466 45 77 04 ( Tel & Watsapp)
Ubu atuye mu Rwanda rwa Diaspora yo mu Bubirigi

2018-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Luxembourg: Ntwari yabonetse yapfuye nyuma y’iminsi icyenda aburiwe irengero

Editorial 17 Jan 2019
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye iperereza ku ruhare rw’Abafaransa 20 muri Jenoside

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangiye iperereza ku ruhare rw’Abafaransa 20 muri Jenoside

Editorial 03 Dec 2016
IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

IMYANZURO Y’UMWIHERERO WA 13 W’ABAYOBOZI

Editorial 17 Mar 2016
Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Ntawanga ingabire Victoire nk’umuntu, icyo Abanyarwanda banga ni imyitwarire ye

Editorial 24 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru