• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Ubwanditsi 17 Aug 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi minsi hadutse umusore witwa Jean Luc Musana, utagira indero wirirwa atuka abayobozi akanibasira n’ishyaka rya FPR Inkotanyi, watunguye benshi batari bamuzi bibaza aho yakuye iyo mico cyangwa abamutumye. Ariko rero abamuzi kuva mu busore bwe ntabwo batunguwe.

Musana Jean Luc akomoka mu karere ka Gasabo mu cyahoze ari  Gikomero dore ko se umubyara yabaye Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Gikomero naho nyina umubyara ni umwarimukazi kugeza uyu munsi. Ntabwo dushatse kuvuga amazina yaba babyeyi kuko ataribo bohereje umwana wabo ahubwo nabo ni ishyano ryabagwiriye. Barumiwe.

Musana yakuze ari umwana ushaka amafaranag ariko atanyurwa kuko na ba nyirasenge cyangwa ba se wabo bamuhaga akazi yarabibaga dore ko yize icungamutungo.

Ubwo yarangizaga Kaminuza, Musana yiyegereje abandi banyeshuri barokotse  Jenoside bashinga umuryango cyangwa itsinda (Famille) muri GAERG nk’abanyamuryango bashya.

Musana yahawe inshingano zo kwakira no gucunga umutungo wa Famille. Muri GAERG buri famille itanga umusanzu ngarukamwaka ubafasha mu bikorwa binyuranye nko guhemba ababyaye dore ko abenshi nta miryango migari baba bafite.

Musana Jean Luc yakiraga amafaranga akayakubita umufuka. Yariye akataribwa. Musana yaje kuganirizwa abwirwa ko agomba kwishyura ayo mafaranga, magingo aya yishyuye igice. Komite ya GAERG ku rwego rw’igihugu yafashe icyemezo cyo kumuganiriza akishyura ayo mafaranga, nibwo yahisemo guhita asezera muri uwo muryango atangira no kwigaragaza mu binyamakuru avuga ko yasezeye muri FPR na GAERG.

Mu gushaka kurya akataribwa, Musana yavuniye mu biti inama z’ababyeyi be ahubwo ashaka kwihuza n’ibigarasha. Magingo aya, Musana Jean Luc ntajya iwabo aho afite se na nyina ariko ahora kwa Ingabire Victoire.

Musana yabonye ko iyo uvuze nabi u Rwanda uri mu gihugu imbere ufashwa n’ibigarasha ukabona amafaranga kandi koko niko byagenze kuko arayabona. Indi mpamvu ikomeye Ingabire Victoire amwiyegereza ni ugukoresha iturufu ry’umuntu warokotse Jenoside, berekana ko bari kumwe.

Ibi Musana Jean Luc arabikoresha cyane dore ko iyo ari mu kiganiro na Ingabire Victoire cyangwa Ntwali John Williams arenga umurongo akaba aribo bamugarura mu magambo ye.

Ese Musana yaba azi amaherezo ya Mahoro wari umuvugizi wa Ingabire Victoire?

Musana yahuye na Ingabire amufata nka nyina kandi agifite nyina w’amaraso. Ntabwo Ingabire Victoire yigeze akunda abarokotse ni ukubifotorezaho. Abasuraga Ingabire bagasangayo uwari umuvugizi we Mahoro Jean nawe warokotse Jenoside, ntabwo bamwiyumvagamo maze mu nama ntibirekure ; ikindi nuko nkuko Mahoro Jean yabitangarije inshuti ze, yahoraga abazwa na Ingabire niba aba muri DALFA koko cyangwa ari intumwa, umusore akabihakana. Nyuma Ingabire Victoire yaje gutangira gushakisha impamvu yasezerera Mahoro Jean, kuko yamucagaho abayoboke be b’abahezanguni nuko atangira kumushinja gusuzugura ngo aramushaka akamubura, kuko aba yagiye kwinywera agasembuye mu tubari.

Na Musana Jean Luc nategereze. 

2022-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026

Ubwanditsi 28 May 2025
Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Ubwanditsi 10 Sep 2019
Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Ubwanditsi 28 Feb 2023
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo
Amakuru

Imikino Olimpiki yasojwe ikipe y’igihugu ya Brazil yegukanye umudali wa zahabu itsinze Esipanye ku mukino wa nyuma mu bagabo

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali
Mu Mahanga

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.
Amakuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Uganda, Sam KUTESA, yahawe inkwenene ubwo yahakanaga ibirego bishinja inzego z’umutekano muri icyo gihugu guhohotera inzirakarengane.

Ubwanditsi 15 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru