• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Ubwanditsi 17 Aug 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Muri iyi minsi hadutse umusore witwa Jean Luc Musana, utagira indero wirirwa atuka abayobozi akanibasira n’ishyaka rya FPR Inkotanyi, watunguye benshi batari bamuzi bibaza aho yakuye iyo mico cyangwa abamutumye. Ariko rero abamuzi kuva mu busore bwe ntabwo batunguwe.

Musana Jean Luc akomoka mu karere ka Gasabo mu cyahoze ari  Gikomero dore ko se umubyara yabaye Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Gikomero naho nyina umubyara ni umwarimukazi kugeza uyu munsi. Ntabwo dushatse kuvuga amazina yaba babyeyi kuko ataribo bohereje umwana wabo ahubwo nabo ni ishyano ryabagwiriye. Barumiwe.

Musana yakuze ari umwana ushaka amafaranag ariko atanyurwa kuko na ba nyirasenge cyangwa ba se wabo bamuhaga akazi yarabibaga dore ko yize icungamutungo.

Ubwo yarangizaga Kaminuza, Musana yiyegereje abandi banyeshuri barokotse  Jenoside bashinga umuryango cyangwa itsinda (Famille) muri GAERG nk’abanyamuryango bashya.

Musana yahawe inshingano zo kwakira no gucunga umutungo wa Famille. Muri GAERG buri famille itanga umusanzu ngarukamwaka ubafasha mu bikorwa binyuranye nko guhemba ababyaye dore ko abenshi nta miryango migari baba bafite.

Musana Jean Luc yakiraga amafaranga akayakubita umufuka. Yariye akataribwa. Musana yaje kuganirizwa abwirwa ko agomba kwishyura ayo mafaranga, magingo aya yishyuye igice. Komite ya GAERG ku rwego rw’igihugu yafashe icyemezo cyo kumuganiriza akishyura ayo mafaranga, nibwo yahisemo guhita asezera muri uwo muryango atangira no kwigaragaza mu binyamakuru avuga ko yasezeye muri FPR na GAERG.

Mu gushaka kurya akataribwa, Musana yavuniye mu biti inama z’ababyeyi be ahubwo ashaka kwihuza n’ibigarasha. Magingo aya, Musana Jean Luc ntajya iwabo aho afite se na nyina ariko ahora kwa Ingabire Victoire.

Musana yabonye ko iyo uvuze nabi u Rwanda uri mu gihugu imbere ufashwa n’ibigarasha ukabona amafaranga kandi koko niko byagenze kuko arayabona. Indi mpamvu ikomeye Ingabire Victoire amwiyegereza ni ugukoresha iturufu ry’umuntu warokotse Jenoside, berekana ko bari kumwe.

Ibi Musana Jean Luc arabikoresha cyane dore ko iyo ari mu kiganiro na Ingabire Victoire cyangwa Ntwali John Williams arenga umurongo akaba aribo bamugarura mu magambo ye.

Ese Musana yaba azi amaherezo ya Mahoro wari umuvugizi wa Ingabire Victoire?

Musana yahuye na Ingabire amufata nka nyina kandi agifite nyina w’amaraso. Ntabwo Ingabire Victoire yigeze akunda abarokotse ni ukubifotorezaho. Abasuraga Ingabire bagasangayo uwari umuvugizi we Mahoro Jean nawe warokotse Jenoside, ntabwo bamwiyumvagamo maze mu nama ntibirekure ; ikindi nuko nkuko Mahoro Jean yabitangarije inshuti ze, yahoraga abazwa na Ingabire niba aba muri DALFA koko cyangwa ari intumwa, umusore akabihakana. Nyuma Ingabire Victoire yaje gutangira gushakisha impamvu yasezerera Mahoro Jean, kuko yamucagaho abayoboke be b’abahezanguni nuko atangira kumushinja gusuzugura ngo aramushaka akamubura, kuko aba yagiye kwinywera agasembuye mu tubari.

Na Musana Jean Luc nategereze. 

2022-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2021
“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025
Nyuma y’imyaka 5, Kiyovu SC yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda iyisanga ku mwanya wa mbere – ibyaranze umunsi wa 27 wa shampiyona

Nyuma y’imyaka 5, Kiyovu SC yatsinze APR FC muri shampiyona y’u Rwanda iyisanga ku mwanya wa mbere – ibyaranze umunsi wa 27 wa shampiyona

Ubwanditsi 16 May 2022
Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Nyuma y’imyaka 7, Musanze FC yatsinze APR FC, Mukura VS yatsinze Gasogi United yuzuza imikino 5 idatsindwa naho Gicumbi yujuje imikino 12 itazi uko gutsinda bisa

Ubwanditsi 17 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
Amakuru

Ndayishimiye ashinjwa kohereza Imbonerakure gufasha FLN mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
Didier Drogba yasezeye mu kibuga
IMIKINO

Didier Drogba yasezeye mu kibuga

Ubwanditsi 22 Nov 2018
RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro
POLITIKI

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

Ubwanditsi 20 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru