• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka

RUSHYASHYA 24 Jun 2026 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya Rayon Sports n’uruganda rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rwa SKOL, byasinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw mu gihe cy’umwaka umwe.

Ni amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 24 Kamena 2026, nyuma y’uko ubufatanye bwari busanzwemo, bwamaze imyaka 12, bwashyizweho akadomo mu ntangiriro z’uku kwezi.

SKOL yabaye umuterankunga wa Rayon Sports kuva mu 2014, iyiha miliyoni 47 Frw ku mwaka mu gihe amasezerano aheruka kurangira yari afite agaciro k’arenga miliyari 1 Frw mu myaka itatu yarangiranye n’umwaka w’imikino wa 2025/26.

Gusa guhera mu mwaka w’imikino utaha, uru ruganda ntiruzongera kuba umuterankunga mukuru aho ruzasimburwa na Banki ya Kigali izajya yambarwa mu gatuza aho rwashyiraga ikirango cyarwo ku myambaro ya Rayon Sports.

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdalllah, yavuze ko impamvu bakomezanyije na SKOL ari uko hari ibyo bashaka kugeranaho.

Ati “Urugendo rurakomeje. Turacyafite byinshi byo gukorana na SKOL. Turayishimira kandi ku myaka 12 twamaranye, twageze kuri byinshi dufatanyije. Ahazaza haratanga icyizere.”

Yongeyeho ati “Ibikubiyemo ni byo bitandukanye. Ariko amasezerano ni ugukomeza. Ni ubufatanye na SKOL by’igihe irekire. Ayo twari dufitanye yari yarangiye, ubu ni ugukomerezaho.”

Aya masezerano mashya azamara umwaka, aho amakipe ya Rayon Sports azakomeza gukoresha ikibuga cyo mu Nzove. Ni mu gihe SKOL izakomeza guha Rayon Sports amafaranga atatatangajwe, ariko bivugwa ko ari miliyoni 85 Frw ku mwaka.

Rayon Sports izakomeza kwamamaza uru ruganda ku myambaro, ku mbuga nkoranyambaga no ku kibuga ku mikino yakiriye.

Murenzi Abdallah yavuze ko agaciro k’amasezerano muri rusange karenga miliyoni 185 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa SKOL, Eric Gilson, na we yavuze ko bishimira ubufatanye bumaze igihe hagati y’uru uruganda na Rayon Sports, yizeza ko bazakomeza gushyigikira iyi kipe.

Ati “Dutewe ishema no gukomeza kugorana na bo. Ndatekereza ko udifte akazi gakomeye imbere yacu. Ni amahirwe akomeye kuri twembi gukorana n’abandi baterankunga dusanze.”

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashimangiye ko aya masezerano y’umwaka umwe azaba umwanya mwiza wo gukosora ibitaragenze neza hagati y’impande zombi mu gihe cyashize.

IGIHE

2026-06-24
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Abapolisi b’Abarundi bari muri Centrafrika batashye

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Kayumba Nyamwasa Yivuyemo nk’inopfu, ahishura ko Abanyarwanda batazi icyo ikiryabarezi cye RNC giharanira.

Ubwanditsi 26 Dec 2021
Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021
Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Ubwanditsi 24 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Shyaka Kanuma, nyir’ikinyamakuru Rwanda Focus yatawe muri yombi

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika
Mu Mahanga

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Ubwanditsi 09 Mar 2016
SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe
INKURU NYAMUKURU

SADC yahururiye gusahura muri Kongo, none ibirindiro byayo muri Mozambique byigaruriwe n’ibyihebe

Ubwanditsi 01 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru