• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), yashimye intambwe ishimishije mu butabera yatewe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yohereje Munyakazi Léopold mu Rwanda, inakangurira ibindi bihugu cyane cyane u Buholandi gukurikiza urwo rugero rwiza.

Itangazo rya CNLG ryo kuri uyu wa 29 Nzeri 2016, yavuze ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zarahaye agaciro inyandiko y’u Rwanda igaragaza birambuye uruhare rwa Munyakazi Léopold muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kuyihakana, zikanemera ubusabe bwo kumwohereza mu Rwanda ari intambwe ikomeye ku butabera ibindi bihugu nabyo byagombye kureberaho.

Rivuga ko iyoherezwa mu Rwanda ry’abakekwaho ibyaha bya jenoside, ryerekana intambwe ikomeye ubutabera bw’u Rwanda bumaze gutera mu kubahiriza uburenganzira bw’ukekwaho icyaha bwo kujya imbere y’ubutabera butabogama, ndetse n’ubundi burenganzira bujyanye no kwiregura.

U Buholandi bwakebuwe

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr. Jean Damascene Bizimana, rivuga ko by’umwihariko iyoherezwa mu Rwanda rya Munyakazi Léopold ari uburyo bwo kwibutsa abayobozi b’u Buholandi ko bagomba gukurikiza uru rugero bakohereza mu Rwanda Mugimba Jean-Baptiste na Iyakaremye Jean Claude, bashinjwa icyaha cya jenoside.

-4201.jpg

Leoport Munyakazi

Muri Nyakanga uyu mwaka nibwo Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Buholandi rwafashe icyemezo cyo kohereza Mugimba na Iyakaremye mu Rwanda ariko ishyirwa mu bikorwa ryacyo n’ubu rikomeje gutinzwa.

CNLG ivuga ko imiryango itandukanye ndetse n’abantu ku giti cyabo, cyane cyane abahakana Jenoside, bakomeje gusaba iburizwamo ry’icyo cyemezo.

Mugimba akekwaho gutegura no kugira uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi benshi mu duce twa Nyamirambo na Nyarugenge, muri za Segiteri za Nyakabanda, Kimisigara, Biryogo ndetse n’ahandi muri Kigali.

Yafashwe tariki 23 Mutarama 2014, hakurikijwe impapuro zo gutabwa muri yombi zatanzwe n’u Rwanda tariki ya 22 Ugushyingo 2012.

Iyakaremye uzwi ku izina rya Nzinga, nawe yafashwe na Polisi y’u Buholandi kuva tariki 9 Nyakanga 2013 kubera impapuro zatanzwe n’u Rwanda. Akurikiranywe n’ubutabera kubera kuba yarayoboye Interahamwe mu iyicwa ry’Abatutsi bari bahungiye mu ishuri ry’imyuga rya Kicukiro (ETO).

CNLG isanga nta rwitwazo ruhari

CNLG ishingira ku butabera butabogama n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’aboherejwe n’ibindi bihugu ngo baburanire mu Rwanda, igasanga nta mpamvu n’abandi batakoherezwa.

Ivuga ko ababa mu bihugu by’amahanga bakunze kubeshya ko bakurikiranywe kubera impamvu za politiki cyangwa se ubwoko bwabo, ayo aba ari amatakirangoyi n’ikinyoma bigamije kuyobya ubutabera kugira ngo ibihugu barimo bireke kubohereza kubazwa uruhare rwabo muri Jenoside.

Iri tangazo rigaruka ku bihugu byanga kohereza abakekwaho ibyaha bya Jenoside, rikavuga ko nta ngingo n’imwe y’ubutabera iba yubahirijwe kuko biba byirengagije ko ubusabe bw’u Rwanda bwubahirije amateko.

-4200.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr. Bizimana Jean Damascène

Rigira riti ‘Gukomeza kwanga kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya jenoside bikorwa n’ibihugu bimwe nk’u Bufaransa, nta ngingo n’imwe igaragara y’ubutabera bishingiyeho. Ibyo ni ugupfobya ku buryo butaziguye Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

Abamaze koherezwa kuburanira mu Rwanda ibyaha bya Jenoside bakekwaho

Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwohereje Munyagishari Bernard, Uwinkindi Jean na Ntaganzwa Ladislas, Canada yohereje Mugesera Léon; Norvège yohereza Bandora Charles naho Danemark yohereza Mbarushimana Emmanuel. Urukiko rw’uburenganzira bwa muntu rw’Ibihugu by’Iburayi rwafashe icyemezo ndakuka gisaba igihugu cya Danemark kohereza Sylvere Ahorugeze mu Rwanda.

2016-09-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gatsibo  : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Gatsibo : Umuyobozi w’Intara y’I Burasirazuba n’uwa Polisi y’u Rwanda batashye ku mugaragaro sitasiyo za Polisi 10

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC

Ubwanditsi 12 May 2025
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda ubwambuzi bushukana no gutanga amakuru y’ababukora

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside
Mu Rwanda

Iya 15 Gicurasi 1994: Papa Yohani Pawulo II yemeje ko mu Rwanda hari Jenoside

Ubwanditsi 15 May 2018
Biragenda gute ko Agathon Rwasa yanga kurindwa n’abapolisi nyuma y’icyemezo cyo kwamburwa abasirikare bamurindaga
INKURU NYAMUKURU

Biragenda gute ko Agathon Rwasa yanga kurindwa n’abapolisi nyuma y’icyemezo cyo kwamburwa abasirikare bamurindaga

Ubwanditsi 05 Jan 2018
Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu
Amakuru

Tshisekedi yateye utwatsi ibyo gutera u Rwanda, yivuguruza mu bibazo bya M23 ndetse agaruka no kuri Luvumbu

Ubwanditsi 23 Feb 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru