• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Kutumvikana na Minisitiri w’Intebe byatumye uwari ushinzwe gahunda ya ‘Brexit’ asezera

Ubwanditsi 09 Jul 2018 HIRYA NO HINO

David Davis wari Minisitiri ushinzwe gukurikirana gahunda yo gukura u Bwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (Brexit), yasezeye ku mirimo avuga ko hari byinshi atari akibasha kumvikanaho na Minisitiri w’Intebe, Theresa May.

Mu ibaruwa isezera yoherereje May ku Cyumweru nimugoroba, Davis yavuze ko byari bitangiye kugaragara ko guverinoma iyobowe na May itazabasha gushyira mu bikorwa ibyo yiyemeje birimo kuva mu ihuriro rya za gasutamo ndetse n’Isoko rusange.

Gusezera kw’iyi nkingi ya mwamba bishobora gutuma kandi hari n’abandi bamukurikira, mu gihe nyamara bageze mu cyiciro gikomeye cy’ibiganiro n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU.

Ibi bibaye kandi mu gihe May akomeje kwitegura kwakira Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, uteganya kugirira uruzinduko muri iki gihugu; ndetse abaturage bakaba bakomeje kumwotsa igitutu nyuma y’uko Umwongereza yishwe n’uburozi bwa Nivichok, bwakoreshejwe mu guhumanya Sergei Skripal wahoze ari intasi y’u Burusiya n’umukobwa we.

Nk’uko CNN dukesha iyi nkuru yabyanditse, gusezera kwa Davis bifitanye isano no kuba u Bwongereza bwifuza gukomeza kugirana umubano na EU mu birebana n’ubucuruzi, by’umwihariko ku birebana na za gasutamo ndetse n’imisoro.

Yakira ugusezera kwa Davis, May yavuze ko ababajwe no kuba agiye mu gihe hari hamaze guterwa intambwe ikomeye mu birebana no kugerwaho kwa Brexit.

Abatavuga rumwe na leta barimo Jeremy Corbyn bagaragaje ko gusezera kwa Davis muri iki gihe gikomeye, bigaragaza ko May nta bushobozi afite bwo kuzashyira mu bikorwa Brexit.

Abinyujije kuri Twitter, Corbyn uyobora ishyaka ry’abakozi yavuze ko kugumaho kwa May bizaba ari ikimenyetso ko icyo ashyize imbere ari inyungu ze bwite, kurusha iz’abaturage b’u Bwongereza.

Mu gihe hari abategereje kureba uwo May asimbuza Davis, hari bamwe batangiye kuvuga ko Boris Johnson ushinzwe ububanyi n’amahanga, nawe washyigikiye cyane Brexit ashobora gukurikiraho.

Muri Kamena 2016 nibwo u Bwongereza bwatoye kamarampaka yo kuva muri EU, bushyira iherezo ku mubano w’imyaka 44. Ingingo ya 50 y’amasezerano ya Lisbon ateganya ko kwikura muri uyu muryango bizashyirwa mu bikorwa muri Werurwe 2019.

Igihe kiriya gihe ntarengwa cyaba kigeze impande zombi zitarumvikana ku birebana n’uko umubano uzaba wifashe, Brexit izashyirwa mu bikorwa ariko u Bwongereza busigare nta bubasha bwo gusubira muri EU, cyangwa kungukira muri za gasutamo zihuriweho ndetse n’isoko rusange, ibintu bifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubucuruzi.

2018-07-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Nyuma y’ aho M23 irekeye ibikorwa bya gisirikare, igiye kwipakurura politiki-Me Elie Mutela

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Umuhango w’irahira rya Macky Sall, Kagame n’abandi baperezida 18 bitabiriye irahira rye

Ubwanditsi 02 Apr 2019
UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Ubwanditsi 11 Dec 2017
Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Perezida Tshisekedi yandikiye Kagame asaba ko RDC yemererwa kwinjira muri EAC

Ubwanditsi 13 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye ko abitabiriye itorero basubizwayo bakigishwa ibya gisirikare

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel
SHOWBIZ

Aline Gahongayire yishumbushije umusore nyuma ya gatanya na Gahima Gabriel

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa
Amakuru

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ubwanditsi 30 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru