• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Ikanzu ya Meghan yaguzwe miliyoni zirenga 230! Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ke…

Ubwanditsi 20 May 2018 HIRYA NO HINO

Meghan Markle, umugeni w’Igikomangoma Harry yambaye ikanzu ihenze mu bukwe bwabo bwahuje imbaga mu birori bidasanzwe byabereye mu Mujyi wa Windsor ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 19 Gicurasi 2018.

Ubukwe bwa Meghan na Harry bazeseraniye muri Chapelle ya St George muri Windsor, bwatashywe n’abantu barenga 120,000 ndetse bukurikirwa bidasanzwe ku mbuga zerekana amashusho na televiziyo nyinshi ku Isi.

Ishusho aba bageni bagombaga kugaragaramo ni kimwe mu byari bitegerejwe na benshi by’umwihariko ikanzu ya Meghan yari imaze igihe ihwihwiswa mu bitangazamakuru n’ibijyanye n’agaciro kayo.

Abantu bayibonye byuzuye ubwo yasohokaga mu rusengero ari kumwe n’umugabo we bavuye guhana isezerano ryo kubana akaramata. Ni ikanzu yakozwe n’Umwongerezakazi Clare Waight Keller ukora mu nzu y’Abafaransa ikomeye mu bijyanye n’imideli yitwa Givenchy.

Yasohoye itangazo agira ati “Ni iby’igiciro cyinshi kuba naragize umwanya wo kumenya mu buryo bw’umwihariko Meghan, ni urwibutso nzahorana. Inzu ya Givenchy nanjye turamwifuriza we n’Igikomangoma Harry ibyifuzo byose by’umunezero ku hazaza habo.”

Lucas Armitage uzobereye mu kwambika ibyamamare ku Isi, yabwiye ikinyamakuru Femail ko ikanzu ya Meghan yakozwe na Waight ibarirwa agaciro gakabakaba ama-Livre sterling 200,000 [arenga miliyoni 230 Frw].

Meghan yari yambaye ikanzu nziza cyane

Yavuze ako gaciro agashingiye ku buryo ikozwemo bwatumye Meghan agaragara ari umugeni uberewe ndetse arondora agaciro k’ibiyigize kuva ku gitambaro cyayo, abadozi bayikozeho, kurema ishusho yayo n’ibindi bitandukanye bituma igeza kuri ako gaciro.

Meghan yari yambaye ikamba rya ‘Diamond Bandeau’ ryambarwaga n’Umwamikazi Mary nk’ikimenyetso cy’umwe mu mihango ikorwa mu Bwami bw’u Bwongereza ku bakazana bawinjiyemo.

Indabo zo mu Rwanda ku gatimba ka Meghan mu bukwe bwe n’Igikomangoma Harry

Agatimba Meghan yari yambaye kareshya na metero 4.5 zirengaho gato, kagiye kariho indabo zo mu bihugu bitandukanye byo hirya no hino biri mu muryango wa Commonwealth ku Isi birimo n’u Rwanda nk’uko byatangajwe na Daily Mail.

Kadozwe hakoreshejwe intoki mu gitambaro cy’umweru kibonerana kandi cyoroshye ndetse karenzwaho indabo zirimo n’urwitwa Torch Lily (Kniphofia uvaria) runazwi nka Tritoma rwo mu Rwanda.

Iki kinyamakuru cyavuze ko Meghan ari we wihitiyemo ko agatimba ke kadodwa muri ubwo buryo kagahuriza hamwe ubwiza bw’indabo zo mu bihugu 53 bya Commonwealth ndetse ngo ibirori byabo byashyizwemo umwihariko wo kuwibandaho cyane ko Igikomangoma Harry aheruka kugirwa n’Umwamikazi Elizabeth II, Ambasaderi w’Urubyiruko rwawo.

Kensington Palace yavuze ko Meghan “yifuje kugaragaza ko yishimiye gushyigikira ibikorwa bya Commonwealth mu guhuriza hamwe ibihugu biwugize mu ishusho y’ikanzu y’ubukwe bwe.”

U Rwanda rwakuwemo ururabo rwa ‘Tritoma’ mu zifashishijwe ku ikanzu ya Meghan, rwaherukaga gutorerwa kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.

Meghan asanzwe afite ishusho nziza ku Rwanda ndetse mbere y’uko yambikwa impeta yari yarusuye. Yaherukaga mu Rwanda mu 2016 akiri Ambasaderi wa World Vision, akigera iwabo yavuze ko yagize “urugendo rw’agatangaza.”

U Rwanda ni kimwe mu bihugu bivugwa ko we n’umugabo we bashobora kuzariramo ukwezi kwa buki nubwo batarabyemeza. Ikinyamakuru Travel + Leisure giherutse gutangaza ko by’umwihariko nibaramuka baharuhukiye, bazajya muri Pariki y’Ibirunga basure n’ingagi nk’inyamaswa Meghan akunda cyane.

Namibia, nayo iri mu bihugu bya Afurika aba bageni bashobora kuzajyamo nibamara gusezerana. Nibemeza urugendo rwabo muri Namibia bazaruhukira muri hoteli zigezweho zubatswe mu kibaya cya Hoanib Valley Camp.

Meghan na Harry bari bafite ibyishimo by’ikirenga

Umwamikazi Elizabeth II n’umugabo we Phillip

Harry na Meghan bahise bagirwa Duke na Duchess b’agace ka Sussex

Ibi birori byahuruje imbaga ku nkike z’imihanda abageni banyuzemo

Meghan na Harry bakoze ubukwe bw’amateka

Harry na Meghan bakoze ubukwe bw’agatangaza, hanze y’urusengero hari imbaga ibarirwa mu bihumbi ijana

Bamaze gusezerana bagiye kwiyereka abaturage

Harry na Meghan ubwo bambikanaga impeta

Meghan na Harry basezeranye kuzabana iteka

Igikomangoma Charles, Camilla wa Cambridge, igikomangoma Andrew n’igikomangoma Beatrice ndetse na Eugenie

Musenyeri wa Canterbury ni we wasezeranyije Meghan na Harry

Meghan Markle n’umubyeyi we Doria bari mu byishimo bidasanzwe

Meghan yishimye cyane ku munsi w’ubukwe bwe

Nyuma y’uko Thomas Markle abuze imbaraga zimujyana mu Bwongereza, umukobwa we yajyanwe mu rusengero n’igikomangoma Charles

Harry na William ubwo bageraga ku rusengero

Elton John araza kuririmbira abageni mu kwiyakira

Abantu bari bakubise buzuye ku mihanda igana ku rusengero

Meghan Markle ubwo yari mu modoka yerekeza ku rusengero

Meghan Markle n’umubyeyi we Doria bari mu byishimo bidasanzwe

Igikomangoma cya York, Sarah Ferguson

Umukinnyi wa filime Tom Hardy n’umugore we

George Clooney n’umugore we

David Beckham n’umugore we batashye ubu bukwe

Meghan na nyina Doria Ragland, ubwo bari bageze kuri liveden House Hotel ku mugoroba wo ku wa Gatanu

Ubwo Meghan yari ageze ku rusengero

Igikomangoma Charles ubwo yari ageze ahabereye ubu bukwe

2018-05-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Dore ibintu 5 umusore n’umukobwa bakwiye kwirinda igihe bagiye guhura bwa mbere

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Turi ba perezida, ntabwo turi abami – Perezida Ian Khama agira inama Robert Mugabe

Ubwanditsi 20 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro
Mu Mahanga

Perezida Trump yavuze ko yiteguye kwicarana na Kim Jong bakagirana ibiganiro

Ubwanditsi 07 Nov 2017
Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze
Mu Rwanda

Gen. Kabarebe yavuze kuri Bikindi waririmbaga ko Inkotanyi bazimaze

Ubwanditsi 14 May 2018
Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’igihugu wiyongereye ku kigero cya 8.4% mu gihembwe cya mbere cya 2019

Ubwanditsi 18 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru