• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Ubwanditsi 16 Aug 2024 Amakuru, Mu Rwanda, POLITIKI

Ubwo tariki 14 Kanama 2024 yakiraga indahiro ya Minisitiri w’Intebe n’abadepite, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yanagarutse ku mikorere mibi y’amwe mu madini n’amatorero mu Rwanda, ndetse yanaviriyemo insengero hafi 6.000 hirya no hino mu Rwanda, gufungwa.

Iri fungwa ryakuruye impaka ndende, ariko zishingiye gusa ku marangamutima, kuko buri rusengero rwafunzwe rweretswe ibyo rutujuje kandi biteganywa n’amategeko, ariko kubera ko ariho benshi bahahira, bavuza induru biratinda.

Hari na bamwe muri abo” bakozi b’Imana” bumvikanye bavuga ko bafungiwe ” Muzehe atabizi”, ko aho azabimenyera azabakomorera!

Abibwiraga ko inzego zabafungiye zaba zaramuciye mu rihumye, Perezida Kagame yababwiye ko rwose azi neza imiterere y’ikibazo, akibaza ahubwo uko zari na mbere yo gufungwa zari zaremerewe gukora, kugeza ubwo zirusha ubwinshi amashuri, amavuriro n’ibindi bikorwaremezo nkenerwa mu buzima bwa buri munsi bw’Igihugu.

Nk’uko umukuru w’Igihugu yabisobanuye, biratangaje kubona mu gihe uRwamda rugezemo, tugifiye amamiliyoni y’abaturage bari mu buyobe bwo gushingira ubuzima ku buhanuzi bw’ikinyoma, aho kubushingira ku murimo no kubyaza umusaruro gahunda z’itetambere Leta igenda ishyiraho.

Perezida Kagame yagaragaje ko bibabaje gufatirana umuturage mu myumvire iri hasi, ukamubuza gukora umwizeza ko azatungwa n’ibitangaza bivuye mu ijuru, kandi ikibabaje kurushaho, warangiza ukamucuza na duke yari afite, umwaka amaturo.

Kuri ubwo bumamyi bukorerwa abaturage, niho Perezida wa Repubulika yasabye abadepite gutora itegeko rishyiraho umusoro ku madini n’amatorero, ati:”Nibura iyo misoro izajya idufasha mu kugoboka abasizwe iheruheru n’ubwo bushukanyi”.

Koko rero iyo usesenguye imikorere y’ayo madini n’amatorero benshi bita “ay’inzaduka”, usanga bikwiye kwitwa “ubwambuzi bushukana”, ababufatiwemo bagahanwa nk’uko biteganywa n’amategeko.

Uretse ubukene, ubwo bushukanyi bunakurura amakimbirane mu miryango, aho usanga umugore, umugabo n’abana bashyamirana kubera ko umwe muri bo yasesaguye umutungo ngo aratura, maze umushumba, ” Apotre” cyangwa “Bishop” akigwizaho imiturirwa n’amamodoka ahenze, “benedata” bicira isazi mu jisho.

Hamwe no guhangana n’ingaruka z’ayo makimbirane, abo bakene nibo bahindukira bakabera Leta umutwaro. Kuki se hari abumva Leta yakomeza kurebera ba nyirabayazana b’ibibazo muri rubanda?

Uretse kugandisha abaturage bababuza gukora ngo imperuka yageze, hari n’aho bashishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi, bababuza gutora no kwiyamamaza, gukora umuganda, kohereza abana ku ishuri, guterwa no gutanga amaraso agenerwa indembe kwa muganga, kuboneza urubyaro, n’izindi gahunda za Leta.

Hari umusomyi wa Rushyashya wagize ati:” Hari urusengero wageragamo ukaba wakwikanga ko ugeze muri mitingi ya Ingabire Victoire cyangwa iya FDLR”.

Aha rero niho Perezida Kagame afitiye impungenge ko abagizi ba nabi bashobora kwinjirira muri iyo mikorere, bagasenya ibyo Igihugu cyagezeho. Yagaragaje ko nyuma y’aho umwanzi ananiriwe guhungabanya umutekano w’uRwanda abinyujije mu nzira y’intambara, aramutse ahawe urwaho yanyura muri ayo madini n’amatorero, akadutobera.

Ikindi kigaragaza ko amwe muri ayo madini n’amatorero ari umuyoboro w’ibitekerezo bisenya, ni uko akimara gufungwa ibigarasha n’abajenosideri bari mu ba mbere bavugije induru, ngo ubuyobozi bw’uRwanda” bwakubaganiye Imana”.

Ese koko Ingabire Victoire, Nahimana Thomas, Musabyimana Gaspard, na bagenzi babo bo muri FDLR, nibo bakwiye gutanga isomo ry’iyobokamana?! Nibatuze, birazwi ko icyabababaje ari ugutakaza umuyoboro bacengerezagamo amatwara y’ubugambanyi.

Aganira n’ umwe mu miyoboro ya YouTube ikorera mu Rwanda, umwe mu barebwa n’icyo kibazo,” Apotre” Yongwe, nawe asanga hari hageze ngo Leta ihagurukire abo yise “abahanuzi b’ibinyoma”, kimwe n’abishushanya muri rubanda, bigira abakozi b’Imana kandi ari amashitani yigendera.

Mu by’ukuri, ntawe utazi akamaro ko gusenga, yewe nta n’ukwiye kwirengagiza akamaro gakomeye k’amwe mu madini n’amatorero mu iterambere ry’ uRwanda. Ariko nta n’ukwiye kwihanganira akajagari mu gihugu nk’uRwanda, giharanira kugendera ku mategeko.

Erega twibuke ko na Yezu ubwe yigeze gufunga insengero zari zarahinduwe inzu z’ubucuruzi!

2024-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

“Igitekerezo cyo gutera uRwanda cyamvuyemo”.- Félix Tshisekedi

Ubwanditsi 24 Feb 2024
Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ubwanditsi 24 Aug 2016
FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

FDLR n’uwayiha Akarere ntacyo yakwimarira, icyo ishoboye ni ugucukura amajeri- Gen Kabarebe

Ubwanditsi 10 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi
Mu Mahanga

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Ibitaravuzwe Kuri Jenerali Tumukunde, Inkomoko Y’urwango Na Kale Kayuhura
ITOHOZA

Ibitaravuzwe Kuri Jenerali Tumukunde, Inkomoko Y’urwango Na Kale Kayuhura

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Didier Drogba agiye kuza i Kigali
Mu Rwanda

Didier Drogba agiye kuza i Kigali

Ubwanditsi 12 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru