• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Ubwanditsi 26 Aug 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), ishyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango w’Abibumbye mu kwamagana amagambo apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatangajwe n’ishyaka CNDD riri ku butegetsi mu Burundi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iyi Komisiyo Dr Bizimana Jean Damascene mu kiganiro yahaye Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru yavuze ko kuba Umuryango w’Abibumbye wafashe intambwe ya mbere yo gutangaza aho uhagaze kuri iri tangazo ry’u Burundi n’ibinyoma bivugwamo, ari ibyo gushima.

Yagize ati “Ejo hashize tariki 25Kanama 2016, Ishami ry’Umuryango w’abibumbye rishinzwe kurwanya Jenoside ryasohoye itangazo ryamagana ibikubiye mu itangazo rya CNDD ndetse iryo tangazo rigaragaza y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi yemewe idashobora kugibwaho impaka, ntawe ushobora kuyihakana.

“ Bakanongera bakibutsa ko Inama y’Umuryango w’abibumbye ishinzwe amahoro ku isi nayo ubwayo yamaze kwemera Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ko ibyemezo bije bivugwa ukundi cyangwa inyandiko, zidashobora kwihanganirwa ko Umuryango w’abibumbye uzamaganye.”

Adama Dieng, Umujyanama wa Loni mu gukumira Jenoside asanga amagambo ateye ubwoba yavugiwe i Bujumbura n’umuyobozi mukuru mu ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD ashobora guteza imvururu mbi cyane.

Mu mvugo ye Perezida w’Inteko Ishinga amategeko Pascal Nyabenda wari na Perezida wa CNDD-FDD yavuze ko Jenoside ivugwa mu Rwanda ari ibihimbano by’imiryango mpuzamahanga byakoreshejwe mu gukuraho leta yariho icyo gihe.

Adama Dieng avuga ko imvugo nk’iyi ishobora gufatwa nko guhakana Jenoside, yongeraho ko ishobora no guteza umwuka mubi mu Burundi no hanze yabwo.

U Burundi bukomeje kurangwamo umwuka mubi, ubwicanyi, iyicwarubozo, gufata abagore n’abakobwa ku ngufu, abantu baburirwa irengero n’imva rusange hirya no hino i Bujumbura hakiyongeraho impunzi amagana zahungiye mu bihugu by’abaturanyi.
Nubwo Nyabenda atakiri Perezida wa CNDD-FDD ariko ni we Perezida w’Inteko.

Adama Dieng kandi yongeyeho ko Loni itewe impungenge n’urubyiruko rwa CNDD-FDD ruzwi ku izina ry’Imbonerakure rukomeje ibikorwa byo guhohotera ikiremwamuntu no kuba bateza isubiranamo ry’amoko, anongeraho ko Minisitiri w’Umutekano mu gihugu w’u Burundi yemeye ko Imbonerakure ziri muri gahunda yo gucunga umutekano.

Dieng yibukije Leta y’u Burundi ko inshingano zayo zibanze ari ugucunga umutekano w’abaturage batitaye ku bwoko cyangwa aho babogamiye muri politiki no kwirinda ikintu cyose cyatuma abantu basubiranamo.

Yasoje avuga ko hakwiye gushaka imvugo zanyomoza ibyavuzwe hagamije gushakishwa ubumwe no kurangiza invururu zimaze igihe.

Ibyo byemezo bya LONI byo kwamagana ibyatangajwe n’u Burundi, Dr Bizimana avuga ko kuri we yumva bihagije.

U Burundi bwasohoye itangazo ryabwo bushingira ku mwanzuro wari wafashwe n’inama y’Umuryango w’abibumbye ishinzwe amahoro ku isi usaba kohereza abapolisi gucunga umutekano.

-3849.jpg

Dr. Bizimana JD

Dr Bizimana akomeza avuga ko aho kugira ngo iryo shyaka rirebe koko umutekano uhari cyangwa niba bakeneye ingabo z’umuryango w’abibumbye bararengera baza guhimba ibinyoma byabo bapfobya banahakana Jenoside n’inyandiko igaragaramo ingengabitekerezo.

Yavuze ko kuba umuryango w’abibumbye wateye intambwe yo kwandika ukitandukanya n’iryo tangazo abona ari intambwe nziza ikwiye gushyigikirwa.

Source : Imvaho nshya

2016-08-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ngo yaba yarabaswe n’indwara y’ikinyoma. Kumubarizaho ukuri ngo ni ukubariza amata ku kimasa!!

Ubwanditsi 18 May 2021
Imodoka ya Polisi igenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga itegerejwe mu karere ka Rusizi

Imodoka ya Polisi igenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga itegerejwe mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Nyuma y’umukino ikipe ya Leicester City yatsinzemo Manchester United, ikipe ya Manchester City yahise itwara igikombe cya shampiyona y’u Bwongereza ibura imikino itatu ngo irangire.

Ubwanditsi 12 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka
POLITIKI

Burundi: Agathon Rwasa araburira Abarundi bazatora ‘Yego’ mu matora ya kamarampaka

Ubwanditsi 10 May 2018
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare
HIRYA NO HINO

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Ubwanditsi 16 May 2019
Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi
Amakuru

Nsabimana Aimable yagize imvune ishobora gutuma atitabira imikino y’Amavubi

Ubwanditsi 29 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru