• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino yo mu mashuri basinye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umupira w’amaguru 

FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino yo mu mashuri basinye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umupira w’amaguru 

Ubwanditsi 11 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa Kane tariki 10/03/2022 kuri Grand Legacy Hotel umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Bwana Mugabo NIZEYIMANA Olivier n’umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’imikino mu mashuri mu Rwanda (FRSS) Padiri Gatete Innocent bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye y’imyaka 5 azibanda ku guhuza imbaraga mu kugera ku ntego zihuriweho n’Amashyirahamwe yombi.

FERWAFA na FRSS biyemeje gukoresha umupira w’amaguru mu kugira uruhare mu burezi n’iterambere ry’abana biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye yose ari mu Gihugu ndetse no kwihutisha kugera ku ntego Nshingiro za FERWAFA z’igihe kirekire nk’uko zikubiye mu mategeko Nshingiro yaryo mu Ngingo ya 2 by’umwihariko: (i) Guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda hose, (ii) Gutuma Abanyarwanda muri rusange n’urubyiruko by’umwihariko bagera ku bwisanzure mu kwidagadura no mu mitekerereze hifashishijwe gukina umupira w’amaguru no (iii) Gutuganya mu rwego rw’Igihugu amarushanwa y’umupira w’amaguru wemewe na FIFA mu buryo bwose ukinwamo hagaragazwa neza amarushanwa agenewe amashyirahamwe anyuranye akina uwo mukino.

Mu kiganiro n’ Itangazamakuru abayobozi bombi bagaragaje ko ubu bufatanye buzafasha amashyirahamwe kugera ku ntego zayo. ” Twifuje gufatanya na FRSS kuko abana dushaka kubakiraho ishingiro ry’iterambere ry’umupira w’amaguru rirambye igihe kinini bakimara ku mashuri kandi tuzi neza ko akamaro ko gutoza abana kuva bakiri bato. 

Ubu bufatanye rero buri mu bice bitandukanye harimo guhugura abana bari ku mashuri bakavamo abakinnyi, abatoza,abasifuzi n’ibindi byiciro bya tekiniki bitandukanye mu mupira w’amaguru b’ejo hazaza. Ikindi ubu bufatanye buzadufasha k’ingenzi ni uguhuza imbaraga mu gutegura amarushanwa y’abakiri bato mu mashuri”– Perezida wa FERWAFA, NIZEYIMANA MUGABO Olivier.

Ku ruhande rw’ umuyobozi wa FRSS yishimiye gukorana na FERWAFA mu guteza imbere umupira w’amaguru mu mashuri: “Ubusanzwe tugira imikino igera kuri 13 ariko FERWAFA ibaye ishyirahamwe rya kabirii tugiranye ubufatanye, turizera rero ko niduhuza imbaraga nta kabuza ko bizagirira akamaro umupira w’amaguru n’amakipe y’igihugu na cyane ko igihe kinini abana bakimara ku mashuri kandi nibo soko y’iterambere ry’umupira w’amaguru mu gihe kirambye.”

Amashyirahamwe yombi azibanda mu gutegurana ibikorwa bikubiye mu bice 3 aribyo: Amahugurwa, gutegura amarushanwa no guteza impano imbere z’abakiri bato mu mashuri.

Gutegura ibikorwa n’ishyirwa mu bikorwa ry’aya masezerano bizayoborwa na Komisiyo ihuriweho igizwe na:

Komiseri ushinzwe tekinike n’iterambere muri FERWAFA

Abanyamabanga Bakuru b’amashyirahamwe yombi

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa FRSS

Abayobozi ba tekinike b’Amashyirahamwe yombi (National Technical Directors)

Uyu muhango wo gusinya amasezerano wari witabiriwe n’inzego z’abafatanyabikorwa zitandukanye harimo Minisiteri y’Uburezi, Minisiteri ya Siporo, uhagarariye ibiro bya FIFA mu Karere, Komite Olempike, abagize Komite Nyobozi ya FERWAFA n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru.

2022-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uzayobora FIFA  aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016
FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023
Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza
SHOWBIZ

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza

Ubwanditsi 26 Nov 2017
U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth
UBUKUNGU

U Bwongereza : Perezida Kagame yahuye n’Igikomangoma Harry mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero
ITOHOZA

Uganda : Gen Sultani Makenga wayoboraga M23 yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru