• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 May 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Guhera ku munsi w’ejo Perezida Kagame ari mu gihugu cy’Ubufaransa aho yitabiriye inama zitandukanye harimo iyiga ku bibazo bya Sudan ndetse n’indi yiga uburyo ubukungu bw’Afurika bwashyigikirwa.

Usibye Perezida w’Ubufaransa bazagirana ibiganiro Perezida Kagame azabonana n’abandi bayobozi bakuru, ubwo twandika iyi nkuru akaba amaze kubonana na Perezida wa Etiyopiya Sahle-Work Zewde ndetse n’Umukuru w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (FMI) ariwe Kristalina Georgieva.

Uruzinduko rwa Perezida Kagame rubaye nyuma yuko hagaragaye impinduka mu mibanire y’ibihugu byombi Ubufaransa n’u Rwanda aho bishishikajwe no kuzahura umubano nyuma yuko uzahaye bitewe n’amateka yabaye mu Rwanda. Ubu bushake bukaba bugaragazwa na Perezida Emmanuel Macron utandukanye na bagenzi be bamubanjjirije batashakaga kwemera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Macron yashyizeho Komisiyo yitirwe Duclert yiga kuri Politiki y’Ubufaransa mu Rwanda hagati ya 1990-1994. Nyuma y’iminsi mike bamuhaye Raporo igaragaza ko habaye amakosa akomeye yakozwe na Leta ye ubwo bafashaga Leta yakoze Jenoside kandi ntibayihagarike barabibonaga.

Mu gihe yashyirwaga hanze tariki ya 26 Werurwe 2021, Leta y’u Rwanda yayakiriye neza, itangaza ko hari indi raporo izasohoka vuba yakozwe n’abanyamategeko b’Abanyamerika ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Iyo Raporo yitiriwe umwe mu banyamategeko yitwa “Raporo Muse”. Yaje kandi yuzuzanya na Raporo Duclert.

Mu gihe Perezida Kagame ari mu gihugu cy’Ubufaransa, igihugu kizwi kuba indiri y’abajenosideri, no kuba igihugu cy’Ubufaransa cyaremeye uruhare rwacyo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ntabwo ari ibihe byiza kubicanyi barimbuye Abatutsi mu Rwanda kuko babona ko bagiye gukurikiranwa, dore ko na Ruharwa Kabuga aherutse gufatirwa muri icyo gihugu.

Usibye abajenosideri badagadwa, ibigarasha byahariye ubuzima bwabo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi babyita politiki, nabo barahungabanye dore ko bari bamaze igihe bakwirakwiza ibihuha ku buzima bw’umukuru w’igihugu, cyane ko bamaze imyaka isaga 30 aribyo babamo kuva akiri umukuru w’ingabo za FPR mu rugamba rwo kubohoza igihugu.

Amakuru yo gutsura umubano warabashegeshe cyane maze bakirirwa bakwirakwiza ibihuha kuri murandasi dore ko bose bigize abanyamakuru, abasesenguzi ndetse ngo banaharanira uburenganzira bwa muntu kandi mu byukuri ari abantu basabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside bakuye ku babyeyi babo. Muri abo twavuga nk’umu CDR mukuru witwa Innocent Biruka, (umunyamabanga wa CNRD-FLN, Ex FAR Faustin Ntirikina ubarizwa muri RUD Urunana, Interahamwe ruharwa yakatiwe burundu n’inkiko Gacaca ariwe Dr. Eugene Rwamucyo,

Mubandi harimo Pierre Celestin Rwalinda, interahamwe yababajwe nuko abahutu b’intagondwa bavuye ku butegetsi dore ko we yari mu mashuri mu gihe cya Jenoside, Theophile Mpozembizi mwene Jean Pierre Mpozembizi wari Umukuru wa CDR ishyaka ry’abahutu b’intagondwa muri CIMERWA, interahamwe ruharwa Ndereyehe Charles we tukaba twaramugarutseho kenshi ndetse n’urubyiruko rukomoka ku bicanyi rubarizwa muri Jambo asbl.

Ntitwakwibagirwa kandi Justin Bahunga, Joseph Bukeye, Gaspard Musabyimana Joseph Matata n’abandi.

Aba bose n’abandi tutavuze, umugambi wabo ni uguhindura amateka bagamije gusibanganya uruhare rwabo ndetse nurw’ababyeyi babomuri Jenoside yakorewe Abatutsi bagamije kwigira abere ahubwo abishwe akaba aribo baba abanyabyaha. Biragoye cyane gusibanganya amateka cyane cyane amateka ya Jenoside. Bizabagora.

Tubibutse ko Perezida Macron nawe mu minsi ya vuba azagirira uruzinduko I Kigali.

2021-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yasabye abakinnyi bayo gutanga intsinzi ku rwego mpuzamahanga kuko ikipe iba yabahaye byose

Ubwanditsi 09 Aug 2021
Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Abanyamwuga mu itangazamakuru bakomeje kwamagana ibinyoma umunyamakuru w’ Umuholandi Sander Rietveld yatangaje ku Rwanda

Ubwanditsi 18 May 2022
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha
Mu Rwanda

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside
Mu Rwanda

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017
Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye
POLITIKI

Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye

Ubwanditsi 29 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru