• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

  • Umushoramari akaba n’umuyobozi wa FERWAFA, Shema Fabrice, Urukiko rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo   |   02 Sep 2026

  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Ubwanditsi 21 Sep 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, imbere y’inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye ku nshuro ya 77 yarunze ibibazo bye ku Rwanda aho yavuzeko rwamuteye rwihishe inyuma ya M23. Ibi ntawe byatangaje kuko byari byitezwe urebye ibibazo Perezida wa Kongo ari guhura nabyo mu gihe manda ye iri kurangira.

Kuva Tshisekedi yagera ku butegetsi, nta mutwe numwe witwaje intwaro yigeze atsinda habe na ADF nubwo yahawe umusada na Uganda. Icyo gihe kandi ajya ku butegetsi ntabwo M23 yari yakubuye intwaro. Ahubwo ikivugwa ni uko Tshisekedi yagiranye amasezerano y’ibanga na M23 ko izamufasha gukora Brigade Speciale igizwe na Batayo ebyiri za M23, Batayo ebyiri z’abasirikari ba Jean Pierre Bemba na batayo ya FARDC ikaba ifite ubutumwa budasanzwe bwo kwigizayo imitwe yitwaje intwaro.

M23 yavuye muri Uganda icumbika muri Kongo ku mupaka itegereje ko amasezerano yubahirizwa, aho kubahirizwa ingabo za Kongo zagabye igitero kuri M23 nuko indege zabo zirahanurwa. Tshisekedi yigaranzura M23 kubera kumvira politiki y’imbere mu gihugu.

Tshisekedi ahora yikanga Coup D’Etat dore ko no ku munsi w’ejo Lt Gen Philemon Yav yatawe muri yombi ashinjwa Coup d’Etat ni nyuma ya Francois Beya wabaye umukuru w’inzego z ‘ubutasi. Tshisekedi agomba gushaka uwo yegekaho ibibazo bye kandi agaragaze ko igihugu cye kiri mu ntambara bityo amatora ayasubike.

Tugarutse ku matora, kuva mu mwaka wa 2005, amatora yashobotse kubera MONUSCO kuko niyo yatwara ibikoresho mu gihugu cyose, ariko ubu urabona ko bashaka kwirukana MONUSCO bivuga ko badashaka amatora.

Tshisekedi rero kwifata mu ijambo ry’iminota 39 akavuga u Rwanda iminota hafi 20, bigaragara ko hari icyo muri we ari guhunga. Mu bindi Tshisekedi yise FDLR abatavuga rumwe na Leta yirengagije ko ari umutwe ugizwe nabasize bahekuye u Rwanda kandi yongeraho ko itakibaho. Uku kuvugira uyu mutwe ni uko Raporo y’Itsinda ry’Impuguke za LONI zatangaje ko FDLR ifasha FARDC kurwanya umutwe wa M23.

Mu bindi bibazo Tshisekedi ari guhunga yasize muri Kongo harimo amarozi kurwego rwo hejuru rwa gisirikari aho Col Augustin Kahombo Rambo wari muri Batayo ya 34 yatawe muri yombi ashinjwa kuroga Brig Gen Ghslain Tshinkobo wapfuye tariki 16 Kanama 2022.

Ibi nibyiyongera ku bindi bibazo bya politiki aho usanga abanyekongo bafite uwo bumva nka Perezida kurusha Tshisekedi akaba abona atazatsinda amatora, bityo kwegeka ibibazo bya Kongo ku Rwanda byatuma amara kabiri noneho agasunika amatora atizeye gutsinda.

2022-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Ubwanditsi 18 Oct 2018
Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Faustin Twagiramungu”Rukokoma” yatamaje Jean-Marie Vianney Ndagijimana ubu wiyita “impirimbanyi ya Demokarasi’, amushinja ubujura.

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Lieutenant Seyoboka ukekwaho Jenoside yagejejwe i Kigali

Ubwanditsi 18 Nov 2016
Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Ubwanditsi 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa yahaye ibendera ndetse n’amagare mashya abakinnyi bazahagarira u Rwanda muri Tour du Rwanda, abasaba kwitwara neza

Ubwanditsi 18 Feb 2022
Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize
POLITIKI

Harvard Institute : Perezida Kagame yagaragaje isura nshya y’u Rwanda mu myaka 15 ishize

Ubwanditsi 02 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru