• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Rayon yakiriwe neza nubwo yagize urugendo rubi

Ubwanditsi 26 Sep 2018 IMIKINO

Hafi saa yine z’ijoro ryakeye nibwo Rayon Sports yageze ku kibuga k’indege mpuzamahanga cya Kigali ivuye muri Nigeria aho yasezerewe mu mikino y’amakipe ya mbere iwayo muri Africa igeze muri 1/4. Yakiriwe n’abafana batari bacye kugeza mu mugi wa Kigali aho yagiye kwiyakirira.

Abafana bari baje kwakira Rayon

Abafana bari baje kwakira Rayon

Hari abafana baje bitwaje indabo, abandi imbuto byo gushimira abakinnyi aho bagejeje iyi kipe bwa mbere mu mateka.

Kapiteni w’ikipe Manzi Thierry yavuze  ko bagize urugendo rubi. Ati “Niko nabivuga, ariko ibyo twari dushoboye ni biriya namwe mwarabibonye kandi ntabwo twitana ba mwana ko hari uwatumye Rayon itsindwa, hatsinzwe ikipe yose.”

Manzi yongeyeho ko Rayon yakoze ibyo yari ishoboye ibyo itashoboye bitari ku rwego rwayo, yemeza ko umukino udasa n’undi bityo ngo nta ukwiye kugendera ku mukino w’i Kigali ngo awugereranye n’uwo muri Nigeria kuko hari abemezaga ko i Kigali babonye Enyimba yoroshye.

Manzi ati “Icyo abwira abaRayon ni uko nta byago twahuye na byo, sibwo bwa mbere dutsinzwe si n’ubwa nyuma, mu mupira habaho gutsinda, gutsindwa no kunganya.”

Manzi avuga ko bageze hariya bakinnye imikino myinshi mpuzamahanga kandi baratsinze bityo nta mufana wa Rayon ukwiye gucika intege ahubwo bakwiye kuyikomeza bakayishyigikira.

Paul Muvunyi Perezida wa Rayon Sports wari uyoboye ‘delegation’ yavuze ko mu byatsinze Rayon harimo no gufatwa nabi.

Ngo babahaye imodoka ibatwa igeze mu nzira irapfa ipfira haantu habi mw’ishyamba abakinnyi bavamo bafasha abakanika.

Ati “nk’ibyo hari icyo byabahungabanyijeho kandi gikomeye.”

Paul Muvunyi yavuze ko yakuze kera akunda Rayon azi ko mukeba wayo ari Pantheres, Kiyovu na APR nyuma. Ati “Ariko bariya nimubihorere, ubu mukeba ni Enyimba yadukoze mu mutwe mu buryo budutunguye.”

Perezida wa Rayon Paul Muvunyi avuga ko APR na Kiyovu zitakiri ba mukeba

Perezida wa Rayon Paul Muvunyi avuga ko APR na Kiyovu zitakiri ba mukeba

Muvunyi avuga ko Rayon bayakiriye nabi mu buryo bunyuranye harimo n’amafunguro babahaye, ngo mu kwitegura ikipe bagiye gukina bashyiramo no kuyakira nabi ngo bayice mu mutwe.

Muvunyi avuga ko ubu nta mutoza wa Rayon bazongera kujya basaba gutwara shampionat yo mu Rwanda cyangwa igikombe cy’amahoro, ahubwo ngo ni ukumusaba kubageza muri 1/2 cy’aya marushanwa nyafurika.

Paul Muvunyi avuga ko ubu Rayon igiye kubaka bushya, igasezerera abakinnyi itagikeneye, kandi igiye kujya izana abakinnyi babishoboye ba kure hashoboka baze bafite itandukaniro.

Rayon Sports ivuye aha ku kibuga cy’indege yamanutse ishagawe n’abamotari benshi yerekeza kwakirirwa mu mugi kwa Visi Perezida wayo Muhirwa Freddy ahabaye naho ibindi bindi biri mu nkuru turi gutegura….

Abafana ikipe ije bahise bahaguruka batonda imirongo ibiri ngo bayihe icyubahiro

Abafana ikipe ije bahise bahaguruka batonda imirongo ibiri ngo bayihe icyubahiro

Mbabazizimana Consolatrice wagiye ahagariye abafana yagarukanye n'ikipe nawe

Mbabazizimana Consolatrice wagiye ahagariye abafana yagarukanye n’ikipe nawe

Umutoza Robertinho asohoka mu kibuga, yashimiwe ko ntako atagize ugereranyije n'ikipe yasanze

Umutoza Robertinho asohoka mu kibuga, yashimiwe ko ntako atagize ugereranyije n’ikipe yasanze

 Muhire na Manishimwe basohoka mu kibuga k'indege

Muhire na Manishimwe basohoka mu kibuga k’indege

Ba myugariro Rwatubyaye na Rutanga

Ba myugariro Rwatubyaye na Rutanga

Mutsinzi na Irambona basohotse banyuzamo bakaganira bagaseka

Mutsinzi na Irambona basohotse banyuzamo bakaganira bagaseka

Bimenyimana watsinze igitego kimwe yasohotse ahita afata moto ukwe arigendera

Bimenyimana watsinze igitego kimwe yasohotse ahita afata moto ukwe arigendera

Photos :Umuseke

2018-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Amafoto – Minisitiri wa Siporo na Komite Nyobozi ya FERWAFA basuye ibikorwa by’inyubako n’ibibuga biri kubakwa

Ubwanditsi 28 Oct 2025
Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ikipe ya Benediction Ignite yatangaje amazina y’abakinnyi izakoresha muri Tour du Rwanda ya 2021 ibura iminsi mike ngo itangire.

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Kiyovu SC yerekanye Niyonkuru Vladmir nk’umutoza mushya w’abanyezamu ndetse iha ikaze Ndayishimiye Thierry wakinaga muri Marines FC

Kiyovu SC yerekanye Niyonkuru Vladmir nk’umutoza mushya w’abanyezamu ndetse iha ikaze Ndayishimiye Thierry wakinaga muri Marines FC

Ubwanditsi 14 Sep 2021
Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal

RUSHYASHYA 18 Jun 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka
Mu Mahanga

Mu Rwanda : Ibiciro bya Essence na Mazutu byongeye kuzamuka

Ubwanditsi 04 Jan 2017
Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala
INKURU NYAMUKURU

Uko umunyarwanda Gakwerere Moses, yisanze mu kigo cya gisirikare ahitwa Kireka muri Kampala

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero
Mu Rwanda

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Ubwanditsi 24 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru