• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Editorial 21 Dec 2018 ITOHOZA

Umunyamakuru Phocas Ndayizera, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge nirwo rwabereyemo isomwa ry’urubanza ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, uyu mugabo ngo akurikiranyweho ibyaha birimo iterabwoba.

Ndayizera Phocas yaburanye ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ku wa mbere w’iki cyumweru mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge.

Kuri uyu wa gatanu, bitunguranye batiye icyumba cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge i Nyamirambo, niho habereye isomwa ry’urubanza,  Umucamanza akaba yatangarije Itangazamakuru ko ari ku mpamvu z’umutekano.

We na bagenzi be 12, bakurikiranyweho ibyaha bibiri: Kugira nabi ubutegetsi buriho cyangwa Perezida wa Repubulika, no Kugambana no gushishikariza gukora ibikorwa by’Iterabwoba.

Mu isomwa ry’urubanza bavuze ko Ndayizera Phacas yagiranaga ibiganiro na Ntamuhanga Cassien watorotse Gereza ya Nyanza agahungira muri Mozambique, akifatanya n’umutwe urwanya Leta, wa RNC.

Ntamuhanga Cassien ngo yavuganaga na Ndayizera Phocas inshuro nibura eshatu mu cyumweru, kuri telefoni yahinduye izina akiyita Kazire.

Ngo Ndayizera ngo yahawe inshingano zo gutera ibisasu ahantu hatandukanye mu gihugu, akaba ngo yarafatanywe ibisasu bibiri.

Umunyamakuru Phocas Ndayizera n’abandi bantu bashinjwa ko bari mu mugambi umwe wo guturitsa ibisasu ku Rwanda

Umucamanza yagiye asoma umwe ku wundi akavuga n’impamvu zikomeye zatumye Umushishinjacyaha avuga ko bagomba gukomeza gukurikiranwa bafungiye muri Gereza bahereye ku munyamakuru Ndayizera Phocas wakoraga inkuru zigatambuka rimwe na rimwe kuri BBC/Ikinyarwanda.

Buri wese yari afite irindi zina yiyitaga kuri Telefoni ry’irihimbano, ngo ibikorwa byose bakoraga bari barabyise andi mazina.

Umucamanza ati “Nkiyo bashakaga gukora inama babyitaga ‘Mace’.”

Yavuze amazina yose bitwa adasanzwe, ari ayita ay’Akazi.

Ngo Ndayizera kuva yafatwa mu bugenzacyaha, mu ibazwa ntiyigeze agora inzego zose zamubajije, ngo yahise yemera icyaha asaba imbabazi.

Uyu Ndayizera kandi ngo yanditse inyandiko asaba imbabazi, avuga ko yashutswe.

Abaregwa bose bemera ibyaha bakekwaho kandi banabisabiye imbabazi bakavuga ko bashutswe nk’uko byatangajwe n’Umucamanza.

Urukikorusanga kuba abaregwa bose bemera icyaha bakekwaho, kubafunga by’agateganyobyemewe mu ngingo ya 95 na 96 ndetse na 97, bityo yanzuye ko bakomeza kuburana bafunzwe.

Ibyo ni ibiturika R.I.B yagaragaje ko byafatanywe Phocas ariko we avuga ko atabizi
Ibyo ni ibiturika R.I.B yagaragaje ko byafatanywe Phocas ariko we avuga ko atabizi
2018-12-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Editorial 14 Apr 2019
Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Bruxelles : Imyiteguro ya Rwanda Day irarimbanije [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Jun 2017
Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Editorial 26 May 2023
Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018

11 Ibitekerezo

  1. nkotanyi
    December 22, 20185:46 am -

    Ariko aba banyamakuru bacu koko mwagiye muba abanyamwuga koko??!murandika ngo uregwa yemera ibyo are wa byose ngo ndetse yanditse asaba imbabazi warangiza uti ibiturikanwa yafatanywe ntabwo abyemera ngo ntabwo abizi????????!!! ibyo se ni ibiki???!

    Subiza
  2. Inkotanyi cyane
    December 23, 20184:38 am -

    @nkotanyi, niko sha ibyo utumva nibihe?

    Kera hali akararirimbo twaririmbaga,
    Jicho la chama , chama chetu ca RPF hauna pa kujificha….
    Hatukupiga magoti kushika Kigali, tulipambana, nabaga muli Charlie igihe twirukankanaga abiyitaga inzira bwoba. 17.07. 1994, bose bagiye kabuno mpa amaguru, mubacengezi nali muli 101, barayisenya mbivamo, sasa rero bashaka ko ngaruka bazambona. Nzahamagara abo twabanaga mu gakundi muliro. Amahe buriya yabyumvise.

    Subiza
    • Sunday
      December 23, 20184:28 pm -

      Ariko banyarwanda ndetse namwe nshuti zurwanda, Mwambwira ko kagame yabohoje abanyarwanda cyangwa yarababoshe? Igihugu aho abaturage batinya reta mumwanya wo reta yatinye abaturage ubwo twarabohojwe? Igihugu abaturage badashobora guchuruza bisanzuye ubwo twarabohojwe? Igihugu aho umuntu avuze ukuri akichwa nabandi bagatinya kuvuga ubwo twarabohojwe? Umuperezida uvangura ingabo zimwe nyine zimurinda dore ko aziha nakayabo kurusha izindi uwo yaratubohoye? Igihugu kitagira uburenganzira bwikiremwa muntu ubwo twarabohojwe cyangwa twaraboshwe? Nimba mugira ngo murwanda harimo freedom of speech rero tubiganireho. Mwakoze kandi Noheri nziza.

      Subiza
  3. Inkotanyi cyane
    December 24, 20188:11 am -

    Niko sunday we, mu Rwanda hatabaye freedom of speech rushyashya ntiyarikureka comment yawe ngwisomwe.
    Uzanenge mubinyamamakuru bya burundi wirebere. Bagihitishijeho cyarara gifunzwe.

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20186:48 pm -

      Icyatumye nshirayo icyogitekerezo, abanyarwanda benshi bafite agahinda kenshi bavuga ko biterwa nubutegetsi bubi. Mbese amaherezo azaba ayahe?

      Subiza
  4. Sacyega
    December 24, 20186:25 pm -

    Njye nsigaye numva ibyaha abantu bashinjwa ari bimwe, kugambanira Igihugu, ikibazo kiri mu Rwanda hari abantu bumvako bakunda igihugu kurusha abandi, bakiharira ibyacyo bagafunga uwo bashaka, umwanzuro mureke abantu bagire uburenganzira bungana kugihugu cyabo.

    Subiza
    • Sunday
      December 24, 20186:55 pm -

      Ese iki kimenyesha ko murwanda dufite abanyarwanda nabagaragu Nurwanda? Mwakoze

      Subiza
      • Sunday
        December 25, 20186:47 pm -

        Kugirango abanyarwanda bakire reta yigitugu bagomba gukora icyo twita civil disobedience (kwangira hamwe icyo reta ibabwira gikora cyanecyane guhinga ibyobabategetse cyangwa ibicyiro mumasoko). Merry Christmas

        Subiza
        • Nziza
          December 27, 20188:26 am -

          Ubwo rerongo nawe utanze igitekerezo! Kubera iki atari wowe uje ukava aho ngaho wibereyemu mahanga ukaza gukora iyo myigaragambyo uvuga? Erega mwigaramiye iyo ngiyo ngo muzashuka abanyarwanda bisenyere ibyo bamaze kugeraho hanyuma muze mubtegeka! Humura umunyarwanda w’iki gihe amaze guca akenge muzakomeza muvuge ariko ntacyo muzageraho.

          Subiza
  5. Manzi
    December 27, 20183:54 am -

    Wowe wiyita sunday uravuga ngo abanyarwanda bagomba kwanga gukora ibyo leta ibabwira hanyuma se urashaka bunvire wowe kuko uriki?
    Abo mwashutse mwarabashutse ubu umunyarwanda yarahumutse

    Subiza
    • Sunday
      December 27, 20187:01 pm -

      Hahahaha. Ubwo bemere bicwe ninzara, bicwe nagafuni mubakubitira murigereza? Igihe niki Banyarwanda muhaguruke twange amategeko yumwicyanyi nagatsiko ke

      Subiza

Leave a Reply to Inkotanyi cyane Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Zion Temple “Afrika haguruka “:  Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda
Mu Mahanga

Zion Temple “Afrika haguruka “: Mugikorwa cy’Ubuhanuzi, Ubutaka bwa Isiraheli bwahujwe n’ubw’u Rwanda

Editorial 28 Jul 2016
Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Editorial 13 Sep 2019
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare
HIRYA NO HINO

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Editorial 16 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru