• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Ubwanditsi 22 Aug 2018 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, ategerejwe mu gihugu cya Arménie kuri uyu wa Gatatu, mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije gushaka amaboko yo kumushyigikira mu matora ku Bunyamabanga bukuru bw’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF.

Biteganyijwe ko mu nama rusange y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bigize OIF izabera i Erevan muri Arménie ku wa 11-12 Ukwakira 2018, hazaba amatora y’Umunyamabanga Mukuru mushya, aho Mushikiwabo ahanganye n’Umunya-Canada, Michaëlle Jean usanzwe muri uyu mwanya.

Nk’uko yabitangaje binyuze kuri Twitter, Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Arménie yagize iti «Ku wa 22 na 24 Kanama, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, @LMushikiwabo (Louise Mushikiwabo), azasura Arménie. Mu ruzinduko rwe, hateganyijwe ibiganiro hagati ye na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Arménie, @ZMnatsakanyan (Zohrab Mnatsakanyan). »

Kuri uyu mugabane wa Asia, Minisitiri Mushikiwabo aheruka mu ruzinduko muri Cambodge aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we Prak Sokhonn, ku wa 9 Kanama.

Cambodge ni igihugu gifite amateka akomeye muri OIF, kuko Norodom Sihanouk wakibereye umwami, Habib Bourguiba wabaye Perezida wa Tunisia, Léopold Sédar Senghor wayoboye Sénégal na Hamani Diori wayoboye Niger, bafatwa nk’abasekuruza ba Francophonie.

Michaëlle Jean na we ntiyicaye kuko yakomeje kugenda na we ahura n’abayobozi bakomeye barimo nka Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno, mu ruzinduko yagiriyeyo ku wa 31 Nyakanga -1 Kanama 2018.

Ymugaragarije ko ‘yifuza gukomeza umurimo we, ibikorwa na gahunda n’amasezerano’ yatanze nk’umuyobozi wa OIF guhera muri Mutarama 2015.

Aheruka no kugirana ibiganiro kuri telefoni na Minisitiri w’Intebe wa Arménie, Nikol Pachinian, ku myiteguro y’inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma izahabera, no ku ruzinduko ateganya muri icyo gihugu kuva ku wa 10 -13 Ukwakira 2018.

OIF igizwe na leta na za guverinoma zigera kuri 58 nk’abanyamuryango, hakiyongeraho ibihugu 26 bifatwa nk’indorerezi.

2018-08-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Ubwanditsi 26 Mar 2016
“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

“Abashimuswe” Ingabire Victoire ahora abwira BBC-Gahuzamiryango abatandukanya ate n’abo yohereza mu mitwe y’iterabwoba?

Ubwanditsi 31 Aug 2022
Guverinoma ya Australia yahaye nyirantarengwa,  abakinnyi barimo Abanyarwanda bahatorokeye

Guverinoma ya Australia yahaye nyirantarengwa, abakinnyi barimo Abanyarwanda bahatorokeye

Ubwanditsi 15 May 2018
U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Ubwanditsi 30 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda
Amakuru

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu
Amakuru

Gutsinda urugamba rwo kwibohora bisaba kwima amatwi ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 26 Oct 2024
Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi
IMIKINO

Brazil yabaye indi kipe isezerewe mu gikombe cy’Isi

Ubwanditsi 07 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru