• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Muri Uganda haratutumba imvururu kubera Perezida Yoweri K. Museveni ushaka guhindura itegekonshinga

Ubwanditsi 20 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibimenyetso simusiga birerekana ko mu mwaka wa 2026 Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni azongera kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu, ikazaba ibaye manda ya 7. Icyo gihe Museveni azaba yujuje imyaka 82 y’amavuko.

Nyamara mu matora aheruka, abaturage bamugaragarije ko barambiwe ubutegetsi bwe n’ishyaka rya NRM, maze amajwi bayahundagaza kuri Robert Kyaguranyi bita Bobi Wine. Byamusabye kwiyambaza uburiganya n’iterabwoba, maze ubutegetsi bwemeza ko Museveni ariwe watsinze, Byahe byo kajya!

Nyuma yo kubona ko abaturage bamuhaze, ubu Museveni yahinduye umuvuno, Kubera ko NRM ifite abadepite benshi mu nteko ishinga amategeko, nabo bashyizwemo n’uburiganya, Perezida Museveni arasaba guhindura itegekonshinga, ku buryo kuva mu w’2026 Perezida wa Uganda azajya atorwa n’abadepite, aho gutorwa n’abaturage bujuje imyaka nk’uko byari bisanzwe.

Uyu mushinga ukimara kumenyekana, abaturage bararakaye bikomeye, ndetse baranerura bavuga ko Museveni na NRM nibagerageza guhindura itegekonshinga hazavuka imvururu ziteye ubwoba.

Ubutegetsi bubonye ibintu bikomeye, bwashatse amayeri yose yo gukinga abaturage ibikarito mu maso. Muri ayo mayeri harimo kohereza ingabo muri kongo kugirango abaturage n’isi yose babe aribyo barangariraho, hagati aho Museveni n’abambari be banoza umushinga wo kugundira ubutegetsi.

Abasesengura politiki yo muri Uganda bavuga ko guhindura itegekonshinga bizagorana cyane ubutegetsi, bikaba byanatuma hatemba umuvu w’amaraso.

Bemeza ko Museveni nabona umushinga we upfubye, azahitamo kutiyamamaza, ahubwo akamamaza umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba, ubu utegeka ingabo zirwanira kubutaka. Gusa uyu nawe ngo abaturage ntibamukozwa, kuko bamushinja ingeso zirimo gukabya gukunda agasembuye. Ikindi abaturage bumva Gen Kainerugaba abaye Perezida ntaho byaba bivuye ntaho bigiye, kuko ubutegetsi bwaba bukiri mu biganza by’umuryango wa Kaguta Museveni.

Icyakora niyo bamwima amajwi ntibyamubuza kuba Perezida, kuko na se atigeze atorwa, ahubwo byamusabye kwiba amajwi mu matora yose yabaye.
Ikigaragarira buri wese ni uko ibihe biri imbere bikomereye ubutegetsi bwa Museveni. Guhindura itegekonshinga cyangwa kwamamaza umuhungu we, byombi ni ihurizo , kuko bizakurura imidugararo mu baturage.

Abaturage ndetse n’amahanga barega Leta ya Museveni ruswa n’icyenewabo byashize Uganda ahantu habi mu nzego zose, nko mu burezi, mu buvuzi, mu mutekano, mu bikorwa-remezo, n’ahandi.

2022-01-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Nyarutarama : Inzu z’umucuruzi zatejwe cyamunara mu manyanga zasubijwe nyirazo

Ubwanditsi 17 May 2018
Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Minisitiri  Mushikiwabo yahishuye byinshi  kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Minisitiri Mushikiwabo yahishuye byinshi kuri AU Summit igiye kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa

RUSHYASHYA 06 May 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 19 Jun 2016
Kagame yasabye abofisiye bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda guhora bari maso
INKURU NYAMUKURU

Kagame yasabye abofisiye bashya binjiye mu Ngabo z’u Rwanda guhora bari maso

Ubwanditsi 17 Nov 2019
SoftPower  igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

SoftPower igikoresho cy’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 12 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru