• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Ubwanditsi 17 Mar 2016 Mu Mahanga

​Ku itariki 16 Werurwe, Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru umugabo wamburaga abantu amafaranga akoresheje umurongo wa terefone w’Ikigo cy’itumanaho cya MTN-Rwanda, igikorwa cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda.

Uwimanimpaye Jean Damascène w’imyaka 33 y’amavuko, yeretswe Itangazamakuru nyuma yo gufatirwa mu Karere ka Rubavu, mu gikorwa cyo kumushakisha Polisi yari irimo igenza icyaha yari yaregewe n’abo yatetseho umutwe.

Asobanura uko yabigenzaga, Uwimanimpaye yagize ati:”Najyaga ku mbuga za murandasi zinyuranye, nkareba imyirondoro y’abantu bakoze ibizamini by’akazi, hanyuma nkabahamagara mbizeza ko nzabahesha akazi basabye, ariko na none nkababwira kunyoherereza amafaranga kuri konti yanjye ya Mobile Money kugira ngo nkabaheshe. Ibyo byose nabikoraga niyita umukozi w’ikigo basabye akazi.”

Yakomeje avuga ko muri ibyo bikorwa byo guhamagara abantu yakoreshaga umurongo wa terefone ubusanzwe utagaragaza umuntu uri guhamagara (Private number).

Uwimanimpaye yavuze ko uwo murongo yawuguze ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda n’umugabo wakoreraga MTN- Rwanda witwa Sadiki Saruhara.

Yabwiye ibitangazamakuru byari aho ko mu gihe cy’amezi agera kuri abiri yari amaze akora ibyo bikorwa yatetse iyo mitwe ku bantu benshi; ariko abasha kwambura gusa babiri muri bo ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda.

Yagize ati:”Abo bombi nabambuye ariya mafaranga mbabwira ko ndi umukozi wa Minisiteri y’umutekano mu gihugu (MININTER), kandi nk’uko nabigenzaga no ku bandi; nabasezeranyaga ko nzabahesha akazi bari bapiganiye.”

Uwimanimpaye yagiriye abandi inana yo kwirinda ibyo bikorwa kandi bagatanga amakuru y’ababikora.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yagize ati:”Uyu ni umwe mu biyitirira inzego z’ubuyobozi; maze bagacuza abantu ibyabo bakoresheje uburyo bw’uburiganya butandukanye.”

Yakomeje agira ati:” Akazi gatangwa mu buryo buzwi. Uwagusaba ikiguzi runaka akwizeza ko yakaguha cyangwa ko yagufasha kukabona uba ukwiye guhita ubona ko ari umutekamutwe ugamije kugucuza utwawe.”

ACP Twahirwa yagize na none ati:”Abantu bakwiye kwirinda ibyaha aho biva bikagera kandi bagatanga amakuru ku gihe y’ababikoze ndetse n’abafite imigambi yo kubikora.”

Yasabye kandi ibigo by’itumanaho gushyiraho ingamba zatuma imirongo yabyo ya terefone idakoreshwa mu buryo bunyuranije n’amategeko.

Ingingo ya 318 y’igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese, abigiriye kwambura ikintu icyo ari cyo cyose cy’undi, agatuma bakimuha ari uko akoresheje amayeri y’ubwambuzi, wiyitirira amazina atari yo cyangwa imirimo adafitiye ububasha cyangwa agira ngo yizeze icyiza cyangwa atinyishe ko hari ikizaba kibi maze akambura undi imari ye yose cyangwa igice cyayo, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshatu (3.000.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

Iyi ngingo ikomeza ivuga ko iyo icyo cyaha cyakozwe n’umuntu kugira ngo atange impapuro z’inyemezamigabane, z’inyemezamyenda, inyandiko zigereranywa n’amafaranga, imigabane cyangwa indi nyandiko yose ifite agaciro k’ifaranga ari ibya sosiyete, ari iby’ubucuruzi cyangwa iby’inganda, ahanishwa igifungo kuva ku myaka itatu (3) kugeza ku myaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni eshanu (5.000.000) kugeza kuri miliyoni icumi (10.000.000).

Ivuga na none ko mu gihe ibyaha biteganyijwe mu gika cya mbere cy’iyi ngingo bikozwe n’umwe mu bashyingiranywe, uwabitwaye ategekwa kubisubiza.

RNP

2016-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Perezida Robert Mugabe yageze i Kigali

Ubwanditsi 14 Jul 2016
Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka  kuba Perezida w’Abanyarwanda
ITOHOZA

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka kuba Perezida w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!
Amakuru

Iby’abapfu biribwa n’abapfumu koko: Nahimana Thomas yongeye gukusanya imisanzu y’ibigarasha n’interahamwe ngo aje kuba Perezida w’u Rwanda!

Ubwanditsi 09 Nov 2023
Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru