• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Umuhanzi Cyusa yakosoye indirimbo yari Imaze iminsi isubirwamo nabi “Marebe ya Cecile Kayirebwa”

Ubwanditsi 11 Dec 2020 Amakuru, SHOWBIZ

Umuhanzi umaze gusiga umugani no kwinjira mu mitima ya benshi mu ndirimbo gakondo noneho yamaze gushyira hanze indirimbo yasubiyemo Marebe yaririmbwe na Cecile Kayirebwa ariko nawe ayivanye mu gisigo cya Nyakwigendera Rugamba Cyprien

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wa Rushyashya News, Cyusa yatangaje ko byose abikora mu nyungu z’abakunda ibihangano gakondo ariko by’umwihariko kugirango yigishe abajya bayisubiramo nabi uko iyi ndirimbo iririmbwa bya nyabyo, Kubera ukuntu iyi ndirimbo ikundwa cyane biri mu mpamvu ituma urubyiruko rukunda gakondo ruyisubiramo kenshi ariko akenshi bagasubiramo amagambo yayo nabi

Ni igikorwa yabanje kumvikanaho na Cecile Kayirebwa udakunda kwanga ko ibihangano bye bisubirwamo n’ubishatse, aha twatanga urugero rwa Patrick Nyamitari wasubiyemo Indirimbo Umunezero yamenyekanye cyane kuri Radio Muhabura mu rugamba rwo kubohora Igihugu cy’u Rwanda n’izindi zitandukanye, Hanyuma yamwumvishije amagambo amwe na mwe agize indirimbo Marebe ni uko Cyusa nawe ayishyira mu ijwi rye, Ubwo abajya bataramira muri Hotel Grand Legacy bashyizwe igorora kuko yari asanzwe ayiririmba ariko noneho itagiye muri byuma nkuko asanzwe aririmba n’izindi mu gitaramo

Nk’Uko Ubuyobozi bw’iyo Hotel ataramiramo bubitangaza uyu munsi igitaramo kirasiba kugirango bagire ibyo bahindura mu ngamba zo kwirinda Covid 19 bategura uburyo abataramyi bazajya bisanzura badakoranyeho, Cyusa yamenyekanye cyane ubwo Umuvandimwe we nawe w’Umuhanzi Stromae ubwo yazaga gutaramira abanyarwanda mu myaka itanu ishize, byagaragaye ko kuririmba ari ibintu byabahiriye, Cyane cyane ko usanga bakurikirwa n’abatari bake aho baba baherereye

Mu itsinda rye Cyusa n’Inkera akenshi aba ari mu bukwe yifatanya n’abakwe n’abageni ariko nanone ntasigane na Munganyinka Alouette ufite ijwi rihebuje nawe udatana cyane n’indirimbo za Cecile Kayirebwa, Iyi ndirimbo Marebe yari itegerejwe na benshi kuko yamamajwe cyane ku mbuga nkoranyambaga aho wasangaga abantu bose bandika “I can’t wait”, Cyusa afite izindi ndirimbo zigizwe n’iza rubanda zirimo ; Imparamba, Muhoza wanjye…..akagira n’izindi ze nk’Umwitero,Rwanda Nkunda, Umwiza aherutse gukorana na Riderman n’izindi

Reba indirimbo Marebe hano


2020-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Ubwanditsi 05 Sep 2023
FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!

FDLR ni nka wa mupfu babwiye bati inzu irahiye, we ati nimusase turyame!

Ubwanditsi 30 Oct 2024
Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Amafoto – Umunya-Serbia Darko Nović yemejwe nk’umutoza mushya wa APR FC ku masezerano y’imyaka itatu

Ubwanditsi 21 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi
Amakuru

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”
ITOHOZA

Gushyira Mu Gaciro: ” Intwaro Ikomeye Muri Politike”

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi
Amakuru

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Ubwanditsi 02 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru