• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Ubwanditsi 31 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Uganda akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo, Yoweri Kaguta Museveni ku nshuro ya mbere muri Nyakanga, 2019 azasezerera abasirikare bo ku rwego rwa jenerali 17 kuva yajya ku butegetsi mu 1986.

Muri aba basirikare harimo uwahoze ari Umuhuzabikorwa w’inzego z’ubutasi za Uganda, Gen. David Sejusa bamaze igihe batarebana neza kugeza ubwo ahunze igihugu akajya mu Bwongereza.

Umuvugizi wungirije w’igisirikare  cya Uganda (UPDF), Lt. Col. Deo Akiiki kuri uyu wa Kabiri w’iki cyumweru yatangarije Dailymonitor dukesha iyi nkuru ko aya makuru ari yo kandi ko bihuriranye na gahunda isanzwe yo gusezerera abasirikare.

Yagize ati” Ndemeza ko Gen. Sejusa ari mu basirikare bazaseererwa mu mwaka utaha. Ni gahunda isanzwe, buri musirikare aba afite igihe azavira mu kazi.”

Mu bandi basirikare bakuru bazasezererwa harimo: Lt Gen Ivan Koreta, wari uhagarariye igisirikare mu nteko ishinga amategeko, Lt Gen Joram Mugume, wari uhagarariye akanama k’ingabo zirwanira ku butaka muri Minisiteri y’ingabo; Maj Gen Nathan Mugisha, wari Ambasaderi wa Uganda wungirije muri Somalia na  Maj Gen Sam Turyagyenda, wahoze  ayobora igisirikare kirwanira mu kirere.

Lt Gen Koreta yahoze yungirije umugaba w’ingabo za Uganda akaba n’umwe muri 27 baherewe imyitozo hamwe na Perezida Museveni mu gihugu cya Mozambique mu 1976  mbere yo guhangana n’ubutegetsi bwa Id Amin Dada.

Gen. David Sejusa ari mu bazasezererwa muri Nyakanga,2019

Abandi basirikare bazasezererwa barimo:  Brig Ramadan Kyamulesire, umaze igihe kinini ashinzwe iby’amategeko muri UPDF; Brig Timothy Sabiiti Mutebile,ushinzwe iby’ubuhanga n’ubwubatsi muri  UPDF ; Brig Charles Angulo Wacha, ushinzwe iby’uburenganzira bwa muntu muri UPDF na  Brig Sam Kakuru, ushinzwe iby’abakozi n’ubutegetsi wungirije muri UPDF.

Harimo kandi Brig Mathew Ssewankambo; Brig. Jimmy Wills Byarugaba; Brig Sam Wasswa Mutesasira; Brig Gyagenda Kibirango; Brig Tom Tumuhairwe; Ambrose Musinguzi; Brig Mulondo na  Brig John Mulindwa

Lt. Gen. Ivan Koleta ari mu bazasezererwa.

Umuvugizi wungirije w’igisirikare  cya Uganda (UPDF), Lt. Col. Deo Akiiki yavuze ko uku gusezererwa mu gisirikare gushingiye ku myaka y’ubukure, ipeti n’imyaka umusirikare amaze mu kazi.

Gen Sejusa azwiho kuba yarasabye inshuro nyinshi kuva mu gisirikare ariko ubuyobozi  bwa UPDF bukamwangira. Azwiho kuba yarandikiye uwari ukuriye umutekano w’imbere mu gihugu amubwira ko hari umugambi wo kwica abayobozi bakuru batemera ko umuhungu wa Museveni, Maj Gen Muhoozi Kainerugaba yazaba Perezida.

Ibi byatumye ahunga mu 2012 ajya mu Bwongereza gusa agaruka muri Uganda mu 2014.

2018-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Ubwanditsi 27 Sep 2019
“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Frank Ntwali yarize amarira y’ingona ngo ababajwe n’urupfu rw’umuhanzi Kizito Mihigo

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Ubwanditsi 04 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    October 31, 20183:42 pm -

    Ko ntabonyemo kagame Kubo asezerera?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mpayimana Philippe yisubiriye mu Bufaransa, biravugwa ko yaba akwepye Ubutabera
ITOHOZA

Mpayimana Philippe yisubiriye mu Bufaransa, biravugwa ko yaba akwepye Ubutabera

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR
Amakuru

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021
APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3
Amakuru

APR FC yageze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro 2023 isezereye Marine FC ku giteranyo cy’ibitego 6-3

Ubwanditsi 26 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru