• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Perezida Museveni agiye gusezerera abajenerali 17 kuva yafata ubutegetsi

Ubwanditsi 31 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida wa Uganda akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo, Yoweri Kaguta Museveni ku nshuro ya mbere muri Nyakanga, 2019 azasezerera abasirikare bo ku rwego rwa jenerali 17 kuva yajya ku butegetsi mu 1986.

Muri aba basirikare harimo uwahoze ari Umuhuzabikorwa w’inzego z’ubutasi za Uganda, Gen. David Sejusa bamaze igihe batarebana neza kugeza ubwo ahunze igihugu akajya mu Bwongereza.

Umuvugizi wungirije w’igisirikare  cya Uganda (UPDF), Lt. Col. Deo Akiiki kuri uyu wa Kabiri w’iki cyumweru yatangarije Dailymonitor dukesha iyi nkuru ko aya makuru ari yo kandi ko bihuriranye na gahunda isanzwe yo gusezerera abasirikare.

Yagize ati” Ndemeza ko Gen. Sejusa ari mu basirikare bazaseererwa mu mwaka utaha. Ni gahunda isanzwe, buri musirikare aba afite igihe azavira mu kazi.”

Mu bandi basirikare bakuru bazasezererwa harimo: Lt Gen Ivan Koreta, wari uhagarariye igisirikare mu nteko ishinga amategeko, Lt Gen Joram Mugume, wari uhagarariye akanama k’ingabo zirwanira ku butaka muri Minisiteri y’ingabo; Maj Gen Nathan Mugisha, wari Ambasaderi wa Uganda wungirije muri Somalia na  Maj Gen Sam Turyagyenda, wahoze  ayobora igisirikare kirwanira mu kirere.

Lt Gen Koreta yahoze yungirije umugaba w’ingabo za Uganda akaba n’umwe muri 27 baherewe imyitozo hamwe na Perezida Museveni mu gihugu cya Mozambique mu 1976  mbere yo guhangana n’ubutegetsi bwa Id Amin Dada.

Gen. David Sejusa ari mu bazasezererwa muri Nyakanga,2019

Abandi basirikare bazasezererwa barimo:  Brig Ramadan Kyamulesire, umaze igihe kinini ashinzwe iby’amategeko muri UPDF; Brig Timothy Sabiiti Mutebile,ushinzwe iby’ubuhanga n’ubwubatsi muri  UPDF ; Brig Charles Angulo Wacha, ushinzwe iby’uburenganzira bwa muntu muri UPDF na  Brig Sam Kakuru, ushinzwe iby’abakozi n’ubutegetsi wungirije muri UPDF.

Harimo kandi Brig Mathew Ssewankambo; Brig. Jimmy Wills Byarugaba; Brig Sam Wasswa Mutesasira; Brig Gyagenda Kibirango; Brig Tom Tumuhairwe; Ambrose Musinguzi; Brig Mulondo na  Brig John Mulindwa

Lt. Gen. Ivan Koleta ari mu bazasezererwa.

Umuvugizi wungirije w’igisirikare  cya Uganda (UPDF), Lt. Col. Deo Akiiki yavuze ko uku gusezererwa mu gisirikare gushingiye ku myaka y’ubukure, ipeti n’imyaka umusirikare amaze mu kazi.

Gen Sejusa azwiho kuba yarasabye inshuro nyinshi kuva mu gisirikare ariko ubuyobozi  bwa UPDF bukamwangira. Azwiho kuba yarandikiye uwari ukuriye umutekano w’imbere mu gihugu amubwira ko hari umugambi wo kwica abayobozi bakuru batemera ko umuhungu wa Museveni, Maj Gen Muhoozi Kainerugaba yazaba Perezida.

Ibi byatumye ahunga mu 2012 ajya mu Bwongereza gusa agaruka muri Uganda mu 2014.

2018-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Leta igiye gucukumbura  byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Leta igiye gucukumbura byimbitse ingaruka z’irekurwa ry’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga

Gen Kale Kayihura Yakuwe Aho Yari Afungiwe Mu Kigo Cya Gisirikare Asubira Iwe I Muyenga

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Perezida Kagame yabwiye urubyiruko ko amahirwe atajya ku rugi rw’umuntu ngo akomange

Ubwanditsi 09 Oct 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    October 31, 20183:42 pm -

    Ko ntabonyemo kagame Kubo asezerera?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru
SHOWBIZ

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Ubwanditsi 09 Oct 2017
CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba
POLITIKI

CNLG yagaragaje uruhare rwa Sebatware Marcel muri Jenoside no gushyigikira imitwe y’iterabwoba

Ubwanditsi 22 Jan 2020
CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside
Mu Rwanda

CNLG na Ibuka banenze u Bwongereza bwanze kohereza mu Rwanda abakekwaho ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 30 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru