• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Abayobozi b’u Burundi batangaje ingamba nshya zo kwirinda icyorezo cya Covid 19 aho inzu z’urubyiniro ndetse n’izindi ziberamo ibikorwa byo kwishimisha zahagaritswe, ndetse n’imipaka ihuza iki gihugu n’ibindi bituranye nacyo yafunzwe. Ibi bibaye nyuma yuko muri icyo gihugu hagaragaye abantu benshi banduye, ndetse no mu mugi wa Bujumbura abaturage bakaba baragaragaye ari benshi bambaye udupfukamunwa, Utubari two twahawe amasaha yo gukora.

Abaturage baburiwe ko umuntu wese utazubahiriza aya mabwiriza azacibwa amafaraga cyangwa agashyikirizwa inteko. Ibi bibaye mu gihe abantu benshi banduye mu mugi wa Bujumbura. Nubwo u Burundi bwatangaje ko umurwayi wa mbere yagaragaye muri Werurwe 2020, ntabwo imibare igaragaza abarwayi ntabwo yigeze itangwa ku gihe na Minisitiri y’ubuzima. Imibare itangwa na Minisiteri y’ubuzima igaragazako abamaze guhitanwa n’iki cyorezo ari babiri naho abanduye bagera kuri 996.

Kuba u Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid19, ni intambwe ishimishije cyane ko icyo gihugu cyari cyaremeje ko Imana itakwemera ko kigera mu gihugu cyabo. Guhera muri Werurwe 2020 uwari Perezida yanzeko abaturage Bambara udupfukamunwa, naho muri Gicurasi 2020, Perezida Nkurunziza nuwamusimbuye Evariste Ndayishimiye basuzuguye cyane iki cyorezo. Mu ijambo rye tariki ya 5 Mata 2020, Ndayishimiye yagize ati “Hari abaturanyi bifungiye mu mazu, ariko twebwe Imana yemeye ko duterana…..Imana ikunda u Burundi”

Nkurunziza yaje kwitaba Imana tariki ya 8 Kamena 2020, ariko bigirwa ibanga hafi iminsi itatu. Nubwo inzego za Leta zavuzeko ari umutima wahagaze, abenshi bemeje ko Nkurunziza yazize Covid 19, nyuma yahoo umugore we bimenyekanye ko yagiye kuyivuza muri Kenya igihe undi yapfaga.

Mu gihe isi yose yari yafashe ingamba zo kurwanya iki cyorezo, Nkurunziza we yakomeje kuzenguruka igihugu mu rwego rwo kwamamaza Ndayishimiye ndetse yitabira n’imikino. Yageze naho yirukana abahanga

Abahanga mu by’Ubuzima bishimiye ingamba nshya zafashwe na Ndayishimiye nubwo batinze aho bamwe batahwemye kugaragaza ko abayobozi b’u Burundi bazabazwa abaturage babo bahitanwe n’iki cyorezo kuko baba aribo nyirabayazana w’urupfu rwabo. Abahanga bakomeje kugaragaza ko nta gihugu cyarwanya icyorezo cya Covid 19 cyonyine mu gihe ibindi bijenjetse

Kuri uyu wa kane w’icyumweru gishize, mu ishuri rya Mwaro habonetse abanyeshuri bane banduye Covid 19, ariko kuwa gatanu baba 32 aho abanyeshuri benshi biga baba mu kigo. Yaba abarimu cyangwa abanyeshuri muri iki kigo baratinya ko bandura mu minsi ya vuba. Uru ni urugero rumwe mu mashuri menshi ari muri iki gihugu.

2021-01-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

“Muri kamere yacu ntawe dushotora, turwana intambara zo gukumira ibibazo dukururwaho n’abandi” – Perezida Kagame

Ubwanditsi 04 Jul 2024
Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana
INKURU NYAMUKURU

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Ubwanditsi 18 May 2020
Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru wa BBC yirukanwe nyuma y’ikiganiro yagiranye n’umuhakanyi wa Jenoside Charles Onana

Ubwanditsi 09 Feb 2020
‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage
POLITIKI

‘ Inama nakugira nuko wareka kwiyamamaza ahubwo Kagame akazaguha akazi ‘ -Umuturage

Ubwanditsi 17 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru