• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Ubwanditsi 18 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye uko ibihugu biri mu nzira y’amajyambere bikomeje kumva ko ari byo bizishakamo ibisubizo ku bibazo bifite, avuga ko kugira ngo iyi ntego izagerweho neza bisaba ko abaturage baba umusingi w’ibibakorerwa byose.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri mu Bubiligi, aho yitabiriye inama yateguwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yiga ku iterambere izwi nka ‘Journée Européenne du développement’.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yatangiye gushyira hamwe igaharanira inyungu zayo mu ijwi rimwe, aho kimwe mu biherutse kugerwaho ari isoko rusange rya Afurika, rizatangizwa ku mugaragaro mu kwezi gutaha mu nama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe izabera muri Niger.

Yavuze ko hakiri akazi kenshi kugira ngo hizerwe ko umusaruro muri aya masezerano wo kongera uburumbuke ku baturage ugerwaho, ariko hari icyizere kuko umukoro wo gukemura ikibazo cy’ubusumbane ari wo nshingano y’ibanze ya buri gihugu.

Perezida Kagame yavuze ko imiterere y’Isi ya none, ari ingenzi cyane kuruta uko byigeze kubaho ko ibihugu biri mu nzira y’amajyambere byiha umurongo uboneye muri gahunda rusange zabyo z’iterambere ndetse bikanizamurira urwego rw’uburumbuke.

Ati “Ntabwo ari ibintu bishobora gukorwa n’abandi bo hanze gusa. Aho guhera ni muri politiki idaheza ishyira umuturage mu musingi wa byose. Kuba abaturage bumva iterambere ari iryabo, bibaha imbaraga zo kubaza guverinoma ibyo zikora”.

Yakomeje avuga ko ibi byubaka icyizere mu baturage bigatuma guverinoma ibona imbogamizi zibangamiye iterambere ikazishakira ibisubizo bikwiye ikabishyira mu bikorwa.

Umukuru w’Igihugu yatanze urugero ku Rwanda, avuga ko rwabonye umusaruro mwiza ujyanye no gukoresha ubushobozi buke rufite mu by’ingenzi nk’ubuzima, kugeza uburezi kuri bose no kurengera ibidukikije.

Ati “Ibi birerekana ibishoboka no mu zindi nzego no mu buryo bwagutse by’umwihariko mu gushora imari mu kubaka ubushobozi bw’abantu n’ikoranabuhanga”.

Yongeyeho kandi ko harimo guhangwa amahirwe mashya y’imirimo ku bagore, urubyiruko n’abanyantege nkeya kugira ngo babashe kubyaza umusaruro impano n’udushya bifitemo twose bityo bagire imibereho myiza

Perezida Kagame kandi yashimiye Perezida w’Ubumwe bw’u Burayi, Jean Claude Juncker, usoje manda ye amushimira imiyoborere ye n’ubufatanye bw’ingirakamaro yubatse hagati y’uyu muryango, u Rwanda na Afurika.

Iyi nama itegurwa n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, yatangijwe mu 2006 na Louis Michel aho ari urubuga rugari rw’u Burayi mu kwigira hamwe uko uyu muryango watera inkunga ibikorwa by’iterambere mpuzamahanga aho ikusanyirizwamo 0.7% by’inkunga y’Ikigega cy’Iterambere, ODA.

Ni inama itangirwamo ibitekerezo n’ubunararibonye bwagira uruhare mu bufatanye bushya bugamije guhanga udushya mu guhangana n’ibibazo Isi ifite. Iy’uyu mwaka iraza kuba irebera hamwe uko ihame ry’uburinganire ryakwimakazwa.

2019-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Perezida Evariste Ndayishimiye yimwe viza imwemerera kujya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Ubwanditsi 31 May 2024
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Ubwanditsi 20 Jun 2022
“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025

Igitekerezo kimwe

  1. Kurazikubone Jean
    June 18, 20194:11 pm -

    Hari abaperezida bakunda kwifotoza niyo bavuga amateshwa. Afurika ifite ibibazo bikomeye bidakeneye amadisikuru ariko bikeneye ibikorwa. Tekereza uvuga uburinganire bw’abaturage uzi umushahara wa mwalimu ukawugereranya na za miliyari zigendera ku bategetsi bo hejuru!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuri uyu wa mbere:  Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi
IMIKINO

Kuri uyu wa mbere: Congo Kinshasa na Cameroon mu mukino wo gukwepa Amavubi

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika
HIRYA NO HINO

Israel: Urukiko rwahagaritse umugambi wa leta wo kwirukana abimukira bakomoka muri Afurika

Ubwanditsi 16 Mar 2018
Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni
Mu Mahanga

Impuguke zasabye gushyiraho ingamba zihangana n’ubuhezanguni

Ubwanditsi 23 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru