• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi
Icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, Gaston Sindimwe Ifoto/Interenet

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Ubwanditsi 12 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu nteko rusange y’Abadepite n’abasenateri bagize Inteko Nshingamategeko y’u Burundi, umwe mu badepite yabajije ikibazo, asobanuza amakuru avugwa ko u Rwanda ngo rwaba rushaka gutera u Burundi, ikibazo giteza impaka, basaba ko kitavugirwa aho.

Iki kibazo cyabajijwe ubwo icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, Gaston Sindimwe yabonanaga n’imitwe yombi, ashaka kubagezaho ibyo Minisiteri ahagarariye itegenya n’ibyo yagezeho.

Depite Mbayahaga Bede, yabajije ikibazo, asaba icyegera cy’umukuru w’igihugu gusobanura uburyo urubyiruko rw’Abarundi rwahungiye mu Rwanda ngo rwaba ruhabwa imyitozo ya gisirikare, ngo hagamijwe kuzatera u Burundi.

Yagize ati “twumva ko mu gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda harimo kubera imyitozo ya gisirikare kugirango bazaze guhungabanya igihugu cyacu cy’u Burundi”.

Amaze kubaza icyo kibazo, yakomerejeho agira ati “Si abaje gutera igihugu cyacu cy’u Burundi gusa, ahubwo ngo baje kugifata, no ku mupaka ntibaharenga, byumvikane y’uko n’abarimo kwitoza ni abazaza imbere berekana inzira, inyuma hazaba hari igihugu cy’u Rwanda”.

Uyu mudepite yakomeje abaza icyo Leta y’u Burundi irimo gukora kugirango iyo myitozo ya gisirikare ihagarare intego yo guhungabanya umutekano w’u Burundi itaragerwaho.

Impaka mu nteko:

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo umukuru w’Inama Nshingamategeko, Reverien Ndikuriyo ntiyigeze yishimira icyo kibazo cyari kibajijwe.

Aho yagize ati “Mu nteko y’umutwe w’abadepite na Sena ntabwo twaje kwiga ku ma ‘strategies militaries, y’uburyo twarwana n’u Rwanda cyangwa ikindi gihugu, ndibaza rero y’uko nyakubahwa [icyegera cy’umukuru w’igihugu] za strategies tutazivugira ahangaha, abantu bose bahita babimenya,…”.

Yakomeje agira ati “Nibaza ko tutakomeza kuko aha ngaha hari abategereje igisubizo, kimwe n’uko hari abari hakurya y’amazi nabo bategereje igisubizo, nibigera, birapanze”.

Gaston Sindimwe na we afashe ijambo yunze mu rya mugenzi we, Reverien Ndikuriyo, avuga ko icyo kibazo kitabarijwe aho cyari gikwiye kubarizwa, ko atari icyo kuvugira aho, gusa ashimangira ko uzashaka guhungabanya umutekano w’u Burundi butazamwihanganira.

Umubano mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi watangiye mu 2015, ubwo habaga ukwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza kuri manda ya gatatu, igikorwa kitemewe n’abaturage bose.

Ubwo ishyaka CNDD- FDD ryamwemezaga nkuzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu, wemezaga ko ari manda ya kabiri, mu gihe abatavuga rumwe na Leta bemezaga ko ari iya gatatu kandi ko ihabanye n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga. Kubera uku kutumvikana nibwo imyigaragambyo yatangiye mu gihugu, bamwe barapfa, abahunga barahunga, abandi barafungwa.

Ku wa 13 Gicurasi 2015, nibwo habaye igerageza ryo guhirika ubutegetsi ryakuruye imvururu nyinshi cyane, bityo Leta y’u Burundi igatangaza ko ibyo bikorwa byo guhungabanya umutekano u Rwanda rubifitemo uruhare, narwo rukabihakana rwivuye inyuma. Kugeza n’ubu u Rwanda rukaba ruhakana ko nta rubyiruko rw’u Burundi ruha imyitozo ya gisirikare, rugamije gutera u Burundi.

2018-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR

Ubwanditsi 31 Mar 2023
Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha

Perezida Kagame yavuze ko kwibagirwa ibifitiye inyungu abaturage ari icyaha

RUSHYASHYA 23 Mar 2026
Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Mauritania: Perezida Kagame N’abandi Bayobozi Bafunguye Umuhanda Witiriwe Nelson Mandela

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Ubwanditsi 11 Mar 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    September 2, 201812:19 pm -

    Ibintu Bitarimo Ukuri Bijya Mubwihererokoko Ubwose Ko Bari Bamubarije Mubanu Iyo Asubiriza Munteko. Kuturakarirase =>Urwanda) Bazatugira Bate? Baribeshya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?
ITOHOZA

Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ubwanditsi 30 May 2018
Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda  kwimurirwa mu bindi bihugu
Mu Mahanga

Impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda kwimurirwa mu bindi bihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2016
Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.
Amakuru

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Ubwanditsi 23 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru