• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi
Icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, Gaston Sindimwe Ifoto/Interenet

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Ubwanditsi 12 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU

Mu nteko rusange y’Abadepite n’abasenateri bagize Inteko Nshingamategeko y’u Burundi, umwe mu badepite yabajije ikibazo, asobanuza amakuru avugwa ko u Rwanda ngo rwaba rushaka gutera u Burundi, ikibazo giteza impaka, basaba ko kitavugirwa aho.

Iki kibazo cyabajijwe ubwo icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu, Gaston Sindimwe yabonanaga n’imitwe yombi, ashaka kubagezaho ibyo Minisiteri ahagarariye itegenya n’ibyo yagezeho.

Depite Mbayahaga Bede, yabajije ikibazo, asaba icyegera cy’umukuru w’igihugu gusobanura uburyo urubyiruko rw’Abarundi rwahungiye mu Rwanda ngo rwaba ruhabwa imyitozo ya gisirikare, ngo hagamijwe kuzatera u Burundi.

Yagize ati “twumva ko mu gihugu cy’igituranyi cy’u Rwanda harimo kubera imyitozo ya gisirikare kugirango bazaze guhungabanya igihugu cyacu cy’u Burundi”.

Amaze kubaza icyo kibazo, yakomerejeho agira ati “Si abaje gutera igihugu cyacu cy’u Burundi gusa, ahubwo ngo baje kugifata, no ku mupaka ntibaharenga, byumvikane y’uko n’abarimo kwitoza ni abazaza imbere berekana inzira, inyuma hazaba hari igihugu cy’u Rwanda”.

Uyu mudepite yakomeje abaza icyo Leta y’u Burundi irimo gukora kugirango iyo myitozo ya gisirikare ihagarare intego yo guhungabanya umutekano w’u Burundi itaragerwaho.

Impaka mu nteko:

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ngo umukuru w’Inama Nshingamategeko, Reverien Ndikuriyo ntiyigeze yishimira icyo kibazo cyari kibajijwe.

Aho yagize ati “Mu nteko y’umutwe w’abadepite na Sena ntabwo twaje kwiga ku ma ‘strategies militaries, y’uburyo twarwana n’u Rwanda cyangwa ikindi gihugu, ndibaza rero y’uko nyakubahwa [icyegera cy’umukuru w’igihugu] za strategies tutazivugira ahangaha, abantu bose bahita babimenya,…”.

Yakomeje agira ati “Nibaza ko tutakomeza kuko aha ngaha hari abategereje igisubizo, kimwe n’uko hari abari hakurya y’amazi nabo bategereje igisubizo, nibigera, birapanze”.

Gaston Sindimwe na we afashe ijambo yunze mu rya mugenzi we, Reverien Ndikuriyo, avuga ko icyo kibazo kitabarijwe aho cyari gikwiye kubarizwa, ko atari icyo kuvugira aho, gusa ashimangira ko uzashaka guhungabanya umutekano w’u Burundi butazamwihanganira.

Umubano mubi hagati y’u Rwanda n’u Burundi watangiye mu 2015, ubwo habaga ukwiyamamaza kwa Perezida Nkurunziza kuri manda ya gatatu, igikorwa kitemewe n’abaturage bose.

Ubwo ishyaka CNDD- FDD ryamwemezaga nkuzarihagararira mu matora y’umukuru w’igihugu, wemezaga ko ari manda ya kabiri, mu gihe abatavuga rumwe na Leta bemezaga ko ari iya gatatu kandi ko ihabanye n’ibiteganywa n’Itegeko Nshinga. Kubera uku kutumvikana nibwo imyigaragambyo yatangiye mu gihugu, bamwe barapfa, abahunga barahunga, abandi barafungwa.

Ku wa 13 Gicurasi 2015, nibwo habaye igerageza ryo guhirika ubutegetsi ryakuruye imvururu nyinshi cyane, bityo Leta y’u Burundi igatangaza ko ibyo bikorwa byo guhungabanya umutekano u Rwanda rubifitemo uruhare, narwo rukabihakana rwivuye inyuma. Kugeza n’ubu u Rwanda rukaba ruhakana ko nta rubyiruko rw’u Burundi ruha imyitozo ya gisirikare, rugamije gutera u Burundi.

2018-04-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Perezida Yoweri K. Museveni yafasha ate kugarura umutekano mu Karere k’Ibiyaga Bigari, kandi abo mu muryango we bakorana ubucuruzi n’imitwe y’iterabwoba ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo?

Ubwanditsi 19 Jul 2021
Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 19 Jan 2021
Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Rukutana yavuguruje Kutesa, ubufatanye bwa Uganda na FDLR bukomeza kujya ahagaragara

Ubwanditsi 20 Dec 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sema Halelua
    September 2, 201812:19 pm -

    Ibintu Bitarimo Ukuri Bijya Mubwihererokoko Ubwose Ko Bari Bamubarije Mubanu Iyo Asubiriza Munteko. Kuturakarirase =>Urwanda) Bazatugira Bate? Baribeshya

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko ibisubizo by’Abanyafurika bitagomba gushakirwa ahandi ngo babiturwe hejuru

Ubwanditsi 24 Jan 2018
Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge
Mu Rwanda

Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Mar 2017
Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi
Mu Rwanda

Si Minisitiri Musoni gusa hari n’ abandi bayobozi bavuzweho ubusambanyi

Ubwanditsi 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru