• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe

Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe

Ubwanditsi 03 Feb 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Impuzamashyaka NUP yo muri Uganda ikuriwe na Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine yatanze ikirego mu rukiko rw’ikirenga rugaragaza ko amatora yakozwe tariki ya 14 Mutarama 2021 atagenze neza bakaba basaba ko yateshwa agaciro.

Nkuko byatangajwe n’umwunganizi wa NUP George Musisi bagaragarije urukiko ibirego bafitiye ibimenyetso nk’impapuro zitora zari zatowe mbere, gutoteza abarwanashyaka ba NUP aho bamwe banafashwe bagafungwa.

Amakuru ari kuva mu gihugu cya Uganda aravuga ko Perezida Museveni yahaye Andrew Mwenda ubutumwa bwo kwegera Bobi Wine akamwemeza ko yahagarika ikirego mu rukiko rw’ikirenga maze bakagirana amasezerano y’ibanga y’uburyo azakorana na leta ya Museveni.

Ibyo twabashije kumenya nuko abafana ba Bobi Wine bafunze bazahita barekurwa ndetse n’ibindi byinshi cyane. Museveni asanzwe azwiho gukoresha amafaranga y’umurengera yigarurira abamurwanya. Amakuru ari hanze aremeza ko Andrew Mwenda yabonanye na Bobi Wine inshuro zigera kuri ebyiri kuva amatora yaba kugirango babiganireho.

Abantu benshi bibuka uburyo Mwenda yagiye ku biro bya NUP akambara imyenda yabo avuga ko nawe ashaka kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Uganda anyuze muri iryo huriro. Abahanga mu bya politiki bemeza ko icyo Mwenda yashakaga ari ugusenya iri shyaka nk’intumwa ya Museveni. Nyuma yaho, Mwenda yaje kugaragara kuri televiziyo avuga ko Bobi Wine adashoboye kuyobora iki gihugu.

Undi munyamategeko wa NUP ariwe Medard Sessonga yemeje ko nta matora Perezida Museveni yakwitabira ngo agende neza. Babwiye urukiko rw’ikirenga ko abasirikari binjiye mu biro by’itora bazanye impapuro zatowe. Nyuma y’amatora Bobi Wine yafungiwe iwe mu gihe kingana n’ibyumweru bibiri Museveni amaze gutangaza ko yatsinze amatora.

Komisiyo y’amatora muri Uganda yatangaje ko Museveni yatsinze kuri 59% naho Bobi Wine akagira 35% mu matora yarimo umutekano muke aho abagande 54 bashyigikiye Museveni bishwe n’inzego z’umutekano, bashaka gutera ubwoba abashyigikiye Bobi Wine.
Imiryango iharanaira uburenganzira bwa muntu yamaganye ibikorwa bya leta ya Museveni

Si ubwa mbere abatavuga rumwe na Museveni baregera urukiko rw’ikirenga ko Museveni yibye amatora ariko ntacyo byigeze bitanga kuko abacamanza b’urukiko rw’ikirenga batigenga nkuko n’abagize Komisiyo y’amatora nabo ubwabo batigenga kuko bose bashyirwaho na Perezida Museveni.

Ihuriro rya NUP ryabonye imyanya myinshi mu Inteko ishinga Amategeko aho babonye abagera kuri 56 akaba ari ubwambere ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ribona imyanya myinshi. Abagize guverinoma bagera kuri 25 bo mu ishyaka rya Museveni batsinzwe na NUP ndetse n’uwabaye Visi Perezida wa Museveni igihe kirekire ariwe Edward Ssekandi nawe yatsinzwe na NUP.

Nibwo bwa mbere NRM ya Museveni yatsindwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu myaka hafi 40 Museveni amaze ku butegetsi. Ibi bigaragaza ko abagande barambiwe NRM na Perezida Museveni. Mu mwaka wa 2011 Museveni yatsinze n’amajwi 68%, agira 60% muri 2016 none uyu mwaka yagize 58%.

2021-02-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Amafoto: FERWAFA yemeje Adel Amrouche nk’umutoza mukuru w’Amavubi y’Abagabo, Cassa Mbungo ahabwa iy’Abagore

Ubwanditsi 02 Mar 2025
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump

Ubwanditsi 26 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa
Amakuru

Umujenosideri Kabuga Felisiyani yavuniye ibiti mu matwi imbere y’abacamanza, nk’ amayeri yo gutinza urubanza ngo atazigera aburanishwa

Ubwanditsi 12 Nov 2020
‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka
IKORANABUHANGA

‘Feu Rouge’ zo muri Kigali zigiye kuvugururwa zikemure umubyigano w’imodoka

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa
ITOHOZA

Paris: Octavien Ngenzi na Tito Barahira bahakanye ibyaha bashinjwa

Ubwanditsi 11 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru