• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

RNC ikomeje kwivamo nk’inopfu, uko Kayumba akomeje gufatanwa igihanga cya Rutabana

Ubwanditsi 24 Feb 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uwahoze ari umuvugizi wa RNC Jean Paul Turayishimiye aheruka kugira  icyo avuga ku cyo yita itekinika  riherutse gukorwa n’abayobozi ba RNC kw’ibura rya Ben Rutabana ndetse n’uko Kayumba yatangije umugambi wo gushaka uko ikibazo cy’ibura  rya Rutabana cya kwitirirwa M23 ifatanyije na Jean Paul Turayishimiye.

Ngo bamwe mu b’ayobozi barimo Gervais Condo, Jerome Nayigiziki n’abandi bumvikanye bavuga ko Rutabana yaburiye muri M23 ku kagambane ka Jean Paul.

Mu kiganiro yise ‘uyu munsi na Jean Paul’ Jean Paul yatangiye avuga ko yagiye yumva kenshi abayobozi ba RNC bamugerekaho kugira uruhare mw’ibura rya Rutabana Kandi ko baheruka gukora raporo ifite paje 130 harimo n’ingingo zimushinja ko ari we wagambaniye Rutabana akisanga muri M23.

Akomeza avuga ko afite impungenge z’uko mw’iyi raporo Hari byinshi bashobora Kuba barirengagije ndetse bakomeje kugira ibanga  harimo nk’uko Kayumba ariwe watangije umugambi wo gutekinika ko Ben Rutabana yaburiye muri M23 kugirango Bidakomeza kubazwa RNC Dore ko ngo Muri RNC hari hakomeje gucikamo igikuba ndetse na benshi mu bayoboke bakaba barahagaritse gutanga Imisanzu.

Avuga ko ubwo yari akiri mu buyobozi, Kayumba Nyamwasa  yamwihamagariye ubwe kuri telefone igendanwa maze amubwira ko hari umuntu wamuhaye amakuru avuga ko azi aho Rutabana aherereye ko azi neza ko Rutabana ari mumaboko ya M23 .

Jean Paul ati: ” Ariko njye natangiye gusa n’ubihakana ndetse bintera urujijo mbaza Kayumba ukuntu uwo muntu yabimenye gusa yakomeje kumpatira kwemera ko aribyo mpita mbona ko bishobora Kuba ari amayeri mashya batangiye yo kubeshya abayoboke kugirango RNC yikureho igisebo. “

Ngo Kayumba yakomeje kumubwira ko Ashaka  kubahuza n’uwo muntu yavugaga ko aba i Burayi ndetse ko na Major Micombero bazaba bari kumwe maze bakagirana ikiganiro kirambuye n’uwo muntu, kugira ngo abahe amakuru y’imbitse ndetse ngo anategeka Jean Paul gukora inyandiko y’ibibazo bagombaga kumubaza .

Akomeza avuga ko ubwo Kayumba yakomeza kumuhatira gukora ibyo atashiraga amakenga, byatumye nawe ashaka  kumenya ko  ari ukuri Koko ko uwo muntu ahari ndetse ko afite ayo amakuru maze yemerera Kayumba guhura n’uwo muntu yamubwiraga.

Ati:” Nakomeje kugira amakenga nshaka kumva uko uwo muntu abisobanura hanyuma nemerera Kayumba guhura nawe”

Akomeza Kandi avuga ko ahagana mu masaha ya samunani z’amanywa ari kuwa gatatu yagomba guhura n’uwo muntu ariko agategereza agaheba kuko uwo muntu Kayumba yavugaga atigeze aboneka ndetse ko kugeza na n’ubu ataraboneka.

Ati:” narategereje ndaheba mbona ko uwo muntu yari umupapirano ko byari ikinyoma”

Akomeza avuga ko aha umugambi wa  Kayumba yashakaga wari uko yamwemeza ko Ben yashimuswe na M23 ndetse ngo bagahuza uwo mugambi nk’abayobozi batahirije umugozi umwe bityo binyuze mu nyandiko bemeranyije .

Aha ngo byari kumvikana neza cyane iyo Jean Paul Turayishimye abitangaza ko Rutabana yashimuswe na M23 kuko ari nawe wari umuvugizi wa RNC.Aha RNC ngo yari kuba yikuyeho ibyo birego

Anongeraho ko aha ariho kayumba yatangiriye itekinika rye ryo gushaka kwemeza abayoboke ko Ben yaburiye muri M23 Kandi   ko na Jean Paul yabigizemo uruhare, ndetse Nyuma yo kubona ko Jean Paul amubereye ibamba ngo byanaviriyemo Jean Paul guhita y’irukanwa burundu mu ubuyobozi bwa RNC , batangira  no kumushinja ko ariwe wateguye icyo gikorwa.

Ati ” kubera ko nanze kugendera mu kwaha kw’abo muri iryo tekinika noneho ubu ninjye batangiye kuvuga ko arinjye wamugambaniye akisanga kwa Makenga “

Jean Paul anongeraho ko uwitwa Majoro Rutayomba na Odette Mukankusi  abambari ba Kayumba Nyamwasa bagomba gusobanura impavu ubwo Umuryango wa Rutaba wababazaga aho Rutabana aherereye nyuma y’aho yari amaze ibyumweru bibiri ataboneka kuri telefone ,babemereye ko ahari ndetse babaha n’igihe bazaba bamuberetse ,ngo icyo gihe babasobanuriye ko aho Rutabana ari itumanaho ritari gushoboka ari ko ubuyobozi bw’ihuriro bugiye gushaka uko bakoresha satelitte bakabasha kuvugana nawe   ariko ngo barategereje amaso ahera mu kirere kuko bitakozwe nk’uko bari babisezeranyije umuryango wa Ben.

Anongeraho ko ibyo byose bitigeze bivugwa ko ahubwo byakomeje kugirwa ubwiru n’abayobozi kugira ngo bakomeze guhishira ibimenyetso bibashinja kugira uruhare mw’ibura rya Rutabana

Ati:”  Ibi byose byagizwe ibanga, nta muyobozi  ujya ubivuga Kandi Bose babizi kugira ngo bakomeze guhishira amanyanga yabo”

Arangiza avuga ko ibi bisobanuro bishya bw’ubuyobozi ari itekinika rya Kayumba Nyamwasa ndetse ko abayoboke ba RNC batiyumvisha impamvu nyuma y’amezi hafi 6 Ben aburiwe irengero aribwo batangiye kuzana mo M23 Kandi bazi ko Ben Ari mu maboko ya CMI kukagambane ka Kayumba.

Muntangiriro zuku kwezi nibwo hatangiye kumvikana inkuru zivuga ko Ben Rutabana ari muri M23 gusanabayoke ba RNC babihise babitera utwatsi bavuga ko ari itekinika rishya Kayumba Nyamwasa azanye kugirango akomeze kubashira mu rujijo dore ko hafi ya bose bamushinja ko ari wamugambaniye.

2020-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Avuga ko bashyize ku karubanda ruswa, politiki mbi n’akazu kari muri Leta ya Uganda.

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Akabaye icwende ntikoga, Rashid Hakuzimana yafunzwe mu mwaka wa 2006 azira ibyaha bitandukanye harimo kuvutsa igihugu umudendezo, ibyaha arimo asubiramo

Ubwanditsi 31 Aug 2021
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018
IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA

Ubwanditsi 19 Jun 2025

2 Ibitekerezo

  1. Lidia
    February 24, 202011:18 pm -

    Mwongere mubeshyabeshye se ngo J. Paul ngo …Sultani Makenga ..ngo …Muyobya uburari gusa.
    Kayumba na Ntwari mube mutegura ibindi binyoma byo kwiregura. Ubu ababashyigikiye na none bagiye guhinduranya amagambo?? Banyure inyuma ngo ari iKigali?? Ukuri ntikugitinda kugaragara nako kwamenye ubwenge gusigaye kunyura muri Asanseri!

    Subiza
  2. gracepe4
    January 20, 20261:10 pm -

    2023 s top ten hottest incest onlyfans accounts the village
    https://lydenburg-squirting.xblognetwork.com/?trinity-alessandra

    divinity love porn avn taboo family free porn hardcore free celeb porn videos massillon porn star mp3 rocket porn

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kepler WBBC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere muri shampiyona ya Basketball isezereye APR WBBC
Amakuru

Kepler WBBC yanditse amateka yo kugera ku mukino wa nyuma bwa mbere muri shampiyona ya Basketball isezereye APR WBBC

Ubwanditsi 18 Aug 2025
Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL
Amakuru

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure
INKURU NYAMUKURU

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Ubwanditsi 21 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru