• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Nyuma yo guhohotera Abanyarwanda muri Uganda, Col (Rtd) Frank Kaka Bagyende nawe yisanze mu gihome akurikiye Gen Tumukunde

Ubwanditsi 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Inkuru iri gucicikana hirya no hino muri Uganda, ni ifungwa rya Col (Rtd) Kaka Bagyenda wari umukuru w’ibiro bishinzwe iperereza ry’imbere mu gihugu cya Uganda (ISO), akaba ari inyuma y’ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda, aho bafungwa, bagakorerwa iyicarubozo abanda bakicwa. Mu gikorwa cyo gufata Kaka Bagyenda habayeho kurasana hagati y’abasirikare ba CMI bapfa iminnyago y’amafaranga basanze kwa  Kaka.

Nyuma yo guta muri yombi Kaka Bagyende, ushinzwe ikoranabuhanga muri ISO nawe yatawe muri yombi, bakaba bashinjwa ubufatanye na Henry Tumukunde, hakiyongeraho n’ibirego byo gukorana n’u Rwanda. Kaka yagiye abeshyera abantu benshi ibikorwa byo gukorana n’u Rwanda;  kimwe na Tumukunde bose baranzwe no kwanga u Rwanda n’Abanyarwanda none nabo bafunzwe bashinjwa u Rwanda , ni ukuvuga ko utahiwe ari Kandiho ko nawe amaherezo ibye nawe bizaba nkibya Kaka, Tumukunde ndetse nabandi mu nzego zumutekano bagiye bagirira nabi U Rwanda bikarangira aribo bageretsweho urusyo.

Col (Rtd)Kaka Bagyenda mu bikorwa bye bihungabanya umutekano w’u Rwanda, yaranzwe no gushyigikira imitwe yitwara gisirikari irwanya u Rwanda ikorera mu Burasirazuba bwa Kongo ariyo RNC, FDLR na FLN. Yaranzwe no kubeshya, afungishwa Abanyarwanda ibikorwa by’ubujura n’ibindi. Yari kandi mubo Gen Salim Saleh, murumuna wa Perezida Museveni yahaye inshingano zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Intego yabo nyamukuru, ni ugukora ibikorwa bishobora kwangiriza URwanda, bizeye ko bizagira ingaruka ku Rwanda, nyuma bikazavanaho Guverinoma.

Muri ibyo bikorwa rero,  harimo icyifuzo cyo guhindura ubuyobozi mu Rwanda, bikozwe na Uganda, hari abantu b’inkingi ya mwamba bakora nkaho aribo moteri y’umugambi  kandi bakaba n’abakangurambaga mu rwego rwo kugirango bashyireho politike izabafasha kuzahindura ubuyobozi bwo mu Rwanda, guhuza imitwe irwanya u Rwanda cyane cyane RNC na FDLR.

Ibikorwa bya Kaka Bagyende bibangamiye umutekano w’u Rwanda, buagiye hanze cyane nyuma yuko uwari umuvugizi wa FDLR ndetse n’ushinzwe iperereza aribo La Forge Bazeye Fils na Nsekanabo Jean Pierre bafatiwe ku mupaka wa Bunagana bavuye mu nama muri Uganda ku butumire bw’abayobozi ba Uganda, ndetse bagahuzwa na RNC.

Mu kiganiro cyanyuze kuri NBS tariki ya 20 Nzeli 2019, Andrew Mwenda yavuzeko Col (Rtd) Kaka Bagyenda afite inzu afungiramo abantu zitemewe cyane cyane Abanyarwanda abeshyako baje gukuraho Perezida Museveni. Mwenda yemeje ko afite ibimenyetso birimo amafoto ndetse ko yaganiriye n’abafungiwe muri ayo mazu.

Kugeza uyu munsi Uganda imaze kujugunya ku mupaka uhuza icyo bihugu n’u Rwanda, Abanyarwanda bari hagati ya 1200-1400.

2020-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Abarokotse Jenoside n’inshuti zabo basabye Radio Canada gusaba imbabazi ku kiganiro gipfobya Jenoside cyatumiwemo Judi Rever

Ubwanditsi 12 Jan 2021
Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Ubwanditsi 24 Sep 2020
BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Ubwanditsi 17 Jul 2019
Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

Impungenge z’umutekano wacu zishingiye ku gukomeza kubaho kwa FDLR n’ingengabitekerezo yayo y’ubutagondwa

RUSHYASHYA 06 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa yirwaje Coronavirus ngo adakomeza kubazwa izimira rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 03 Apr 2020
Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR,  mu bihuru bya Kisoro
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Abimenyereza ubunyeshyamba ba FDLR, mu bihuru bya Kisoro

Ubwanditsi 10 May 2019
Kidum ngo agendana ubunararibonye mu gushimisha abakunzi ba muzika
IMIKINO

Kidum ngo agendana ubunararibonye mu gushimisha abakunzi ba muzika

Ubwanditsi 30 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru