• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abavuga rikumvikana mu karere ka Kamonyi barishimira ubufatanye bwabo na Polisi

Abavuga rikumvikana mu karere ka Kamonyi barishimira ubufatanye bwabo na Polisi

Ubwanditsi 11 Jan 2016 Mu Mahanga

Abavuga rikumvikana 100 bo mu mirenge ya Karama na Kayenzi mu karere ka Kamonyi barashimira Polisi y’u Rwanda muri ako karere, kubera ko yabaye hafi abaturage ikabafasha kwikemurira ibibazo bitandukanye bifitanye isano n’amakimbirane yo mu muryango.

Ibi ni ibyavuzwe na Nkurikiyinka Damien uhagarariye abavuga rikumvikana muri aka karere, ubwo bagiranaga inama na Polisi y’u Rwanda muri aka karere tariki ya 7 Mutarama. Yagize ati:” turashimira Polisi y’u Rwanda kubera ubufatanye twagiranye nayo mu gukumira no kurwanya ibyaha muri uyu mwaka ushize wa 2015. Imikoranire yacu yabaye myiza cyane,polisi yafashije abaturage bacu mu kubigisha ibyiza byo kubana mu mahoro no kwikemurira amakimbirane”.

Umwe mu miryango yafashijwe kuva mu makimbirane ni uwa Munyemana François na Nyirantagorama Consolée bo mu murenge wa kayenzi, akagari ka Kayonza. Bashimiye uburyo Polisi y’u Rwanda kuba yarabahuguye ndetse ikabagira inama Mu buhamya bwabo muri iyo nama, bavuze ko nabo basigaye bafasha bagenzi babo kwikemurira amakimbirane bakabafasha kubana neza.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Kamonyi Superintendent of Police (SP) Donat Kinani yongeye gushimira abo baturage uruhare rwabo bagira mu gufatanya na Polisi y’u Rwanda mu gukumira no kurwanya ibyaha. Yagize ati:” mwaradufashije cyane musobanurira ndetse mwigisha bagenzi banyu koroherana, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abashakanye ndetse munadufasha gukumira ibyaha mutangira amakuru ku gihe ku buryo aribyo byabaye intandaro yo kugabanyuka kw’ibyaha muri aka karere.

Turabibashimiye cyane kandi turashaka ko ubu bufatanye mwatugaragarije bwakomeza kurushaho”.

SP Kinani yakomeje asaba abo bavuga rikumvikana bo mu karere ka Kamonyi gukomeza gukangurira abaturage gukora bakiteza imbere bakirinda icyo aricyo cyose cyabasubiza inyuma bakirinda umwiryane mu miryango kugira ngo bategurire abana babo ejo heza hazaza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayenzi Mbonigaba Emmanuel we mu ijambo rye yashimiye Polisi y’u Rwanda kuba yaregereye abaturage akomeza abashishikariza gukomeza imikoranire myiza nayo mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha ndetse no kwiteza imbere.

RNP

2016-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Perezida Kagame yahawe igihembo kubera kuba indashyikirwa mu guharanira uburinganire

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

U Bwongereza: Minisitiri Wharton yatangariye u Rwanda, ati ‘inkunga ruterwa ntipfa ubusa

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Ese  abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ese abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ubwanditsi 07 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”
Amakuru

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Ubwanditsi 24 Dec 2024
Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala
ITOHOZA

Uko Rugema Kayumba yapanze  umugambi wo gufatisha Fidel Gatsinzi I Kampala

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali
POLITIKI

Icyizere ku masezerano y’isoko rusange muri Afurika agomba gusinyirwa i Kigali

Ubwanditsi 15 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru