• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Bimaze kugaragara ko ibiyobyabwenge n’ibisindisha bimaze kuba ikibazo gikomeye mu rubyiruko rw’ u Rwanda, ikaba ariyo mpamvu ubuyobozi bwa Leta y’ u Rwanda bwatangije ubukangurambaga bwo kurwanya no gukumira ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ibisindisha mu rubyiruko.

Ni muri urwo rwego ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, kuri uyu wa mbere tariki ya 22 Mutarama, hateraniye inama nyunguranabitekerezo y’umunsi umwe yahuje inzego za Leta zirimo Minisiteri y’Urubyiruko, iy’ubuzima, Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere na Polisi  y’u Rwanda, ikaba yari yatumiwemo  abahagarariye amadini n’amatorero.
Intego y’iyi nama kwari ukurebera hamwe uruhare rw’amadini n’amatorero mu kurwanya ibiyobyabwenge.

Minisitiri w’urubyiruko Rose Mary Mbabazi yavuze ko urubyiruko rugomba kwitabwaho, rukarindwa ibiyobyabwenge.

Aha yavuze ati:” Tutitaye ku rubyiruko, ejo heza h’igihugu ntihagerwaho.  Ni ngombwa ko dushyira imbaraga mu bufatanye bugamije kurinda urubyiruko ibiyobyabwenge kuko nirwo mizero y’igihugu cyacu.”
Yakomeje avuga ko igihugu cyacu cyakoze byinshi, ko dufatanyije ibiyobyabwenge bitatunanira.
Yagize ati:”Turabasaba ubufatanye mu guha urubyiruko indangagaciro nyarwanda, kuko umuntu uza mu rusengero ntawamutumiye aba yiteguye gushyira mu bikorwa ibyo mumusaba. Mukomeze gukangurira abayoboke banyu gukomera ku ihame rivuga ko Roho nzima igomba gutura mu mubiri muzima.”

Minisitiri Mbabazi yavuze kandi ati:”Urubyiruko ni imbaraga z’igihugu, iyo turinze urubyiruko ibiyobyabwenge tuba dutegura abanyarwanda bazagira uruhare mu mutekano  n’iterambere birambye.”

Yavuze ko hari urubyiruko rumaze kumva ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge, kuko hari abasigaye bafata bamwe mu babicuruza bakabijyanira kuri Polisi.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima Dr Patrick Ndimubanzi, yavuze ko ibiyobyabwenge atari ikibazo cy’umutekano gusa, ahubwo ko binagira ingaruka ku iterambere ry’igiihugu no ku buzima bw’ababinyoye.
Yavuze ati:”Ibiyobyabwenge bitera indwara zitandukanye, haba ku  babinywa ndetse no ku bandi bantu  babegereye. Umubyeyi ukoresha ibiyobyabwenge aba yishyira mu kaga ko kuba yabyara abana bafite ubusembwa butandukanye. Tugomba rero guhuza imbaraga kugirango  tubikumire.”

Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu cy’Imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, yashimye ubufatanye bw’inzego zitandukanye mu kurwanya ibiyobyabwenge, anasaba  abitabiriye iyi nama kongera imbaraga muri  ubu bufatanye no kunoza  ingamba zo kubirwanya no kubikumira.

Yavuze ati:”Ibiyobyabwenge ni ikibazo gihangayikishije igihugu, ariko ndizera ko amadini n’amatorero mufite ubushake na gahunda yo guhangana nacyo, bikaba bisaba kongera imbaraga mu mikoranire n’ubufatanye, twibanda cyane cyane ku gukemura ibibazo bishamikiye ku muryango ujegejega, udaharanira guha uburere abana.”
Prof. Shyaka yasabye abanyamadini n’amatorero gufasha inzego za Leta gukemura iki kibazo kuko muri buri kagari cyangwa Umurenge ntaho utasanga urusengero rwatangirwamo ubwo butumwa.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K.Gasana yashimiye abanyamadini n’amatorero kubera umusanzu wabo mu bikorwa bitandukanye byo gukumira ibyaha, anabasaba kongera imbaraga ngo n’ibiyobyabwenge bicike.

Yavuze ati:”Urugamba rwo guca ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko ntirukwiye guharirwa inzego z’umutekano gusa, twese dukwiye kwiyemeza no gushyiraho ingamba zo guca ibiyobyabwenge n’ibisindisha cyane cyane mu rubyiruko kuko bisubiza inyuma icyerekezo igihugu cyacu gifite.”
IGP Gasana yavuze ko ibiyobyabwenge biteza umutekano mucye kuko uwabinyoye bimutera kwishora mu bindi byaha birimo urugomo, ubujura, ndetse rimwe na rimwe bigatera kwigomeka.

Yasoje asaba abanyamadini n’amatorero kongera imbaraga mu gukangurira abayoboke babo ububi bw’ibiyobyabwenge. Aho yavuze ati:”Twese dukwiye kumva ko umutekano w’igihugu utureba, ni nayo mpamvu tubasaba kwigisha abo muyobora ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge kuko abantu babatega amatwi kandi babafitiye icyizere ni benshi.”

Abanyamadini n’amatorero basabwe kumva ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge kibareba, basabwa gukangurira abayoboke babo ububi n’ingaruka z’ibiyobyabwenge, kwita ku burere bw’abana babo no gufasha gusubiza mu buzima busanzwe ababaswe n’ibiyobyabwenge.

Abanyamadini n’amatorero batandukanye batanze ibitekerezo n’ingamba zafatwa ngo ibiyobyabwenge bicike burundu.

Mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama, harimo kurushaho kongera ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu mashuri, insengero n’amahuriro y’urubyiruko, gukangurira ababyeyi kurushaho kunoza no kwita ku burere bw’abana babo. Urubyiruko rugashishikarizwa gukurikiza indangagaciro nyarwanda, bigakorwa bihereye hasi mu muryango, abanyamadini basabwe kudaha akato ababaye imbata z’ibiyobyabwenge, ahubwo bakabegera, bakabumva bakanabafasha mu rugendo rwo guhinduka, gukaza ibihano ku bafatiwe mu bikorwa byo gucuruza, gukoresha no gukwirakwiza ibiyobyabwenge, n’ibindi.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Amavubi yanganyije na Lesotho i Kigali yuzuza amanota 8 ayicaje ku mwanya wa Kabiri inyuma ya Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 25 Mar 2025
Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Ubwanditsi 22 Oct 2024
Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma

RUSHYASHYA 09 Apr 2026
Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ntabwo u Rwanda rukennye nk’uko tubivuga, rukeneshejwe n’abana barwo-Ingabire M. Immaculée

Ubwanditsi 05 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika
Mu Mahanga

Perezida Kagame avuga ko “kujenjeka” bidindiza Afurika

Ubwanditsi 05 Sep 2016
U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia
IMIKINO

U Rwanda rwanganyije na Tanzania mbere yo kwakira Ethiopia

Ubwanditsi 15 Oct 2019
Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona
IMIKINO

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru