• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016 Mu Mahanga

​Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo, Senior Superintendent of Police (SSP) Felix Bizimana yakanguriye abatuye muri aka karere kwirinda ibiyobyabwenge by’ubwoko bwose, kandi abasaba gutanga amakuru ku gihe y’ababinywa, ababicuruza, ndetse n’ababikwirakwiza.

Ubu butumwa yabutanze ku itariki 28 Mutarama nyuma y’igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge byafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda muri aka karere yakoze ahantu hanyuranye mu mezi abiri ashize.

Ibiyobyabwenge byangijwe bigizwe n’ibiro 60 by’urumogi, litiro 64 za Kanyanga, amaduzeni 41 ya African Gin, amaduzeni 13 ya Blue Sky, amaduzeni 75 ya Kitoko , n’amaduzeni 25 ya Chief Waragi.

Iki gikorwa cyabereye mu kagari ka Kirenge, mu murenge wa Rusiga, kikaba cyaritabiriwe n’abatuye muri aka gace bagera kuri 500, bakaba bari bagwiriyemo urubyiruko.

SSP Bizimana yabwiye abo baturage ati:”Ibi biyobyabwenge byangijwe byafashwe biturutse ku makuru mwayahe Polisi y’u Rwanda. Mukomeze gukorana nayo neza muyiha amakuru yatuma hakumirwa ibyaha no gufata ababikoze ndetse n’abafite imigambi yo kubikora.”

Yababwiye kandi ati:”Ingaruka zo gufatanwa ibiyobyabwenge harimo igifungo no gucibwa ihazabu. Kubishoramo amafaranga ni ukuyapfusha ubusa kuko iyo bifashwe birangizwa. Nta nyungu yabyo, ahubwo biteza igihombo.”

SSP Bizimana yakomeje ababwira ati:”Nk’uko byitwa, biyobya ubwenge bw’uwabinyoye, akaba ari nayo mpamvu akora ibyaha birimo gukubita no gukomeretsa, n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina. Buri wese akwiriye kubyirinda kandi akabirwanya .”

Yabasobanuriye ko ibiyobyabwenge biri mu bitera amakimbirane hagati y’abantu , kandi ko bitera ababinyoye uburwayi butandukanye ku buryo asigara ari inkorabusa.
Yabwiye urubyiruko rwitabiriye icyo gikorwa ati:”Hari bagenzi banyu bajya batwara inda zitateganyijwe bitewe no kunywa ibiyobyabwenge. Mugomba kubyirinda ndetse n’ikindi kintu cyose gishobora kwangiriza ahazaza hanyu heza.”

Yagiriye abari aho inama yo kunywa no gucuruza ibintu byemewe n’amategeko kandi bidafite ingaruka mbi ku buzima bwabo.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho ingamba zigamije kurushaho kurwanya ibiyobyabwenge. Izo ngamba zikaba zirimo ibiganiro bitandukanye iha abaturage, aho ibasobanurira ububi bwabyo kandi ikabasaba kubyirinda no kubirwanya.

Yashyizeho kandi ishami rishinzwe ku buryo bw’umwihariko kubirwanya (Anti-Narcotics Unit).

RNP

2016-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Umuryango w’uwari umushoferi wa Bobi Wine wanze amafaranga wohererejwe na Museveni

Ubwanditsi 24 Sep 2018
Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Abanyeshuri ba CIESK biyemeje kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 02 May 2016
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Ubuhamya bwa Harerimana waje kwisanga mu ngabo za Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri
Amakuru

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ubwanditsi 03 Jan 2024
Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri
ITOHOZA

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru