• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Kampala : Ikizere Kiraza Amasinde, Gitumye Rudasingwa Yisubiriye Mu ” ISHAKWE ” Kugirango Abone Uko Yaramuka Kabiri

Ubwanditsi 12 Feb 2018 ITOHOZA

Kuva Ishyaka ’Rwanda National Congress’ [RNC] ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda rivugwa mo bombori bombori, umwuka mubi ndetse no gushwana bikomeye hagati ya Kayumba na Rudasingwa ufatanije na Musonera na Ngarambe wahoze muri PSD.

Mu minsi ishize Kayumba na Rudasingwa ndetse nabamwe mu banyapolitiki bari baragagaritse ibyo gushwana bategereje gutaha .Nyuma yaho baboneye ko ikizere cya Kampala  kiraza amaside aho Lt Gen Tumukunde  Minisitiri w’umutekano muri Uganda na Gen Kandiho ukuriye Iperereza rya Gisilikare CMI na Salim Saleh  bari bijeje Kayumba Nyamwasa kumukuriraho ubutegetsi bw’i Kigali mugihe cya vuba , Rudasigwa, Musonera na Ngarambe bari barahagaritse  gusaba imfashanyo no kurya amafaranga yo kwibuka abahutu ndetse barahagaritse n’ibiganiro kuri Radio Ishakwe bituka Kayumba  baziko  bagiye gutaha kuyobora igihugu.

None aho uyu mugambi  wa Uganda utahuriwe amerwe bayasubije mu isaho bakomeje gahunda yabo yo kwibuka  interahamwe n’abajenosideri baguye kuri za bariyeri mu muwaka w’1994, kuko ariho  barira kandi bakesha amaramuko,  igitangaje ariko  kuki  batabaza  Ngarambe  iby’urupfu rwa Bucyana wa CDR, yatsinze mu maso y’abakombozi i Butare.

[ Ku ifoto ] Rudasingwa yicaranye n’ibirura ashakisha umugati,  barategura kwibuka Kinani tariki 6 Mata, kimwe n’abandi bicanyi baguye hirya no hino kumabariyeri, ibi rero byo kwigarurira ” Abateruzi b’ibibindi ” Rudasingwa   abyanganira na Kayumba kuko  kera bari aba Kayumba  ariko Condo Gervais  yanze kuva mu mujishi no guterura ibibindi kwa Kayumba  nubwo  ntamuteruzi w’ibibindi usogongera inzoga yanze kuva mugikari   kugeza magingo aya ntazi iyo biva niyo bijya.

Naho Rudasingwa  yasigaranye ba Nkiko Nsengimana naba Musangamfura bahoze muri FDU, aba baje gushwana n’igipande cya Ingabire baranatandukana,  bakora umushinga w’ISHAKWE  wo kuzajya bibuka Abahutu ngo bishwe na RPF, Rudasingwa , Musonera na Ngarambe  babonye ko urimo ibiryo barayoboka  ubu  basigaye biyita “ISHAKWE “, RNC nshya bayitaye kera, twumvise bikoma Rushyashya ngo ntitubizi ! Humura turabizi  mwasubiye mu nterahamwe mwiyita abarevolutionnaire[ Impinduramatwara  ntutsi] , ejo bundi mubonye  ibya Kayumba naba Tumukunde ntacyo bitanze mubishingutsemo.   Kayumba abisigayemo wenyine na Rugema nibo  basigaye  babungera  mubanyanyarwanda ba Nakivale  ngo barashaka abarwanyi bazagwa kugasi nka roho mbi!!

Nibuka umugani Kayumba yaciriye  Rudasingwa nyuma y’inama yahuje RNC FDU n’amahoro amubwira ati “Umuhutu umuvura ijisho ejo akarigukanurira”, ati : nta gusangira ubutegetsi tujye tubakubita igipindi! Rudasingwa, Musonera n’abandi basazi baranga bakomeza gushaka kurira ku bahutu babahezanguni, none byabakozeho bameze nka  Rubebe , Serwakira babuze uko bifata barabungera! Babaye  ba maguru ya sarwaya ibyabo muzaba mubireba.

Uku kutumvikana kwabahunze u Rwanda kubera amakosa yabo  kwabimburiwe n’umwuka mubi waturutse mu gushaka kwigarurira ububasha bw’ishyaka kwa bamwe, kutavuga rumwe hagati y’abasivili nka Dr Rudasingwa n’abasirikare barangajwe imbere na Kayumba.

Mu myaka itatu ishize bivugwa ko iri shyaka ryarimo ibibazo by’imiyoborere kugeza ubwo tariki ya 22 Mata 2016 habaye inama y’abarishinze iyobowe na Dr.Theogene Rudasingwa, isozwa n’ibisa no guterana amagambo gukomeye.

Nk’uko bigaragara muri raporo y’inama yahuje abashinze RNC yashyizwe ahagaragara muri  Nyakanga 2016, Dr Rudasingwa yagize ati “RNC iri mu bibazo by’imiyoborere bitigeze bibaho, aho mu ishyaka harimo amakimbirane n’imyitwarire mibi idashobora kwihanganirwa. Igiteye inkeke ni agatsiko k’abasirikare b’Abatutsi kari gushaka kwigarurira RNC, kabinyujije mu buryo bw’amategeko n’ubundi bushoboka ngo kigarurire ububasha bwose mu bikorwa byo muri RNC no hanze yayo.”

Imyanzuro y’iyo nama  twabonye  igaragaza ko Dr Rudasingwa yerekanye ko inama y’ubutegetsi yafashwe nk’itari kubahiriza inshingano zayo, ndetse nta bubasha we afite mu gihe igitutu cy’agatsiko k’igisirikare gikomeje gusaba ko hakorwa amatora, hagakurwa mu nzira ababangamiye umugambi w’ako gatsiko wo kugera ku butegetsi mu Rwanda.

Rudasingwa yagaragaje ko atagishoboye kuyobora uwo muryango wacitsemo ibice urimo n’ukwigomeka, ku buryo abanyamuryango basigaranye amahitamo ane.

Ayo mahitamo arimo gukomeza gukora gutyo [mu buryo budafite icyerekezo kizima], gutangaza ko umuryango utagishoboye gukomeza imikorere yawo, gutandukana mu mahoro cyangwa ku nabi no kuvugurura RNC ikagirwa umuryango ushobora kugera ku ntego zawo.

Bivugwa ko impamvu zo gushwana hagati ya Kayumba na Rudasingwa zidashingiye ku mibanire mibi hagati yabo, ahubwo ko ari ingaruka z’ibikorwa bigayitse by’ababashyigikiye.

Nyamwasa ntiyigeze ashaka guhagarika ibikorwa bibi by’abanyamuryango ba RNC b’abasirikare bamushyigikiye kandi azi neza ko barwanya  Kagame mu mafuti . Ibi kandi  ngo byaganiriweho inshuro nyinshi ariko habura igisubizo, ndetse kenshi bigatera impaka z’urudaca hafi yo gufatana mu mashati.

Sankala Callixte

Ntibiteye kabiri ba Sankara Callixte nabo muri Afrika y’Epfo  bati Kayumba n’igisambo reka twisangire Adeline Rwigara n’abakobwa be badutize  kuya Rwigara ruriya rubyiruko turarushuka  turushore mubikorwa by’ubugizi bwa nabi none Sankara arabundabunda muri Uganda za Mbarara na Kabare ngo arashaka abarwanyi bo kujyana mu myitozo mu Minembwe , singurwo urubyiruko  yabeshye rwashutswe na Sankara na Rugema rurimo kuborera muburoko i Mbarara ruri  mu maboko y’ubutabera aho ruregwa ibyaha byiterabwoba no kujya mumitwe rutazi.

Cyiza Davidson

2018-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

UBUHAMYA : Utari umusambanyi muri RNC ntahabwa ijambo

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Uganda : Cyubahiro mu kasho kubera Salim Saleh

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Inkoni y’Umwana ishira Dondi Dondi : Abandi bapasiteri 3 ba Zion Temple basezeye kuri Apotre Gitwaza, amaherezo ni ayahe?

Ubwanditsi 26 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba
Mu Rwanda

RDC: Abantu 10 baguye mu mirwano hagati ya FARDC na Mai-Mai Simba

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Harahigishwa uruhindu abarashe abaturage babiri i Rusizi bagahungira i Burundi
ITOHOZA

Harahigishwa uruhindu abarashe abaturage babiri i Rusizi bagahungira i Burundi

Ubwanditsi 12 Mar 2017
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo
Amakuru

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Ubwanditsi 13 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru