• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Mahanga

Ibirori byari bimaze imyaka igera kuri itanu bitegerejwe n’Abanyarwanda, byatangiye none kuwa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2015 bitangijwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Bayisenge Emery yafunguye amazamu
Amavubi yihariye igice cya mbere
Igice cya kabiri, Côte d’Ivoire yagaragaje imbaraga nyinshi
Ku munota wa 60, Bayisenge yarase penaliti
Ku munota wa 74, Côte d’Ivoire yahushije igitego
Ku munota wa 88, Côte d’Ivoire yateye umutambiko w’izamu

Ni mu mukino ufungura irushanwa ry’ibihugu ku bakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, CHAN, wahuje u Rwanda na Côte d’Ivoire.

Hari hashize kandi igihe kirekire Stade Amahoro ituzura abafana impande zose kuva u Rwanda rwatsindwa na Ghana tariki ya 5 Nzeli 2015.

Umukino ugitangira, Amavubi yasatiye bikomeye itangira no kubona uburyo bw’ibitego ari nako abakinnyi b’imbere bari bayobowe na Tuyisenge Jacques bakoreshaga amakosa ba myugariro ba Côte d’Ivoire.

Ibi byaje gutuma ku munota wa 15 w’umukino ku ikosa ryari rikorewe Iranzi Jean Claude hatangwa Coup-Franc yaje gutsindwa na Bayisenge Emery.

Stade Amahoro yose yahise ihaguruka, amashyi n’impundu byumvikana impande n’impande. Vuvu Zela zivuga mu majwi atandukanye, amafirimbi n’ingomba bifata bugwate Remera yose kumanuka ukagera hepfo iyo za Kimironko.
Cyari cyo gitego cya mbere cy’irushanwa, maze abafana batangiye umukino batizeye ikipe yabo batangira kubona ko bashobora kurarana akanyamuneza.

Mu gice cya kabiri, Côte d’Ivoire yatangiye isatira ku buryo bukomeye ishaka kwishyura igitego yari yatsinze ku munota wa 15. Ihusha amahirwe menshi y’igitego harimo umupira watewe ku mutambiko w’izamu ku munota wa 88, igitego cyari cyabazwe aho rutahizamu w’inzovu za Côte d’Ivoire yananiwe gutsinda asigaranye n’umuzamu Ndayishimiye Eric.

Penaliti itavuzweho rumwe

Ku munota wa 60 Amavubi yabonye penaliti itavuzweho rumwe nyuma yaho umusifuzi wo kuruhande avuze ko umuzamu wa Côte d’Ivoire yakoreye ikosa Tuyisenge Jacques ubwo barimo bahanganira umupira wari utewe uturutse kuri corner.

Iyi penaliti yaje guterwa na Bayisenge Emery washakaga igitego cye cya kabiri mu mukino ariko aza umuzamu wa Côte d’Ivoire ayikuramo.

Amavubi yari yabanje mu kibuga

-1806.jpg

Ndayishimiye Eric, Ombalenga Fitina, Ndayishimiye Celestin, Bayisenge Emery, Rwatubyaye Abdul, Nshimiyimana Amran, Mukunzi Yannick, Habyarimana Innocent, Iranzi Jean Claude, Tuyisenge Jacques, Usengimana Danny.

Umwanditsi wacu

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko u Rwanda rwahishuye  Umugambi  w’Ubugambanyi rukikura  mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu  [ Yavuguruwe ]

Uko u Rwanda rwahishuye Umugambi w’Ubugambanyi rukikura mu Rukiko nyafurika rw’Uburenganzira bwa Muntu [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 11 Oct 2017
Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no  kuzuza inshingano zabo

Umuhuzabikorwa wa DASSO yasabye abagize uru rwego kwita no kuzuza inshingano zabo

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Perezida Kagame azitabira ubutumire bwa Minisitiri w’Intebe w’Ubuhinde

Ubwanditsi 06 Jan 2017
Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru   

Ibishibuka bya Parmehutu birashaka gusahurira mu nduru  

Ubwanditsi 28 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo
POLITIKI

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017
SHOWBIZ

Urukundo ruraca amarenga hagati ya Arthur na Fiona Muthoni wabaye igisonga cya Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima
Amakuru

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru