• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ubwanditsi 03 Jan 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA

Mu mpera z’umwaka Perezida w’u Burundi yatangaje amagambo atunguranye ashinja u Rwanda ibinyoma ko arirwo ruri inyuma y’umutwe urwanya igihugu cye wa RED Tabara. Tubibutse ko umutwe wa RED Tabara ubarizwa mu burasirazuba bwa Kongo muri Kivu y’amajyepfo mu misozi ya Minembwe. Ibi Perezida Ndayishimiye yabikoze mu rwego rwo kwikuraho ibibazo bimwugarije cyane cyane iby’ubukungu bishingiye kuri ruswa mu bayobozi bakuru ba CNDD FDD.

Ikibazo nyamukuru iki gihugu gifite, ni ibikomoka kuri Peteroli kuko iryo soko ryafashwe n’umuryango wa Perezida Ndayishimiye aryatse uwari Minisitiri w’intebe Bunyoni uri mu gihome kubera gushinjwa guhungabanya umutekano.

Ni ibibazo bitandukanye byugarije Ndayishimiye  dore ko mu Nteko Ishinga amategeko haherutse kuvugwa ruswa yo ku rwego rwo hejuru ishinja uyu muryango kuba inyuma y’amasoko yose y’igihugu.

Ubu biravugwa ko ushinzwe isoko rya Protocole na decoration muri Perezidansi ari umukobwa wa Perezida Ndayishimiye. Muri iyi minsi haravugwa umuhungu wa Ndayishimiye wimuye imiryango 300 muri Commune Bugendana mu ntara ya Gitega aho yashinze Sosiyete KIPROMO (Kijumbu Product and More) ishinzwe gukora ibisuguti mu bijumba abaturage bakaba batarishyuwe. Ikindi ni uko ibyo bisuguti bizakoreshwa mu kugaburira abana mu mashuri nkuko biteganywa ku ngengo y’imari, bivuga ko uyu muhungu wa Ndayishimiye yahawe isoko rya Leta nta piganwa.

Mu bindi bibazo byugarije Perezida Ndayishimiye ni ukwishora mu mirwano ya Kongo aho abasirikari barenga 1000 bari kurwana na M23 bemerewe akayabo ariko amafaranga ntabagereho ndetse bagwa mu mirwano muri Kongo imiryango yabo ntihabwe amakuru arambuye n’amafaranga bakoreye.

Ibibazo byugarije u Burundi ni byinshi ku buryo Ndayishimiye nawe yahisemo gufata inzira y’inshuti ye Tshisekedi yo gushyira ibibazo bananiwe gukemura ku Rwanda.

Mu bibazo U Burundi bufite ni byinshi harimo ikibazo cy’isukari, amakara amazi n’amashanyarazi, ibi bikaba byiyongera ku kibazo gikomeye cy’ibikomoka kuri Peteroli. Nubwo mu Ijambo risoza umwaka Ndayishimiye yavuze ko abanyarwanda batazongera kubona indagara, biravugwa ko n’ubusanzwe zibona umugabo zigasiba undi muri icyo gihugu kuko umusaruro ubonetse uhita woherezwa hanze.

Ndayishimiye nawe nk’umuntu witeguye amatora umwaka utaha ashaka kwegeka ibibazo bye ku Rwanda kuko nawe bigaragara ko yananiwe gukemura ibibazo by’ubukungu, byugarije iki gihugu kuva muri 2005.

2024-01-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Djibouti yatsinze u Rwanda 1-0 hashakwa itike ya CHAN 2025, Amavubi ahita yongeramo abandi bakinnyi bane

Ubwanditsi 27 Oct 2024
Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Brian Kagame umwana wa Perezida Kagame yikomwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2016
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Nyirishema yakurikiye imikino ya kamarampaka APR BBC na Kepler BBC bitwariyemo neza
Amakuru

Minisitiri Nyirishema yakurikiye imikino ya kamarampaka APR BBC na Kepler BBC bitwariyemo neza

Ubwanditsi 05 Sep 2024
Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora
Mu Mahanga

Perezida w’u Buhinde yifurije u Rwanda isabukuru nziza yo Kwibohora

Ubwanditsi 04 Jul 2016
Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!
Amakuru

Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!

Ubwanditsi 21 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru