• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Nyuma y’aho Ibikorwa bibi bya RNC Bikomeje Gushyirirwa Hanze, Yoweri K. Museveni Arashinja Kayumba Nyamwasa Kumutamaza, Akora Ibikorwa bya Giswa, Bishyira ku Karubanda Abamushyigikiye Bose.

Ubwanditsi 05 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe dukesha abari mu nzego z’umutekano mu gihugu cya Uganda, aravuga ko perezida Yoweri Kaguta Museveni yababajwe bikomeye n’uko umugambi wose afashijemo RNC ujya ahagaragara utaranatangira.

Ibi yabigaragarije kayumba Nyamwasa mu nama baherutse kugirana, ndetse Museveni ahita anategeka urwego rw’iperereza rwa Uganda, CMI, gushyiraho ishuri ryihariye, rishinzwe guhugura mu bya politiki abayoboke ba wa mutwe w’ iterabwoba , RNC, wa Kayumba Nyamwasa.
Aya makuru aravuga ko Museveni yagiranye ikiganiro n’ icyihebe Nyamwasa, bakaza gusanga agatsiko kabo gahuzagurika cyane, ku buryo bizabagora kugera ku ntego yo guhungabanya umutekano w’uRwanda. Perezida Museveni yagaragarije Nyamwasa uburakari, amwereka ko atishimiye ukuntu abarwanyi ba P5,(umutwe wa gisirikari wa RNC), bishwe nk’udushwiriri muri Kongo, abatabarika bafatwa mpiri, biza gukurikirwa na benshi mu bayoboke ba RNC, basezeye kuri Kayumba Nyamwasa bavugako ari igisambo, umutekamutwe ubeshya ngo afite ingabo, kandi ari inzererezi zashowe mu ntambara zitazi uko izarwanwa. Perezida Museveni rero akimara gutanga amabwiriza yo guhurura abayoboke ba Nyamwasa, ahitwa MBUYA, mu mujyi wa Kampala, hahise hashakwa inzu nini, irindiwe umutekano bikomeye, ikaba iri mu maboko ya CMI.

Aya makuru akomeza avuga ko abahuzabikorwa b’aya mahugurwa ya ‘cadreship” ku bayoboke ba RNC, aribo Sulah Nuwamanya Wakabirigi n’umugore witwa Prossy Bonabaana. Ubu banahawe abasirikari ba Uganda babarindira umutekano , bakazunganirwa na NTWALI Frank, muramu wa Kayumba Nyamwasa.
Uretse amahugurwa atangirwa muri Uganda kandi, hari n’atangwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanah(online courses), agatangwa n’ ibigarasha binyuranye, nka Gervais Condo, umunyamabanga mukuru wa RNC uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Epimaque Ntamushobora, komiseri ushinzwe ubukangurambaga, akaba atuye mu Bwongereza, na Ali Abdul Karim , umugaragu wa Nyamwasa, akaba anashinzwe itumanaho muri RNC n’imitungo ya shebuja Nyamwasa, harimo no gushaka abapangayi b’amazu ye.
Mu nama Museveni yagiriye kayumba Nyamwasa kandi, harimo gukomeza gushukashuka, mu ibanga, abayoboke biganjemo abanyarwanda baba I kampala, no mu nkambi za Kiboga, Kibale na Nyakivara, ndetse Nuwamanya na Boonabana bakaba bamaze iminsi muri izi nkambi, bari mu modoka yo mu bwoko wa Toyota, ifite plaque UBB 294Y.
Mu nama yabereye i Gatuna, igamije kurangiza ibibazo Uganda ihora itera uRwanda, Museveni yakozwe n’isoni ubwo yerekwaga ibimenyetso simusiga bimuhamya uruhare rutaziguye mu gushyigikira abahungabanya umutekano w’uRwanda. Kuva icyo gihe yarakariye RNC na CMI, abishinja kunanirwa gukora rwihishwa, kugeza ubwo isi yose itahuriye ibikorwa byose, harimo n’ibyo bibwiraga ko ari ibanga rikomeye. Nguko uko yahise ategeka umukuru wa CMI, Abel KANDIHO gukora ibishoboka byose ibikorwa bya RNC bigakomeza, ariko ntawe umennye ibanga. Guhera ubwo Kandiho n’icyegera cye CK ASIIMWE, barakorana bya hafi na NUWAMANYA na BOONABANA, nubwo bitabuza amakuru nyayo gusohoka.!!.
Ababikurikiranira hafi basanga na Museveni akwiye amahugurwa muri iryo shuri yashyiriyeho RNC, kuko nawe ubwe agaragaza ubuswa, igihe cyose azaba afasha abantu batagira umurongo wa politiki uhamwe nka Kayumba Nyamwasa, ushyira imbere inda ye, n’andi mabandi utabarizaho ibitekerezo biyobora abandi.Akaga abarwana ubutegetsi bw’uRwanda bakomeje guhurira nako mu Burasirazuba bwa Kongo kagombye kubabera isomo, kandi nta karakorwa.
Museveni, Nyamwasa n’ibindi bigarasha bikwiye kumenya ko barushywa n’ubusa. Ko imigambi yabo imenyekana itaranaba, kuko Abanyarwanda bakunda uRwanda ntaho batari, yemwe no mubo bita inkoramutima, bava mu nama bakihutira kutubwira uko ubwo bugambanyi bukorwa.

2020-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024
Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ibyitezwe mu biganiro byihariye hagati ya Perezida Kagame na Perezida Macro ejo bundi i Élysées

Ubwanditsi 21 May 2018
Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Perezida Museveni yariye indimi ubwo yasubizaga umuturage wamubajije ku kwica urubozo Abanyarwanda baba muri Uganda no gutera inkunga Kayumba

Ubwanditsi 27 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Uretse muzika Eddy Kenzo arabarizwa no mu mupira w’amaguru
IMIKINO

Uganda: Uretse muzika Eddy Kenzo arabarizwa no mu mupira w’amaguru

Ubwanditsi 25 Jan 2016
Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe
ITOHOZA

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016
Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]
Mu Rwanda

Kigali:Umugabo yishe mugenzi we amukekaho kumusambanyiriza umugore [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 27 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru