• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Perezida Kagame yavuze ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo uzatanga

Ubwanditsi 31 Jul 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko abanenga amasezerano u Rwanda rwagiranye n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Amerika (NBA), barushywa n’ubusa.

Tariki ya 26 Nyakanga 2024, ikinyamakuru ESPN cyasohoye inkuru ivuga ko NBA yisanze yagiranye amasezerano y’ubufatanye n’uwo cyise “Umunyagitugu wo muri Afurika”.

Iki kinyamakuru cyatangaje ko aya masezerano yo kwakira imikino ya BAL (Basketball Africa League) agamije guhisha ibirego Leta y’u Rwanda ishinjwa byo kutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Umuvugizi wa guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanditse ko hari abantu bake baba bashaka guca intege NBA, ishyirahamwe ryakoze ibikorwa biteza imbere Basketball n’imibereho myiza y’abatuye muri Afurika, binyuze muri BAL.

Yagize ati “NBA na BAL bikwiriye gushimirwa ko byanze gucibwa intege n’amajwi y’abantu bake bifuza ko Afurika yahora ari insina ngufi muri siporo. Iyi miryango yamaze kubona akamaro siporo ifite mu guteza imbere ubukungu n’imibereho myiza haba mu Rwanda no muri Afurika.”

Makolo yashimangiye igisubizo Umuyobozi Mukuru wungirije wa NBA, Mark Tatum, yahaye iki kinyamakuru, ubwo cyamusabaga ibisobanuro ku masezerano iri shyirahamwe ryagiranye n’u Rwanda.

Tatum yagize ati “Ibiganiro twagiranye na Perezida Kagame byose byari bigamije guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda. Byari ukuvuga ngo: Twabigenza gute ngo umukino wa Basketball ugire uruhare mu guteza imbere imibereho myiza y’Abanyarwanda?”

Umuvugizi wa guverinoma yagaragaje ko abanenga aya masezerano bari kugerageza kuvutsa u Rwanda inyungu mu rwego rw’ubukungu ziboneka muri siporo mpuzamahanga no kugerageza gusubiza inyuma intambwe igamije guteza imbere ubusabane bw’abaturage.

Perezida Kagame yifashishije urubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa 30 Nyakanga 2024, asubiza Makolo ko abanenga gahunda z’u Rwanda bahozeho kandi ko umuhate wabo ntacyo watanze, ndetse ko ntacyo uzatanga no mu gihe kizaza.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Uyu muhate wose ntacyo watanze. Bimaze igihe kirekire cyane. Kandi ntacyo bizigera bitanga! Ntimubihe agaciro!!”

Source: IGIHE

2024-07-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Perezida Kagame yatoreye abadepite mu Bushinwa

Ubwanditsi 03 Sep 2018
Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Etoile de l’Est yatsinze Police FC 2-1 yiyongerera amahirwe yo kuguma mu kiciro cya mbere 2024-2025 isiga mu murongo utukura Bugesera FC na Sunrise FC

Ubwanditsi 04 May 2024
Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Bamwe mu bapolisi ba Uganda mu myigaragambyo yo kwinubira umushahara muto kandi utazira igihe.

Ubwanditsi 26 Jan 2021
Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga
Mu Mahanga

Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora
Mu Rwanda

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.
Amakuru

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Ubwanditsi 15 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru