• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Minisiteri Ya Siporo Yafunguye Ibikorwa Bya Siporo Nyuma Y’Amezi Atandatu Bihagaze

Ubwanditsi 28 Sep 2020 Amakuru, IMIKINO

Minisiteri ifite imikino mu nshingano zayo imaze gushyira ahagaragara itangazo rikomorera ibikorwa bya siporo byari bimaze amezi agera kuri atandatu bihagaritswe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19 cyageze mu Rwanda mu kwezi kwa werurwe uyu mwaka aho kimaze no guhitana abantu basaga 29 mu gihugu cyacu.

Kuva muri werurwe uyu mwaka nta gikorwa na kimwe cya sport gihuza abantu benshi kigeze kibaho, uretse car free day imaze icyumweru kimwe ikomorewe ariko igakorwa hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya covid-19 gikomeje kuzahaza isi muri rusange, mu itangazo rya Minisiteri ya Siporo risohotse kuri uyu wa mbere naryo riraza rishimangira ko ibikorwa bya siporo byakomorewe ariko hakubahirizwa amabwiriza y’inzego z’ubuzima.

Muri iryo tangazo harimo ko imyitozo ndetse n’amarushanwa byemewe guhera kuri uyu wa mbere, gusa mbere yo kugira igikorwa cya siporo gikorwa buri shyirahamwe rifite mu nshingano zaryo imikino isanzwe ikinirwa ku butaka bw’u Rwanda rigomba kubanza kwerekana ingengabihe y’amarushanwa ndetse n’ingengabihe y’imyitozo kandi iyo ngengabihe igashyikirizwa MINISPORTS isaba uburenganzira rikabanza kubuhabwa niyo minisiteri.

Muri iri tangazo hakubiyemo ingingo ivuga ko ingamba zose zashyizweho zo kwirinda covid-19 zigomba kujya zikurikizwa igihe cyose amakipe agiye kwitoza ndetse hagashyirwaho uburyo bwose ahakorerwa iyo myitozo haba hari ubwirinzi kugirango ubuzima bw’abakinnyi bubungabungwe ndetse n’abandi bose bagira uruhare kugirango ibikorwa by’imikino bibeho.
Iki ni kimwe mu byemezo byari bitegerejwe na benshi mu banyarwanda nyuma y’igihe kirekire ibikorwa by’imikino bihagaritswe mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Covid-19, ni ingamba zatumye amwe mu marushanwa asubikwa andi asozwa atarangiye, byanatumye amwe mu makipe agirwaho ingaruka z’ubukungu nkaho hari amaze amezi menshi adahemba abakozi bayo kuko aho yakuraga hari hafunze dore ko amenshi mu makipe yo mu Rwanda cyane cyane muri ruhago abona amafaranga biturutse ku bafana baba baje kureba imikino ku bibuga iyo abinjira bishyuye amafaranga amakipe yabo akaba ariho akura amikoro.

2020-09-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Mukura VS yasezerewe mu marushanwa ya CAF nubwo yatsindiye Al-Hilal i Huye

Ubwanditsi 20 Jan 2019
Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ndimbati wari wasinyiye kwamamaza Sky Drop Industries yayiteye umugongo amasezerano atarangiye yamamaza Ingufu Gin

Ubwanditsi 26 Feb 2023
Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Muri Rayon Sport Byakomeye, amafaranga aratera intambara

Ubwanditsi 21 May 2018
Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Malawi: Umunyarwanda yiyahuriye muri kasho
HIRYA NO HINO

Malawi: Umunyarwanda yiyahuriye muri kasho

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Uko Museveni yahinduye gahunda yo kwigenga kw’ibigo bya leta nyuma y’imyaka 33

Ubwanditsi 22 May 2019
Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente
Mu Mahanga

Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Ubwanditsi 05 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru